Harimo Ubukene! Impamvu abanyamakuru ba siporo bavugwaho kubogama mu mboni za Aime Niyibizi-VIDEO

Imikino - 04/12/2025 9:33 AM
Share:

Umwanditsi:

Harimo Ubukene! Impamvu abanyamakuru ba siporo bavugwaho kubogama mu mboni za Aime Niyibizi-VIDEO

Aime Niyibizi abona ko zimwe mu mpamvu zituma abanyamakuru ba siporo bavugwaho kubogama no kwibasira abantu hazamo ubukene ndetse no gushaka inyungu bwite.

Mu minsi yashize Urwego rw’Abanyamakuru Bigenzura (RMC) rwihanagirije abanyamakuru ba siporo rubibutsa kubahiriza amahame y’itangazamakuru ndetse no kwirinda kwibasira abantu.

Mu kiganiro na InyaRwanda, umunyamakuru wa Fine FM, Aime Niyibizi yavuze ko impamvu abanyamakuru ba siporo bibasira abantu ndetse bakavugwaho kudakora neza harimo ubukene aho bakoresha umwanya barimo kugira ngo bishakire ibisubizo. Ati: ”Menya twaratinze mu itangazamakuru rikaba ritarigeze rigendana n’igihe ku birebana no kwishyura umunyamakuru amafaranga".

"Muri iyi minsi urareba aho ubuzima bugeze, ibinyamakuru bifite ubushobozi bwo guhemba umunyamakuru wenda nka Miliyoni imwe n’igice ntabwo ari byinshi kandi ubuzima buradutegeka ko tugomba kuba turi mu buzima bwiza. Umunyamakuru ni umuntu uzwi noneho ugasanga abanyamakuru barimo gukoresha intwaro ya micro bafite mu kwishakishiriza".

Yatanze urugero ko hari igihe umunyamakuru aba afite umuntu bahuza mu ikipe unamuha amafaranga noneho kugira ngo ibi bikomeze bigasaba ko aza kuvuga ibyo uwo muntu ashaka kandi atari ukuri ndetse bigatuma umunyamakuru abogama.

Aime Niyibizi yavuze ko hari n’ukuntu abanyamakuru ba siporo mu Rwanda basigaye barinjiye mu byo gukugurisha abakinnyi. Ati: ”Icya kabiri hari ukuntu ubona itangazamakuru ryinjiye mu bintu bijyanye no kugurisha abakinnyi, ku buyo kuba babizi ko ndi umunyamakuru ndibuze kujya kuri radio nkavuga ngo nabonye umukinnyi urenze. Aho abaturage barahita bashiduka kuko baranyumva bitume ikipe igura umukinnyi itabiteguye”.

Yakomeje agira ati: ”Noneho hari ukuntu abakinnyi bajya gushaka abanyamakuru ngo babashakire amakipe aho gushaka aba ‘agent', noneho bigatuma umunyamakuru atangira gusunika ngo amushakire ikipe ubundi yayibona byaba no gukina byamunaniye agatangira kumuvuga uko bitari ubundi ugasanga byose biragaruka kuri cya kintu cy’inyungu bwite”.

Nyura hano urebe ikiganiro kirambuye twagiranye n'umunyamakuru Aime Niyibizi

 



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...