Iki kigo cyo mu Karere ka Kamonyi cyegukanye
igikombe cya Basketball cy’abakina ari 3 mu bahungu no mu bakobwa, cyegukana
igikombe cya Basketball y’abakina ari 5 mu bakobwa ndetse inegukana igikombe
cya Beach Volleball mu bakobwa.
Mu mupira w’amaguru igikombe cyegukanwe na CGFK yo mu Karere ka Kicukiro mu bahungu naho mu bakobwa cyegukanwa na PSBB yo mu karere ka Huye.
Muri Basketball y’abakina ari
batanu mu bahungu igikombe cyegukanwe ITS yo mu karere ka Gasabo. Muri Handball
mu bahungu igikombe cyatwawe na: GS Tabagwe yo mu Karere ka Nyagatare naho mu
bakobwa cyegukanwa na ES Kiziguro yo mu Karere ka Kayonza.
Muri Volleyball mu bahungu igikombe cyatwawe na
Nyanza TSS yo mu Karere ka Nyanza naho mu bakobwa gitwarwa na GS Indangaburezi
yo mu Karere ka Ruhango.
Muri Rugby mu bahungu no mu bakobwa igikombe
cyatwawe na Gitisi TSS yo mu Karere ka Ruhango. Muri Netball igikombe cyatwawe
na GS Gahini yo mu Karere ka Kayonza. Muri Beach Volleyball ho igikombe cyatwawe na PSVF yo mu Karere ka Huye
mu bahungu.
Amakipe yitwaye neza muri iyi mikino azahagararira u Rwanda muri FEASSSA izabera i Morogoro muri Tanzania kuva tariki 12 kugeza ku ya 23 Kanama 2026.

Nyanza TSS yegukanye igikombe cya Volleyball mu bahungu

CGFK yo mu Karere ka Kicukiro ni yo yegukanye igikombe mu bahungu









Byari ibyishimo bikomeye ku makipe yatwaye ibikombe
