Iyi kipe yambara ubururu n’umweru ikomeje kwiyubaka yitegura umwaka utaha w’imikino izakinamo amarushanwa atandukanye arimo na CAF Confederation Cup.
Kugeza ubu imaze
gusinyisha abakinnyi barindwi ari bo; Ndayishimiye Didier, Nshuti Didier,
Nisingizwe Christian, Abbel Matumona, Charles Tchouplaou, Ndikumana Fabio na
Nizeyimana Moubarak.
Haringingo yavuze ko umwaka utaha w’imikino uzaba
ari umwe mwiza yabayeho muri iyi kipe bijyanye n’uko barimimo bariyubaka.
Ati: ”Uzaba umwaka mwiza wabayeho muri Rayon Sports kuko ni umwaka w’imikino twatangiye kwitegura, mwarabibonye ko twabonye umuyobozi wa tekinike. Yaje kutwongeramo imbaraga, twatangiye kuvugana kera ataragera mu Rwanda dushaka kubaka uburyo ikina duhereye mu bakiribato.
Twatangiye kubitegura kare ku buryo shampiyona ikirangira twahise dukomeza
akazi,twari twaratangiye, twari twarashatse abakinnyi.
Haringingo Francis yakomeje agira ati: ”Isoko
ry’abakinnyi b’Abanyarwanda ni ritoya cyane ni yo mpamvu twagize vuba dutwara
abakinnyi twari dukeneye kandi n’andi makipe abashaka. Ni umwaka w’imikino
turimo turitegura, aho tugeze ni mu kwezi kwa Gatandatu kandi tumaze gukora
ibintu byinshi.
Uyu mutoza wa Rayon Sports yavuze ko abakinnyi
b’Abanyarwanda baguze babafitiye icyizere ,bityo ko basigaje kugura abandi
b’Abanyamahanga bazajya kubunganira gusa.
Yavuze ko Rayon Sports y’umwaka itaha izaba ivanze
ishingiye ku bakinnyi b’Abanyarwanda ndetse no ku Banyamahanga ubundi yizeza ko
iyo ari ikipe izaba itanga ibyishimo ku bafana bayo no ku Banyarwanda muri
rusange.
Haringingo Francis yavuze ko amakipe yose yanyuzemo
yubakira ku bakinnyi b’Abanyarwanda dore ko aribo batuma abanyamahanga bari mu
ikipe baba beza.
Ubuyobozi turikumwe turimo kugura abakinnyi. Ntabwo turimo kwiruka ngo kubera ko twumvise ko abandi baguze oya twebwe turimo turakora ibintu byacu twateguye”.
