Harimo ikimenyane n’amafaranga macye - Muchoma ku mpamvu atagaragara mu baririmba mu bitaramo- VIDEO

Imyidagaduro - 12/06/2025 2:49 PM
Share:

Umwanditsi:

Harimo ikimenyane n’amafaranga macye - Muchoma ku mpamvu atagaragara mu baririmba mu bitaramo- VIDEO

Umuhanzi akaba n’umwanditsi w’indirimbo, Muchoma Mucomani uzwi nka Muchoma, yavuze ko impamvu amaze imyaka igera kuri 10 atagaragara mu bitaramo nk’umuhanzi, ari ukubera amafaranga make atangwa n’ababitegura ndetse n’ikimenyane kibigaragaramo.

Muchoma wamamaye cyane mu myaka ya 2015, avuga ko yagiye atumirwa mu bitaramo bitandukanye, ariko kenshi ntibumvikane ku gihembo yagombaga guhabwa. Kuri we, amafaranga macye hamwe n’uburyo abategura ibitaramo bahitamo abahanzi, byamugize nk’utitabira ibitaramo.

Mu kiganiro na InyaRwanda Mucoma yagize ati: “Reka nkubwize ukuri, hari ikintu cy’ikimenyane. Hari abahanzi runaka bakunda gufatamo cyane, n’iyo baba badafite indirimbo nshya, ariko bagakomeza kuba muri ba bantu batandatu bahoraho.”

Yakomeje agira ati: “Ikindi ni amafaranga macye cyane atangwa. Njyewe, sinshobora kuririmba mu gitaramo bantumiye ngo bambwiye Miliyoni 1 cyangwa 1.5 Frw. Ndi umwe mu bahanzi bahenze, kandi nkwiye guhabwa uko mbikwiye.”

Uyu muhanzi yavuze ko amafaranga akenshi abategura ibitaramo bamwemerera, atanarangiza ibyo yashoye mu ndirimbo imwe – haba mu buryo bw’amajwi cyangwa amashusho.

Mucoma, uri mu Rwanda mu rugendo rugamije gushimangira ibikorwa bye bya muzika no kureba amahirwe y’ishoramari, yashyize hanze indirimbo nshya yise ‘Uyu mwaka’.

Iyi ndirimbo irimo umukinnyi wa filime wamamaye nka Rufonsira mu mafilime ya Clapton Kibonge.

Ku bijyanye n’uko abahanzi b’Abanyarwanda batishyurwa neza, Mucoma yagize ati: “Ntabwo byumvikana ukuntu umuhanzi wo hanze aza i Kigali agahabwa amafaranga aruta kure ay’uw’imbere mu gihugu. Ibyo ntibikwiye. Umuhanzi wese akwiye guhembwa nk’uko agaciro ke gahagaze.”

Yongeyeho ko yizeye ko igihe kizagera abategura ibitaramo bagasobanukirwa agaciro k’umuhanzi nke. Ati “Niba amafaranga nsaba utari kuyumva neza, ubwo tegereza nkore, ngere ku rundi rwego, uzamvugisha nanjye narazamuye ibiciro.”

Mucoma yasabye ko abahanzi b’imbere mu gihugu bahawe agaciro nk’uko aba hanze bagahabwa. Yagize ati “Mu by’ukuri, ndi umwe mu bahanzi bihagazeho. Ntashukwa n’amafaranga macye ngo njye ku rubyiniro. Inganzo ni umurimo, kandi igira igiciro.”

Muchoma akora umuziki wibanda cyane ku ndirimbo zo mu Giswahili n’Icyongereza. Azwi cyane mu ndirimbo zirimo “Sarah”, ‘Mademu Waleo” ,”Sikutaki” ,”Asante” ,”My love” , “Mtoto” n’izindi.

Muchoma yatangaje ko kuba amaze imyaka 10 ataririmba mu bitaramo ahanini bituruka mu kuba abategura ibitaramo batanga amafaranga macye


Muchoma yagaragaje ko hari ikimenyane mu guhitamo abahanzi baririmba mu bitaramo, kuko hari n’abatumirwa nta ndirimbo nshya baheruka gushyira hanze

Muchoma yavuze ko yiteguye gukomeza gukora umuziki kugeza ubwo ijwi rye rizahabwa agaciro mu bitaramo

KANDA HANO UBASHE KUREBA IKIGANIRO CYIHARIYE TWAGIRANYE NA MUCHOMA MUCHOMANI

KANDA HANO UBASHE KUREBA AMASHUSHO Y'INDIRIMBO 'UYU MWAKA' YA MUCHOMA MUCOMANI


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...