Ariko
nk'uko byagenze ku yindi mikoranire ikomeye mu muziki ku Isi no muri Afurika,
ubu na bwo hari ibimenyetso byinshi byerekana ko uru rugendo rushobora kuba
rugana ku musozo.
Mu
gihe amakuru akomeje kuvugwa agaragaza ko amasezerano ya Bruce Melodie na Coach
Gael ashobora kurangira muri Kanama 2026, haribazwa, agaciro ka Bruce Melodie
n'ubwamamare bwa Coach Gael, ni iki cyubatse ikindi? Cyangwa byombi
byaruzuzanyaga?
Ku
wa 23 Werurwe 2024, aba bombi bahuriye mu kiganiro cyihariye cyamaze isaha
imwe, umunota umwe n'amasegonda 33. Bari bamaze kureba ibikorwa muri Madison
Square Garden i New York, berekeza i Washington DC bari muri gariyamoshi.
Cyari
ikiganiro cya mbere bagiranaga ari babiri imbere ya Camera kuva batangira
gukorana muri 2021 binyuze muri 1:55 AM.
Icyo
gihe Bruce Melodie yari ari mu rugendo rwo kwamamaza indirimbo "When She's
Around" yakoranye na Shaggy, remix y'indirimbo "Funga Macho",
imwe mu ndirimbo zikomeye ziri kuri album "Colourful Generation".
Ariko
icyaranze icyo kiganiro si ukwamamaza indirimbo. Ahubwo cyabaye nk'ubuhamya
bw'uburyo umuhanzi n'umushoramari bubakanye icyizere.
Bruce
Melodie yavuze amagambo yasaga n'asobanura uko yabonaga umuziki. Yagize ati "Umuziki
no kugira ikipe ikomeye ni ibintu bijyana n'urukundo n'amarangamutima."
Yasobanuye
ko ubwo yahuraga bwa mbere na Coach Gael yamubwiye ko umuziki utubakiye ku
mafaranga gusa.
Nyuma
y'igihe gito, Coach Gael yemeye ko ayo magambo yari afite ishingiro.
Icyo
gihe Bruce Melodie yanagaragaje ko amasezerano yagiranye na 1:55 AM atamufunze,
ahubwo yamuhaga uburenganzira bwo gukorana n'abandi bahanzi n'abatunganya
indirimbo ku Mugabane wa Afurika.
Byasobanuraga
ko umushinga wari ugamije kubaka izina rye ku rwego mpuzamahanga, aho kumugira
umuhanzi ubarizwa muri label gusa.
Ku
ruhande rwa Coach Gael, nawe ntiyigeze ahisha impamvu yinjiriye muri uyu
mushinga.
Mu
yandi magambo, ntiyabonaga Bruce Melodie nk'umuntu ukeneye gufashwa gusa.
Yamubonaga nk'ishoramari rifite agaciro.
Bruce
Melodie na we yemeye ko atigeze ajya muri 1:55 AM nk'umuntu utegereje impuhwe.
Aya
magambo agaragaza ko umubano wabo ushingiye ku nyungu z'impande zombi.
Bruce Melodie
afite impano, izina n'isoko.
Coach
Gael afite ubushobozi bwo gushora imari, kubaka gahunda no gufungurira umuhanzi
amarembo mashya.
Ni
yo mpamvu na Coach Gael yabivuze adashidikanya ati: "Nahisemo Bruce
Melodie kuko nabonaga ari umuhanga."
Mu
myaka yakurikiyeho, byinshi byarahindutse.
Bruce
Melodie yakomeje kwagura isoko rye, akorana n'abahanzi mpuzamahanga, ataramira
hanze y'u Rwanda ndetse yinjiza ibikorwa bye ku rwego mpuzamahanga.
Ku
rundi ruhande, izina rya Coach Gael ryavuye mu rwego rw'umucuruzi utazwi na benshi,
rihinduka rimwe mu mazina akunze kuvugwa mu ruganda rw'umuziki nyarwanda.
Yashinze
Kigali Universe, ashora imari muri UGB Basketball, yubaka 1:55 AM ndetse
ayinyuzamo abahanzi barimo Element, Ross Kana, Kenny Sol, Bruce Melodie na
Producer Kompressor.
Nubwo
ibikorwa bye byatumye amenyekana cyane, yagiye agaragaza ko ubwamamare butari
intego.
Yigeze
kuvuga ati "Ati "Hari n'abantu bavuga ngo
Gael akunda ifoto. Nta muntu ushaka ubwamamare, ntibibaho. Impano ufite,
ibikorwa byawe birakumenyekanisha. Kuko, ushobora gukora icyo ushaka cyo
bikanga rwose [...] Ibyo ukora, ibukurimo, ibyo utanga, iyo bifasha abantu,
kandi ntabwo bigomba gufasha abantu bose, iyo bifite abo bifasha by'ukuri bo
bazakuvuga, uzamamara muri bo. Nta kundi kuntu wabigenza [...]"
Yasobanuye
ko kwamamara bituruka ku gaciro ibikorwa byawe bifitiye abantu, atari ku
gushaka kuvugwa.
