Izo 'Application' ni Zamo Sport izajya ifasha abantu bafite amakipe
bakinamo gutegura imikino n’amarushanwa mu buryo bworoshye, Duhuze RSVP izajya afasha
abantu gutegura ibikorwa bitandukanye aho uwagiteguye azajya afashwa mu gutumira abantu ndetse akanamenya abemeye
kuyitabira na Dusinye Design izajya ifasha gusinya ku bintu bitandukanye harimo
n’amasezerano.
Izi ‘Application’ zakozwe n’Abanyarwanda zikorewe
Abanyarwanda kugira ngo zibafashe mu buzima bwa buri munsi.
Yagize ati: ”Mu bufatanye dufite hajemo Izyo Group ifite Izyo Digital Suite, ni
ukuvuga ngo bashaka ibisubizo biri mu buryo bw’ikoranabuhanga akaba ari nabyo
tubafashamo mu gutunganya izo software."
Arakomeza ati: "Nk'uko mwabyumvise ni ‘application’ ziri mu
kinyarwanda impamvu ya mbere ni uko ari application zakozwe n’Abanyarwanda
ari bo twebwe kandi twazikoreye Abanyarwanda.”
Yavuze ko izi application ari igisubizo umuntu
akenera mu buzima busanzwe.
Yakomeje agira ati: ”Mu buzima busanzwe hari ukuntu
uhura n’ikibazo ugahita ushobora gutekereza igisubizo cyangwa ugahita utekereza
no ku bandi bashobora guhura n’icyo kibazo wahuye nacyo ugahita ukora icyo
gisubizo. Nk’urugero kuri Dusinye ushobora gusinya amasezerano na mugenzi wawe
ariko mutari ahantu hamwe bidatwaye amasegonda 30”.
Bukibaruta Fulgence umuyobozi muri Izyo Group Ltd yavuze
ko batekereje Izyo Digital Suite nk'igice kije gukemura ibibazo
by’Abanyarwanda bijyanye n’Ikoranabuhanga.
Yavuze ko aho izi application zikorera itandukaniro
n’izindi zisanzwe zihari zo hanze, ari uko uramutse ugize ikibazo wabona aho
ubariza kuko zakozwe n’Abanyarwanda.
Ati: ”Twari tubizi ko hari izindi zituruka hanze
cyangwa n’ahandi ariko twebwe intumbero yacu ni uko ari ‘application’ twakoze
zikozwe n’Abanyarwanda ku Banyarwanda, ku Banyafurika, bivuze ko ikibazo wahura
nacyo wamenya aho wabariza.”


Bukibaruta Fulgence umuyobozi muri Izyo Group Ltd yavuze ko bajya gutekereza Izyo Digital Suite bari bagamije gukemura ibibazo by’Abanyarwanda bijyanye n’Ikoranabuhanga


Hamuritswe ‘Application’ eshatu zizanye ibisubizo ku Banyarwanda



Application eshatu zamuritswe zakozwe na Izyo Group Limited binyuze mu gice cyayo cya Izyo Digital Suite ku bufatanye na TopLink Digital Ltd
