Harimo uhembwa arenga Miliyari 100 Frw: Abashoferi ba Formula 1 binjiza amafaranga menshi ku Isi

Imikino - 04/06/2026 7:40 PM
Share:

Umwanditsi:

Harimo uhembwa arenga Miliyari 100 Frw: Abashoferi ba Formula 1 binjiza amafaranga menshi ku Isi

Mu gihe shampiyona ya Formula 1 (F1) ikomeje gukura no gukurura abafana ku Isi hose, amafaranga abashoferi ba F1 bahembwa na yo akomeje kwiyongera cyane.

Raporo nshya ducyesha Give Me Sports igaragaza ko abashoferi 10 ba mbere bahembwa menshi mu 2026 binjiza za miliyoni z’amadolari buri mwaka, bigaragaza uburyo uyu mukino uri mu mikino ihenze kandi izana amafaranga menshi.

Formula 1 ni umwe mu mikino o gusiganwa mu ma modoka, ariko nanone ni umwe mu mikino yinjiza amafaranga menshi cyane.

Uko imyaka igenda ishira, abashoferi ba F1 bakomeza kubona amasezerano manini bitewe n’ubuhanga bwabo, imikorere yabo ku bibuga n’akamaro bagira mu kwamamaza amakipe yabo.

Raporo y’itangazamakuru rya Give Me Sport igaragaza ko urutonde rw’abashoferi 10 ba mbere bahembwa amafaranga menshi muri Formula 1 mu mwaka wa 2026 ruyobowe n’abafite amateka akomeye muri uyu mukino, ndetse n’abakiri bato bakomeje kwigaragaza.

1. Max Verstappen (Red Bull)

Max Verstappen ni we uyoboye uru rutonde n’umushahara ugera kuri Miliyoni $70 ku mwaka [Ararenga Miliyari 100 Frw]. Uyu mushoferi w’icyamamare amaze kwegukana ibikombe byinshi bya Formula 1, ibintu byatumye aba umwe mu bashoferi bafite agaciro gakomeye muri uyu mukino.

2. Lewis Hamilton (Ferrari)

Lewis Hamilton aza ku mwanya wa kabiri aho ahembwa hafi miliyoni 60 z’amadolari ku mwaka. Afatwa nk’umwe mu bashoferi bakoze amateka akomeye cyane muri Formula 1.

3. Charles Leclerc (Ferrari)

Charles Leclerc ahembwa miliyoni 34 z’amadolari ku mwaka. Ni umwe mu bashoferi bafite impano idasanzwe kandi bakiri bato ugereranyije na bamwe mu bari ku rwego rwo hejuru muri Formula 1.

4. George Russell (Mercedes)

George Russell na we ahembwa miliyoni 34 z’amadolari ku mwaka, akaba umwe mu bashoferi bitezweho kuzagira ejo heza muri uyu mukino.

5. Lando Norris (McLaren)

Lando Norris ahembwa hafi miliyoni 30 z’amadolari ku mwaka. Ni umwe mu bashoferi bakunzwe cyane n’abafana kubera ubuhanga bwe mu gutwara imodoka ndetse n’uburyo akorana n’abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga.

6. Fernando Alonso (Aston Martin)

Fernando Alonso, umwe mu bashoferi bafite uburambe bwinshi muri Formula 1, ahembwa hafi miliyoni 20 z’amadolari ku mwaka. Ibi bigaragaza ko ubunararibonye bukomeje guhabwa agaciro muri uyu mukino.

7. Carlos Sainz Jr. (Williams)

Carlos Sainz Jr. ahembwa miliyoni 13 z’amadolari ku mwaka. Azwiho ubuhanga mu gutwara imodoka no gufata imyanzuro myiza mu bihe bikomeye by’isiganwa.

8. Oscar Piastri (McLaren)

Oscar Piastri ahembwa miliyoni 13 z’amadolari ku mwaka. Nubwo akiri muto, akomeje kwigaragaza nk’umwe mu bashoferi bafite ejo heza muri Formula 1.

9. Pierre Gasly (Alpine)

Pierre Gasly ahembwa miliyoni 12 z’amadolari ku mwaka. Ni umwe mu bashoferi b’Abafaransa bakomeje kwitwara neza muri Formula 1.

10. Alexander Albon (Williams)

Alexander Albon asoza urutonde rw’abashoferi 10 bahembwa amafaranga menshi muri Formula 1, aho ahembwa miliyoni 12 z’amadolari ku mwaka.

Uru rutonde rugaragaza itandukaniro rinini riri hagati y’imishahara y’abashoferi ba Formula 1, aho bamwe binjiza amafaranga menshi cyane bitewe n’amateka yabo, impano bafite ndetse n’icyizere bagirirwa n’amakipe yabo.

Formula 1 ikomeje kugaragaza ko atari umukino ushingiye ku muvuduko gusa, ahubwo ko ari n’uruganda rw’imyidagaduro n’ubucuruzi rufite agaciro gakomeye ku rwego mpuzamahanga.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...