Ross Kana yabitangarije itangazamakuru
ku wa Mbere tariki 1 Ukuboza 2025, ubwo yari ageze ku kibuga cy’indege
Mpuzamahanga cya Kigali avuye muri Uganda aho yari amaze iminsi akorera
ibitaramo bitatu.
Uyu muhanzi ukunzwe mu ndirimbo zirimo
“Molela”, ku wa 3 Gicurasi 2025 nibwo yatangaje ko amasezerano ye na 1:55 AM
yashyizweho akadomo. Mu ibaruwa yandikiye iyi sosiyete, yavuze ko asezeye nyuma
y’uko “inaniriwe kubahiriza ibyo twumvikanye mu masezerano twasinyanye tariki 1
Ukuboza 2023.”
Nyuma yo gusezera, yatangiye kwikorana
ibikorwa bye by’umuziki, ndetse kenshi agaragara mu kiganiro n’abanyamakuru
avuga ku mpamvu zitandukanye zitamushimishije zatumye afata uwo mwanzuro.
Icyo cyemezo cyagiye gitangwaho
ibitekerezo bitandukanye; bamwe bamubwira ko atagombaga kugenda, abandi
bakamushimira kuba yahisemo gukora ku giti cye.
By’umwihariko hari aho yumvikanye anenga
uburyo Coach Gael na murumuna we Kenny Mugarura batamuhaga umwanya uhamye mu
gushyira mu bikorwa zimwe mu ndirimbo ze.
Abajijwe niba agatotsi kari hagati ye na
Coach Gael karangiye, Ross Kana yavuze ko nta kibazo gihari, ko ari inshuti ye
ndetse akamufata nk’umuvandimwe.
Yagize ati: “Uriya ni ‘Boss’ wanjye,
ikindi ni mukuru wanjye. Ni umuvandimwe mukuru, ndamwubaha kandi ndamukunda.
Umubano umeze neza cyane kuri njyewe. Ni umugabo ufite umutima mwiza.”
Ku kibazo cy’uko ashobora kuba agifashwa
na Coach Gael mu bikorwa bye byo muri iki gihe, nubwo bitavugwa mu
itangazamakuru, Ross Kana yavuze ko “uruhare rwe rurimo cyane.”
Yagize ati: “Navuga ko karimo cyane ariko
n’umugabo ujya atigira inama akadufasha. Hari n’aho bitwangira bigasaba ko
tumwifashisha kugira ngo imiryango runaka ifunguke. Ni umugabo mwiza cyane.”
Ross Kana yakomeje gushimira abafana be bo muri Uganda n’abo mu Rwanda bakomeje kumushyigikira, anemeza ko hari umushinga mushya w’indirimbo n’ibitaramo azatangariza mu minsi iri imbere.

Ross Kana avuga ko hari imiryango myinshi
Coach Gael abafasha gufungura mu muziki, kandi ko amushimira
Ross Kana avuga ko hari byinshi
biteganyijwe mu bikorwa bye bishya by’umuziki, birimo n’indirimbo agomba
gusohora mbere y’uko umwaka urangira
