Harmonize yitabaje Element kuri Album yahurijeho abarimo Yemi Alade

Imyidagaduro - 26/08/2026 7:29 AM
Share:

Umwanditsi:

Harmonize yitabaje Element kuri Album yahurijeho abarimo Yemi Alade

Umuhanzi w’Umunya-Tanzania, Rajab Abdul Kahali uzwi nka Harmonize cyangwa Konde Boy, ari mu myiteguro ikomeye yo gushyira hanze Album nshya yise 31, igiye kujya hanze ku wa 4 Nzeri 2026, mu mushinga ugaragaza ko uyu muhanzi akomeje kwagura umuziki we no kuwuhindura urubuga ruhuza impano zo mu bihugu bitandukanye bya Afurika.

Harmonize yatangaje ko iyi Album izaba igizwe n’indirimbo 14, aho yahujeho abahanzi batandukanye bo muri Afurika, barimo amazina asanzwe azwi cyane muri Nigeria, Tanzania, Ghana, Kenya n’ahandi.

Mu bakoranye kuri iyi Album harimo Yemi Alade, Mayorkun, Darkoo, Stonebwoy, Rayvanny, Marioo, Jay Melody, Mohamed Ramadan n’abandi, mu gihe mu bayoboye umusaruro wayo mu ruhande rw’abatunganya indirimbo harimo n’Umunyarwanda Element Eleeh.

Ni Album ije mu gihe Harmonize amaze imyaka irenga icumi ari mu rugendo rw’umuziki, kuva ubwo yatangiraga gukora umuziki mu buryo bw’umwuga, akazamuka buhoro buhoro kugeza ubwo abaye umwe mu bahanzi bakomeye muri Afurika y’Iburasirazuba.

Harmonize yagaragaje ko 31 izaba iriho indirimbo 14, buri imwe ikaba ifite umwihariko wayo ndetse igahuza Konde Boy n’umuhanzi cyangwa abahanzi bo mu bihugu bitandukanye.

Muri izi ndirimbo harimo For No Reason yakoranye na Young Lunya, Kudos, Beautiful yakoranye na Wande Call, Tangazo yahuriyemo na Marioo, Huyu ndetse na I Do yakoranye na Ya Levis.

Hari kandi Siwezi yakoranye na Rayvanny, Loser yakoranye na Sofiya Nzau, Imeshindikana yahuriyemo na Jay Melody, Bumpy Ride yakoranye na Mayorkun, Isondeze yakoranye na Qing Mad ndetse na Beer yakoranye na Stonebwoy.

Ku rundi ruhande, All Night yayikoranye na Darkoo na Yemi Alade, mu gihe indirimbo yitiriye Album, 31, yayihuje na Mohamed Ramadan.

Uru rutonde rugaragaza ko Harmonize atashatse gukora Album ishingiye ku muziki wo muri Tanzania gusa, ahubwo yayubatse ku bufatanye n’abahanzi bafite amazina mu bice bitandukanye by’umugabane wa Afurika.

By’umwihariko, kuba Yemi Alade yongeye kugaruka kuri uyu mushinga ni ikintu gifite ubusobanuro bwihariye mu rugendo rwa Harmonize. Bombi basanzwe bafitanye amateka y’imikoranire, kuko Yemi Alade yari no kuri Album Afro East ya Harmonize yasohotse mu 2020.

Mu batunganyije iyi Album harimo Umunyarwanda Element Eleeh, umwe mu ba Producer bakomeje kugira uruhare mu kuzamura umuziki nyarwanda no kuwuhuza n’abandi bahanzi bo ku rwego mpuzamahanga.

Harmonize yagaragaje ko Element ari umwe mu batunganyije indirimbo ziri kuri 31, mu gihe abandi Producer bakoranye kuri uyu mushinga barimo S2kizzy, usanzwe uzwiho gukorana na Diamond Platnumz, Kaniba Creator, Kimambo Beats, DJ Tarico ndetse na Mafia.

Ibi bishimangira uburyo Album 31 yubatswe ku mikoranire y’abatunganya umuziki bafite uburyo butandukanye bwo gukora, aho Harmonize yahuje umusaruro w’abahanga bo muri Tanzania n’abandi bo mu bindi bihugu bya Afurika.

