Hari abakurijemo uburwayi bukomeye! Abakinnyi ba filime bahinduye imiterere y’umubiri kubera inshingano bahawe gukina

Cinema - 23/06/2025 1:11 PM
Share:

Umwanditsi:

Hari abakurijemo uburwayi bukomeye! Abakinnyi ba filime bahinduye imiterere y’umubiri kubera inshingano bahawe gukina

Mu ruganda rwa sinema, akenshi abantu bareba filime bashyira imbere ubuhanga bw’abakinnyi mu gukina, ariko ni bake bamenya imbaraga, ubushake n’ukwitanga bigora abo bakinnyi mu gihe bategura gukina imwe mu mirimo ikomeye baba bahawe.

Ni muri urwo rwego hari bamwe mu bakinnyi bagiye bahindura imiterere y’umubiri, bamwe barabyibuha, abandi barananuka, abandi bahindura uburyo bitwara, byose bagamije kugira ngo bashobore guhuza n’uruhare bahawe muri filime runaka.

Ni ibintu bisaba ubushake bukomeye, guheba zimwe mu ngeso wari usanganywe ndetse rimwe na rimwe bikagira ingaruka ku buzima. Ibi bikaba bituma bamwe muri bo bavugwa cyane, ndetse bakubakiraho izina rikomeye muri sinema bitewe n’uko bashoboye kwitanga ku rwego rwo hejuru.

Dore bamwe mu bagarutsweho cyane babashije guhindura imiterere yabo kubera inshingano bahawe muri filime:

1. Christian Bale

Christian Bale ni umwe mu bakinnyi bamenyekanye cyane kubera ubushobozi bwo guhindura umubiri we ku buryo budasanzwe bitewe n’inshingano yahawe gukina muri filime. Mu 2004, yakinnye muri The Machinist, aho yagombaga kwigira nk’umugabo uhorana ibibazo byo kutabasha gusinzira. Yahisemo kugabanya ibiro ku buryo bukomeye, aho yamanutse akagera ku biro 55 gusa, abikesha kurya utuyiko 2 tw’isukari na karoti ku munsi. Mu mezi 6 gusa nyuma yaho, yongeye kwiyubaka agira imitsi n’ingufu nk'uko yagomaga kugaragara muri Batman Begins (2005).

2. Charlize Theron

Charlize Theron na we ni umwe mu bagore bagaragaje ubwitange bukomeye. Mu 2003, yiyongereyeho ibiro birenga 13 kugira ngo akine muri Monster, aho yakinnye nk’umugore wicaga abagabo akabambura. Uruhare rwe rwamuhesheje Oscar. Nyuma y’imyaka mike, yongeye kubikora muri Tully (2018), aho yagaragaye nk’umubyeyi urambiwe ubuzima, bimusaba kongera ibiro 22 kugira ngo agaragare nk’uri mu buzima busanzwe bw’abagore b’ababyeyi.

3. Matthew McConaughey 

Matthew McConaughey yakinnye muri Dallas Buyers Club (2013), aho yakinnye nk’umuntu wanduye SIDA mu gihe cyo mu 1980. Yagabanyije ibiro bigera kuri 21, abikesha indyo yihariye no kwitoza cyane. Ibi byamuhaye amahirwe yo kwegukana Oscar nk’‘Umukinnyi w’Indashyikirwa’.

4. Jared Leto

Jared Leto na we yigeze kwiyongeraho ibiro birenga 30 mu gihe yakinaga nk’umucuruzi wa 'hamburger' mu gice cya 27 (2007), bikamuviramo kwangirika kw’impyiko n’umutima. Ibi ariko ntabwo byamuciye intege kuko yongeye kugaragara ameze neza nk'uwasubiye mu buzima busanzwe mu yindi mishinga.

5. Tom Hanks


Tom Hanks ni undi mukinnyi wagiye yitanga bikomeye mu mirimo yahawe. Muri Cast Away (2000), yakinnye nk’umuntu wagwiriwe n’indege akamara imyaka ku kirwa wenyine. Yagabanyije ibiro birenga 25, ahagarika kurya ibintu byose bitari imboga, amafi n’umuceri. Nyuma, yaje no kugira ikibazo cy’indwara ya Diyabete yo mu bwoko bwa 2, ahanini bitewe n'imihindagurikire y’umubiri we ikabije.

6. Natalie Portman

Natalie Portman yamenyekanye cyane muri Black Swan (2010), aho yakinnye nk’umunyeshuri wiga kubyina ballet. Yabanze gukora imyitozo ikarishye igihe kirenga umwaka, arananuka, agabanya ibyo arya, ndetse agahabwa amasomo yihariye yo kubyina. Uruhare rwe rwamuhesheje igihembo cya Oscar.

7. 50 Cent

Umuraperi 50 Cent (Curtis Jackson) yigeze gukina muri filime yitwa 'All Things Fall Apart', aho yakinnye nk’umunyeshuri wakiniraga ikipe ya rugby, nyuma akaza kurwara kanseri. Kugira ngo agaragare nk’umurwayi urembye, yaciye ku rugendo rwo kugabanya ibiro, atakaza hafi 25 mu gihe cy’amezi make, abikesha imirire n’imyitozo yihariye.

8. Renée Zellweger

Uyu mugore uzwi muri filime z’urwenya, yakinnye mu y’uruhererekane yitwa ‘Bridget Jones's Diary’. Buri gihe mbere yo gukina iyi filime, Renée yitaga ku kurya ibiryo byinshi byongera ibiro, noneho nyuma yo gukina agasubira muri siporo no kwiyitaho kugira ngo asubire mu murongo asanzwe.

Ibi byose byerekana ko sinema atari ukwiyerekana kuri ecran gusa, ahubwo ko ari isoko y’ubwitange no kwigomwa byose kugira ngo hagaragare umusaruro w’icyo umuntu yahawe gukina. Abo bakinnyi n’abandi batavuzwe baratanga isomo ry’uko kwitanga bishobora gutanga umusaruro ukomeye.

Ubu buryo bwo guhindura imiterere y’umubiri ku mpamvu za sinema bwagiye buvugisha benshi, ariko nanone ni ikimenyetso cy’uko guhanga bisaba kwiyegurira ibyo ukora no kutagira icyo wirinda kugira ngo ubutumwa nyabwo bugere ku bareba filime.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...