Mu kiganiro Beyoncé yahaye ikinyamakuru GQ mu Ukwakira 2024, yagize ati: “Kimwe mu bintu naharaniye cyane ni uko abana banjye bagira ubuzima busanzwe kandi bwihariye uko bishoboka. Nakoze uko nshoboye kose kugira ngo nshyireho imipaka irinda njye n’umuryango wanjye. Nta mafaranga angana n’amahoro yanjye.”
Beyoncé na Jay-Z bashyingiranywe mu 2008. Mu 2012 bibarutse imfura yabo, Blue Ivy, maze nyuma y’imyaka itanu, ni ukuvuga mu 2017, bakira impanga Rumi na Sir.
Uko bagenda bakura, aba bana batangiye kujya bagaragara mu ruhame baherekeje ababyeyi babo mu birori bikomeye. Vuba aha, Blue Ivy na Rumi bagaragaraye bari kumwe na Jay-Z muri Super Bowl ya 2026.
Blue Ivy (imyaka 14)
Blue Ivy Carter yavukiye i New York ku wa 7 Mutarama 2012. Beyoncé yatangaje ko atwite bwa mbere mu 2011 mu birori bya MTV Video Music Awards, aho yagaragaye afashe ku nda ye ku itapi itukura. Mu gitaramo yaririmbye “Love on Top,” yabwiye abari aho ati: “Ndashaka ko muhaguruka mukumva urukundo ruri gukura muri njye.”
Nubwo yari akiri uruhinja, Blue Ivy yahise atangira kumvikana mu muziki. Ku munsi wa kabiri avutse, ijwi rye ryumvikanye mu ndirimbo ya se yitwa “Glory,” bituma aba umuntu muto kurusha abandi bose wigeze kugaragara ku rutonde rwa Billboard, aninjira muri Guinness World Records.
Mu 2020, yagaragaye mu ndirimbo ya nyina “Brown Skin Girl,” yaje no kwegukana ibihembo birimo BET Her Award, NAACP Image Award ndetse na Grammy Award ya Best Music Video. Yabaye umwe mu bana bato kurusha abandi begukanye Grammy ku giti cyabo.
Uretse ibyo, Blue Ivy yafashije se kwakirwa muri Rock & Roll Hall of Fame, yigeze no gusoma inkuru mu gitabo cy’amajwi (narration), ndetse anafasha mu kwita kuri barumuna be.
Mu 2023, ubwo Beyoncé yasubiraga ku rubyiniro i Dubai nyuma y’imyaka ine ataririmba, Blue Ivy yagaragaye bari kumwe baririmbana “Brown Skin Girl.” Bombi bari bambaye neza cyane: Blue yambaye imyambaro itukura irabagirana, mu gihe Beyoncé yari yambaye ikanzu y’umuhondo.
Muri uwo mwaka kandi, Blue yagaragaye mu gitaramo cyo gutangiza Renaissance World Tour i Stockholm, Sweden, ndetse nyuma aza no kugaragara ku rubyiniro i Paris, aho yabyinaga indirimbo “My Power” na “Black Parade.”
Mu 2024, Blue Ivy yinjiye muri sinema ku nshuro ya mbere, aho yakinnye muri filime Mufasa: The Lion King ari mu ijwi rya Kiara, umukobwa wa Simba na Nala (ijwi rya Nala rikaba ari irya Beyoncé).
Mu bihembo bya Grammy Awards 2025, Blue yari kumwe na nyina, ndetse ni we wamukomanze amusaba guhaguruka akajya kwakira igihembo cya Best Country Album ku bwa album Cowboy Carter. Nyuma yaho, yanaserutse ku rubyiniro ajyana na nyina kwakira igihembo cya Album of the Year — igihembo gikomeye Beyoncé yegukanye bwa mbere.
Rumi na Sir (bafite imyaka 8)
Beyoncé yibarutse impanga Rumi (umukobwa) na Sir (umuhungu) ku wa 13 Kamena 2017 i Los Angeles, nyuma y’uko yari yaragize inda igoye cyane.
Yari yatangaje ko atwite impanga ku wa 1 Gashyantare 2017, abinyujije ku ifoto yashyize kuri Instagram yamamaye cyane. Yanditse ati: “Turashaka gusangiza urukundo n’ibyishimo byacu. Imana yaduhaye umugisha wikubye kabiri.”
