Harry Kane yiteguye ihangana rikomeye hagati ya Arsenal na PSG kuri Final ya Champions League

Imikino - 28/05/2026 3:18 PM
Share:

Umwanditsi:

Harry Kane yiteguye ihangana rikomeye hagati ya Arsenal na PSG kuri Final ya Champions League

Kapiteni w’Ikipe y’Igihugu y’u Bwongereza akaba na rutahizamu wa Bayern Munich, Harry Kane, yavuze ko adashobora gutangaza mbere ikipe izegukana UEFA Champions League hagati ya Arsenal na Paris Saint-Germain (PSG), kuko abona amakipe yombi afite ubushobozi buhagije bwo gutwara iki gikombe gikomeye i Burayi.

Kane yabitangaje nyuma y’uko Bayern Munich yasezerewe na PSG muri kimwe cya kabiri cy’irangiza, ibintu byamubujije kugera ku mukino wa nyuma wa Champions League. Nubwo PSG ari yo yasezereye ikipe ye, yavuze ko umukino wa nyuma uzaba urimo guhangana gukomeye kandi ko bitoroshye kumenya uko uzarangira.

Yavuze ko Arsenal na PSG ari amakipe afite uburyo butandukanye bwo gukina, ariko buri imwe ikaba ifite abakinnyi n’imbaraga bishobora kuyifasha kwegukana igikombe. Ati: “Ni umukino uzaba ugoye cyane. Buri kipe ifite uburyo bwayo bwo gukina, ariko zose zirakomeye. Bizaba bishimishije kureba uko bizagenda.”

Harry Kane wakinnye muri Premier League ari rutahizamu uryana cyane, yavuze ko nubwo hari abaha amahirwe PSG kubera uburambe imaze kugira muri Champions League mu myaka ishize no kuba ari yo yegukanye igikombe cy'umwaka ushize, Arsenal na yo iri mu bihe byiza cyane kandi ifite icyizere cyo gukora amateka.

Yongeyeho ko mu mupira w’amaguru nta muntu ushobora guhanura neza uko umukino uzarangira, kuko rimwe na rimwe intsinzi ishobora guterwa n’akantu gato cyane cyangwa ikosa rimwe ryonyine.

Ibi Kane abitangaje mu gihe Arsenal ikomeje urugendo rwo kwandika amateka mashya nyuma yo kwegukana Premier League bwa mbere nyuma y’imyaka 22. Ikipe ya Mikel Arteta isigaje intambwe imwe gusa ngo itware Champions League ya mbere mu mateka yayo.

Ku rundi ruhande, PSG iyobowe na Luis Enrique na yo iri gushaka gukomeza kwiyubaka nk’imwe mu makipe akomeye ku mugabane w’u Burayi. Nyuma yo guhindura byinshi mu miterere y’ikipe no guha umwanya abakinnyi bakiri bato bafite impano, PSG yifuza kongera kugaragaza ko iri mu makipe akomeye ku rwego rw’i Burayi.

Nk'uko bitangazwa na SKY Sports, abasesenguzi benshi b’umupira w’amaguru bavuga ko uyu mukino wa nyuma ushobora kuzaba umwe mu mikino ikomeye ya Champions League mu myaka ya vuba.

Arsenal izawugeramo ifite ubwugarizi bukomeye cyane n’umukino ushingiye ku guhererekanya neza umupira, mu gihe PSG ifite ubusatirizi bwihuta cyane kandi bushobora guhindura umukino mu kanya gato.

Nubwo Harry Kane atigeze agaragaza ikipe aha amahirwe menshi yo gutwara igikombe, yavuze ko ategereje umukino ukomeye kandi ushimishije, aho ikipe izakoresha neza amahirwe izabona ari yo ishobora gutahana igikombe cya UEFA Champions League 2026.

Harry Kane yatangaje ko afite amatsiko menshi y'umukino wa nyuma wa Champions League

Arsenal iherutse gutwara Premier League irashaka kwandika amateka yo gutwara Champions League ya mbere mu mateka

PSG yatwaye Champions League y'umwaka ushize irashaka kwisubiza iki gikombe gikomeye kurusha ibindi i Burayi




Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...