Mu
masaha ya saa tanu zo mu Rwanda, imodoka 38 zari zitwaye imfungwa za Palestine
zivuye muri gereza zo muri Israel zarimo zinjira hafi y’umupaka uhuza ibi
bihugu byombi ngo basubizwe mu miryango yabo.
Ku
rundi ruhande, izindi mfungwa 20 Palestine yari yarafashe yamaze kuzitanga aho
yazitanze mu byiciro bibiri. Icyiciro cya mbere cyari kigizwe n’imfungwa 7 naho
icyiciro cya kabiri cyarimo imfungwa 13.
Izi
mfungwa zose zirajyanwa mu magepfo ya Israel aho baza guhurira n’imiryango yabo
n’ubwo hari imiryango myinshi itaza kubasha kubona ababo kubera ko baguye muri
Palestine.
13
barekuwe mu cyiciro cya kabiri ni Elkana
Bohbot, Avinatan Or, Yosef-Chaim Ohana, Evyatar David, Rom Braslabski, Segev
Kalfon, Maxim Herkin, Bar Kupershtein, Eitan Horn, Ariel Cunio, David Cunio, Matan
Zangauker, Nimrod Cohen baje basanga Eitan Mor, Gali Berman, Ziv Berman, Matan
Angrest, Omri Miran, Alon Ehal, na Guy Gilboa Dallal barekuwe mu cya kare.
Perezida
Donald Trump wagize uruhare muri iki gikorwa cyo guhana imfungwa, ari mu gihugu
cya Israel aho agiye kugeza ijambo ku nteko ishinga amateka y’iki gihugu
hanyuma bakajya gusinya amasezerano y’amahoro hagati ya Palestine na Israel.
Ubwo
yari mu nzira ajya muri Isreal, Donald Trump yageze ati “Intambara irarangiye”
yongeraho ko “amahoro agiye kugaruka mu karere”.
Nyuma yo kugeza ijambo rye ku nteko ishinga amategeko ya Israel, Donald Trump arerekeza mu Misiri aho azahurira n’abakuru b’ibihugu 20 hanyuma bagasinya bashimangira amahoro muri Palestine na Israel.
Batatu muri 20 Palestine yarekuye, bahise bajyanwa kuvuzwa kuko bari barembye cyane
Israel na Palestine bahanye imfungwa z'intambara
Perezida Donald Trump araza kugeza ijambo rye ku Nteko Ishinga Amategeko ya Isreal