Nyuma y’ukwezi bibarutse, Beyoncé na Jay-Z bahise bagaragara mu ruhame ari ababyeyi b’abana batatu, banashyira hanze ifoto ya mbere y’impanga.
Jay-Z yigeze gusobanura inkomoko y’amazina yabo ati: “Rumi ni umusizi dukunda cyane, ni yo mpamvu twise umukobwa wacu iryo zina. Sir we, yavutse yitwaye nk’umuntu ukomeye — nk’umwami.”
Mu 2021, impanga zagaragaye mu kwamamaza imyambaro y’abana ya IVY PARK x Adidas, umurongo w’imyenda wa Beyoncé. Yavuze ko byaturutse ku kuba barakundaga kwambara imyambaro ihuje mu biruhuko by’umuryango.
Nyirakuru wabo, Tina Knowles, yavuze ko aba bana bose uko ari batatu bafite uburyo bwihariye bwo kwambara, kandi ko bagira uruhare mu gutanga ibitekerezo ku myambaro ya nyina.
Mu 2024, Rumi yinjiye mu muziki bwa mbere muri album Cowboy Carter. Mu ntangiriro y’indirimbo “Protector,” yumvikana abaza ati: “Mama, nshobora kumva indirimbo imfasha kuryama?” Ibi byatumye aba umwe mu bana bato b’abakobwa bageze ku rutonde rwa Billboard Hot 100.
Rumi yanaserutse ku rubyiniro ari kumwe na nyina na mukuru we Blue Ivy, mu gitaramo cyo gutangiza Cowboy Carter Tour i Los Angeles. Yagaragaye ahobera nyina nyuma yo kuririmba “Protector,” maze Beyoncé abwira abari aho ati: “Mushimire Rumi!”
Ikinyamakuru People kivuga ko nubwo ari abana b’ibyamamare bikomeye ku Isi, Blue Ivy, Rumi na Sir bitabwaho mu buryo buhuza impano, umuco n’imibereho isanzwe. Ababyeyi babo bashyize imbere kubarinda no kubaha amahirwe yo gukura bafite ubwisanzure, bakagira ubuzima bwabo bwite butubakiye ku izina ry’ababyeyi babo gusa.
:max_bytes(150000):strip_icc():focal(599x0:601x2)/Blue-Ivy-Carter-at-the-Mufasa-The-Lion-King-premiere-121024-9639f28a871e4daf8b5bd63e993b2f94.jpg)
Blue Ivy Carter yagaragaye mu ndirimbo ya nyina “Brown Skin Girl,” yaje no kwegukana ibihembo birimo BET Her Award, NAACP Image Award na Grammy Award
:max_bytes(150000):strip_icc():focal(822x160:824x162)/jay-z-beyonce-blue-ivy-carter-grammys-win-02-020325-a919e11f88a043ffb5f3fb04d51d2f88.jpg)
Jay-Z, Beyonce na Blue Ivy Carter ubwo bari bitabiriye itangwa rya Grammy Awards 2025
:max_bytes(150000):strip_icc():focal(696x0:698x2)/beyonce-lisa-bonet-2-1-2000-018da64901aa479fadd25f11f493170b.jpg)
Beyonce ateruye impanga ze Rumi na Sir
:max_bytes(150000):strip_icc():focal(717x264:719x266)/blue-ivy-carter-jay-z-rumi-super-bowl-las-vegas-021124-17a26fe0151d497b81440be3e11433b4.jpg)
Jay Z hamwe n'abana be Blue Ivy na Rumi muri Super Bowl yabaye mu 2024

Jay Z na Beyonce bari hamwe n'imfura yabo Blue Ivy
:max_bytes(150000):strip_icc():focal(593x0:595x2)/beyonce-jay-z-9-f2f524f42d4c4d3ca3304983c058dbcd.jpg)
Beyonce azwiho kuberwa cyane
:max_bytes(150000):strip_icc():focal(631x0:633x2)/beyonce-jay-z-8-24c0e71eb155493a8855a384386e6716.jpg)
:max_bytes(150000):strip_icc():focal(854x0:856x2)/beyonce-7-1-bc2333e83adb4d6b9238842e0cc132e2.jpg)
'Couple' ya Jay Z na Beyonce ifite amateka yihariye mu myidagaduro y'Isi
