Harmonize
yavuze ko ubwo yageraga mu Burundi, umwe mu bakobwa bari baje kumwakira
yamuhaye indabo, nyuma ashaka no kumusoma.
Uyu
muhanzi yatunguwe n’iki gikorwa ahitamo kumwima umunwa, kuko atari azi icyo iyo
myitwarire isobanuye cyangwa ivuze kuba uburyo bwo kwakira umushyitsi muri icyo
gihugu.
Ibi
Harmonize yabivuze mu kiganiro yagiranye n’igitangazamakuru cyo muri Tanzania,
ubwo yasobanuraga ibyabaye igihe aheruka kugera i Bujumbura.
Uyu
muhanzi yavuze ko icyo gihe yamenye ko abantu bo mu Burundi bafite imico imwe
n’iyo muri Tanzania ariko ko hari n’itandukaniro rikomeye hagati y’ibihugu
byombi, bityo ko umushyitsi ashobora guhura n’ibikorwa atari asanzwe azi.
Yasobanuye
ko umukobwa wamuhaye indabo ari we wari ugiye no kumusoma, ariko we ntabimenye
nk’uburyo busanzwe bwo kumwakira.
Ni
yo mpamvu yahise abyanga, atari uko atishimiye uwo wamwakiriye, ahubwo ari uko
atari azi neza umuco wo mu Burundi.
Nubwo
icyo gihe Harmonize atahise asobanukirwa n’icyo gikorwa, yavuze ko ibyabaye
byamweretse urukundo n’ubwitange Abarundi bamufitiye.
Uyu
muhanzi umaze imyaka ari umwe mu bakomeye muri muzika ya Tanzania, afite
abakunzi benshi mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, cyane cyane mu bihugu
birimo u Burundi, u Rwanda, Kenya na Uganda.
Inkuru
y’uyu mukobwa wagerageje gusoma Harmonize ubwo yamwakiraga i Bujumbura yongeye
kugaruka mu biganiro nyuma y’uko uyu muhanzi ubwe asobanuye impamvu icyo gihe
atabyakiriye neza.
Ku
ruhande rwe, Harmonize yasabye Ababurundi kuzirikana ko nubwo Tanzania n’u
Burundi ari ibihugu by’abaturanyi, hari imico n’imigenzo bitandukanye, bityo
umushyitsi udasanzwe ubimenyereye ashobora kudahita asobanukirwa ibikorwa
bikorwa mu rwego rwo kumwakira.
Yavuze ko nubwo atari azi uwo muco, ibyabaye byamuhaye isomo kandi bikamwereka ko afite abantu benshi mu Burundi bamukunda kandi bishimira kumubona.

Harmonize yavuze ko yanze gusoma umukobwa wamwakiriye i Burundi, kuko atari neza icyo bisobanuye

Harmonize
aherutse gukorera igitaramo gikomeye mu Mujyi wa Bujumbura mu Burundi, aho
yishyuye arenga Miliyoni 2000 z’amafaranga akoresha mu Burund