Album yashowemo imari na Sosiyete y’umuziki ya Konde Music Worldwide, inzu Harmonize ubwe yatangije nyuma yo kuva muri WCB Wasafi.

Kuva kuri ‘Aiyola’ kugeza kuri ‘31’

Urugendo rwa Harmonize mu muziki ni rumwe mu zigaragaza uko umuhanzi ashobora kuva ku rwego rwo kumenyekana mu gihugu cye akagera ku rwego rwo gukora imishinga ihuza Afurika.

Harmonize, wavukiye mu Ntara ya Mtwara muri Tanzania, yatangiye urugendo rw’umuziki mbere y’uko izina rye rimenyekana cyane.

Mu 2015 ni bwo yageze ku rwego rwo hejuru ubwo yasinyaga muri WCB Wasafi, inzu y’umuziki yashinzwe na Diamond Platnumz. Indirimbo ye Aiyola yamufashije kwinjira mu muziki w’ubucuruzi no kumenyekana ku rwego rwa Tanzania.

Nyuma yaho, yakomeje gutera imbere binyuze mu ndirimbo zitandukanye, zirimo Bado yakoranye na Diamond Platnumz ndetse na Kwa Ngwaru, nayo yamufashije cyane gukomeza kwamamara. Mu 2017, MTV Base yamushyize ku rutonde rw’abahanzi bo muri Afurika bari kuzamuka kandi bakwiye kwitabwaho.

Icyo gihe Harmonize yari amaze kuva ku kuba umuhanzi mushya ukiri gushakisha umwanya, atangira gufatwa nk’umwe mu mpano zikomeye zari ziri kuzamuka muri Afurika y’Iburasirazuba.

Mu 2019, yashyize hanze EP ye Afro Bongo, yari iriho Diamond Platnumz, Burna Boy, Mr Eazi na Yemi Alade. Muri uwo mushinga harimo Kainama, imwe mu ndirimbo zamufashije kurushaho kumenyekana hanze ya Tanzania.

Kuva muri WCB Wasafi kugeza kuri Konde Music Worldwide

Umwaka wa 2019 wabaye ingenzi cyane mu rugendo rwa Harmonize kuko ari bwo yatandukanye na WCB Wasafi, nyuma ashinga inzu ye bwite ya muzika, Konde Music Worldwide.

Kuva ubwo, Harmonize yatangiye urugendo rushya nk’umuhanzi wigenga, afite ububasha bwinshi ku muziki we no ku mishinga ye. Icyo gihe kandi yatangiye kurushaho kwagura imikoranire ye n’abahanzi bo muri Afurika no hanze yayo.

Mu 2020, yashyize hanze Album ye ya mbere yise Afro East, yari igizwe n’indirimbo 18. Iyo Album yari iriho amazina akomeye nka Burna Boy, Yemi Alade, Mr Eazi, Falz, Phyno, Skales, Khaligraph Jones na Morgan Heritage.

Afro East yabaye intambwe ikomeye kuko yagaragaje ko Harmonize atari agishingiye gusa ku isoko rya Tanzania, ahubwo ko yari afite intego yo gukora umuziki ushobora kumvikana no gukundwa hirya no hino muri Afurika.

Nyuma yayo yakomeje gusohora imishinga itandukanye, irimo High School, Made For Us na Visit Bongo, mu gihe andi makuru agaragaza n’indi mishinga yakurikiyeho.


Kuva kuri Aiyola yamwinjije mu muziki w’ubucuruzi, kuri Kwa Ngwaru yamufashije kumenyekana cyane, kuri Kainama yamwambukije imipaka ya Tanzania, kugeza kuri Afro East yamuhuje n’amazina akomeye ku mugabane, Harmonize amaze kubaka urugendo rushingiye ku gukorana n’abandi no gushaka amajwi mashya

 

Harmonize yitabaje abahanzi bo mu bihugu bitandukanye, abatunganya umuziki batandukanye, ndetse aninjizamo Element Eleeh w’Umunyarwanda




Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...