Aba bombi bari bamaze ibyumweru bibiri bagarutse mu Bwongereza bavuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Bivugwa ko batabonye igihe gihagije cyo kugira icyo basobanuraho cyangwa gusaba ko hari ingingo zimwe z’iyo baruwa zisobanurwa mbere y’uko amakuru yayo ashyirwa ahagaragara.
Iyo baruwa yagejejwe ku nzego za Leta n’igisirikare ku izina ry’Umwami Charles III, yanditswe n’umuyobozi mukuru w’Ingoro y’Umwami, Lord Chamberlain Richard Benyon.
Ibaruwa yatangajwe mu bitangazamakuru ku wa Mbere saa 15:06. Bivugwa ko ikipe ya Harry na Meghan yari yahawe amakuru y’ibikubiyemo hafi isaha imwe mbere, saa 13:59.
Ikipe yabo yahise isubiza Ingoro y’Umwami saa 14:19, ibaza niba amabwiriza akubiye muri iyo baruwa yari yamaze koherezwa, mu rwego rwo kugira ngo Harry na Meghan babimenyeshwe mbere y’uko bitangazwa mu bitangazamakuru ndetse no kugira ngo ikipe yabo ibone umwanya wo gusobanura ingingo imwe cyangwa ebyiri.
Icyakora, Harry yari mu nama kandi ntiyashoboye kuboneka kugeza saa 15:09. Ikipe yabo yaje kwemezwa saa 15:11 ko ibaruwa yari yamaze koherezwa mu bitangazamakuru.
Iyi baruwa yaje gutangazwa mbere y’inama yari itegerejwe muri iki cyumweru y’akanama gashinzwe umutekano w’abagize Umuryango w’Ubwami n’abandi bantu bakomeye, kazwi nka Ravec.
Harry yari ategereje umwanzuro ku isuzuma ry’ingaruka n’iterabwoba ashobora guhura na byo, ndetse Ravec ikaba yari itegerejweho gufata umwanzuro ku kuba we na Meghan bakwiye kongera guhabwa umutekano wa polisi uterwa inkunga n’imisoro y’abaturage, nyuma yo gutura mu Bwongereza.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu y’u Bwongereza ntitangaza amakuru ajyanye n’iyi myanzuro, kandi ntibyitezwe ko izatangaza ku mugaragaro ibyavuye muri iyo nama.
Kuva ubu ntibakiri mu mirimo y’Ubwami
Ibaruwa ya Lord Benyon yongeye gushimangira ko Harry na Meghan bakiri mu rwego rw’abagize Umuryango w’Ubwami batagikora inshingano zawo ku mugaragaro.
Yasobanuye ko uyu mwanya wabo utandukanye n’inshingano za Leta n’iz’Ubwami zikorwa n’abandi bagize Umuryango w’Ubwami bakiri mu mirimo, kandi ko bakomeza kugira ubwisanzure mu bijyanye n’imari ndetse no kurinda ubuzima bwabo bwite.
Ibaruwa kandi yagaragaje ko amazina y’icyubahiro ya His Royal Highness na Her Royal Highness atakoreshejwe kuri Harry na Meghan, nubwo atakuweho burundu ahubwo akiri mu gihe cyo kutayakoresha.
Ku bikorwa byabo by’ubugiraneza, ibaruwa yavuze ko ari ibintu bibareba ku giti cyabo kandi ko bikorwa mu izina ryabo bwite.
Mu magambo make, iyo baruwa yasobanuye ko Harry na Meghan bafite umwanya usa n’uw’abaturage basanzwe, nubwo bakomeza kugira ibikorwa by’ubucuruzi n’ubugiraneza.
Yanasobanuye ko ibigo bya Leta cyangwa iby’Ubwami bifite ibibazo ku bijyanye n’imyitwarire n’uburyo bwo kubakira Harry na Meghan, cyane cyane igihe bishobora kuba ngombwa gukoresha amafaranga ya Leta, bigomba kubaza Ingoro y’Umwami.
Ku bibazo bijyanye n’umutekano, ibaruwa yavuze ko bigomba gukomeza gushyikirizwa inzego za polisi zibishinzwe.
Abana babo bitegura gutangira ishuri mu Bwongereza
Abana ba Harry na Meghan, Prince Archie na Princess Lilibet, biteganyijwe ko bazatangira ishuri mu Bwongereza, hafi y’aho bivugwa ko uyu muryango wibera mu gace k’icyaro.
Ibisobanuro bishya by’Ingoro y’Umwami byatangajwe ku munsi Harry yagaragaye asuye Tower Bridge Studios, sitidiyo yo gufatira amashusho no gutunganyirizamo ibiganiro n’ibindi bikorwa by’itangazamakuru i Londres.


Harry na Meghan batunguwe n’ibaruwa y’Umwami Charles III