Ariko se, iyo
urebye aho ibintu bigeze uyu munsi, ni nde wungutse?
Bruce
Melodie yinjiye muri 1:55 AM asanzwe ari umwe mu bahanzi bakomeye mu Rwanda.
Coach Gael na we yari asanzwe ari umushoramari ufite ubushobozi, ariko utari
uzwi cyane mu ruhando rw'imyidagaduro.
Imikoranire
yabo yongereye agaciro ku mpande zombi.
Bruce
Melodie yabonye ubushobozi bwo kwagura ibikorwa bye no kugera ku rwego
mpuzamahanga.
Coach
Gael na we yabonye urubuga rwatumye ibikorwa bye bimenyekana, izina rye rigera
kure ndetse aba umwe mu bashoramari bavuga rikijyana mu muziki nyarwanda.
Ni
yo mpamvu ikibazo cyo kumenya uwubatse undi kidafite igisubizo cyoroshye.
Birashoboka
ko Bruce Melodie yazamuye izina rya Coach Gael mu ruhando rw'imyidagaduro.
Na
none kandi, biragoye guhakana ko ishoramari, gahunda n'icyerekezo bya Coach
Gael byafunguye Bruce Melodie amarembo mashya yari kugorana kuyageraho wenyine.
Uyu
munsi ariko, hari ibimenyetso byerekana ko iyi mikoranire ishobora kurangira.
Mu
minsi ishize, Bruce Melodie yanditse ku mbuga nkoranyambaga amagambo agira ati:
"Coach nawe akeneye."
Ni
ubutumwa bwasembuye ibitekerezo byinshi, bukurikirwa n'amakuru avuga ko
amasezerano ashobora kurangira bitarenze Kanama 2026.
Nta
ruhande ruragira icyo rutangaza ku mugaragaro ku hazaza h'iyi mikoranire.
Ariko
amateka y'umuziki agaragaza ko gutandukana kw'umuhanzi n'umujyanama bitaba buri
gihe iherezo ry'urugendo.
Bruce
Melodie ubwe arabizi.
Yigeze
kujyanwa mu nkiko na Super Level akiri muto, asabwa miliyoni 18 Frw.
Icyo
gihe yatekerezaga ko ubuzima bwe bw'umuziki burangiye.
Nyamara
nyuma y'igihe, icyo kibazo cyamubereye isomo.
Yigeze
kubivugaho ati: Bwa mbere njya mu rukiko n'umuntu twakoranaga washyiraga
amafaranga muri 'Label' yitwa Super Level. Ni we muntu wa mbere wangejeje mu
rukiko. Njyewe nari nziko iyo umuntu akugejeje mu rukiko, ikintu cya mbere
bahita bakora ni ukugurisha utuntu twawe twese. Nagiye mu rukiko mfite imyaka
21, kandi icyo gihe bansabaga Miliyoni 18 Frw. Coach Gael ati 'None uzikorera
mu gitaramo kimwe!" Ariko uwo muntu wandeze, nari nziko anyishe, ariko
yaranyigishije. Ku buryo ubu ngubu hari ukuntu mbona ibintu mpereye kuri iryo
somo yanyigishije."
Naho
Coach Gael na we yigeze kuvuga ko abantu benshi bamubwiraga ko we na Bruce
Melodie batazamarana kabiri.
Imyaka
yakurikiyeho yaberetse ko bibeshya.
Uyu
munsi na bwo hari abatega iminsi iyi mikoranire.
Ariko
n'iyo yarangira, amateka azakomeza kwandika ko Bruce Melodie na Coach Gael
basize ikimenyetso gikomeye mu muziki nyarwanda.
Umwe
yazanye impano, undi azana ishoramari.
Umwe
yari afite agaciro ku isoko ry'umuziki, undi yubaka urubuga rwatumye ako gaciro
kaguka.
Amateka
ashobora kuzandika ko igihe bahuraga, buri umwe yari afite icyo akeneye ku
wundi. Kandi igihe bari kumwe, buri umwe yungukiye ku wundi.
Niba koko inzira zabo zigiye gutandukana, icyo amateka atazigera ahindura ni uko imyaka bakoranye yahinduye isura y'umuziki nyarwanda, inerekana ko impano n'ishoramari iyo bihuye bishobora kubyara inkuru iramba kurusha amasezerano abyanditseho.

Mu myaka isaga itanu ishize, Bruce Melodie na Coach Gael bubatse imwe mu mikoranire yavuzwe cyane mu muziki w'u Rwanda. Umwe yazanye impano n'agaciro ku isoko ry'umuziki, undi azana ishoramari, icyerekezo n'ubushobozi bwo kwagura ibikorwa

Coach
Gael ni umwe mu bashoramari bake bagize uruhare rugaragara mu guhindura isura
y'umuziki nyarwanda. Binyuze muri 1:55 AM, yashoye imari mu mpano z'abahanzi
batandukanye. Nubwo avuga ko atigeze ashora imari agamije kwamamara, ibikorwa
bye byatumye aba umwe mu bajyanama b'abahanzi bavugwa cyane mu Rwanda
