Hamisa Mobetto yasuye icyicaro cya Forzza Bet mu Rwanda-AMAFOTO

Imyidagaduro - 19/08/2022 12:47 PM
Share:

Umwanditsi:

Hamisa Mobetto yasuye icyicaro cya Forzza Bet mu Rwanda-AMAFOTO

Umunyamideli ukomeye muri Tanzania, Hamisa Hassan Mobetto, yasuye icyicaro gikuru cya sosiyete yo gutega ku mikino yitwa Forzza Bet.

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki 18 Kanama 2022, ni bwo Hamisa Mobetto wamenyekanye ubwo yari mu rukundo na Diamond, yasuye icyicaro gikuru cya Forzza Bet giherereye mu nyubako ya CHIC mu Mujyi wa Kigali.

Yaganirijwe ku mikorere ya Forzza Bet, uko ifasha Abanyarwanda gutega ku mikino itandukanye n’amahirwe itanga yo gutega ku bikorwa cyangwa imikino iri kuba.

Forzza Bet Rwanda ifite amashami hirya no hino mu gihugu afasha Abanyarwanda gutega ku mikino [Betting] bikundira.

Ahari amashami ya Forzza Bet uzahasanga Televiziyo nini kabuhariwe zifasha abatega kureba neza imipira kandi zikanafasha kureba aho imikino igeze.

Muri ‘salle’ haba harimo utumashini twabugenewe two gutegeraho n’amakarita umukiliya yifashisha akora intego ye, yaba akoresheje iyo mashini, mudasobwa ye cyangwa telefoni ye.

Umuyobozi Mukuru wa Forzza Bet Rwanda, Rutayisire Eric, yabwiye InyaRwanda ko bishimiye uruzinduko Hamissa Mobetto yagiriye muri Forzza Bet.

Ati “Ni amahirwe. Ni n’ikintu cyiza kuba twagize (twasuwe) n'umuntu nka Hamisa Mobeto arazwi cyane cyane muri aka karere dutuyemo ka EAC. Ni ukuvuga ngo kumugira nk’umushyitsi wacu ni byiza, kuko byongera kwa kugaragara kwacu."

Yavuze ko Forzza idakorera gusa mu Rwanda, kuko yagabye amashami no mu bindi bihugu bigize Akarere k’Afurika y’Iburasirazuba, ari nayo mpamvu uruzinduko rwa Mobetto mu Rwanda kuri Forzza rusobanuye ikintu kinini mu ishoramari.

Rutayisire yavuze ko mu biganiro yagiranye na Hamisa hari icyizere cy’uko bashobora gukorana mu buryo bumwe cyangwa ubundi.

Uyu muyobozi yavuze ko mu gihe cy’imyaka itanu iri imbere bifuza ko Forzza izaba yaragutse mu buryo bwose, yaba mu bakozi, abafatanyabikorwa batandukanye bakorana, inyungu ku gihugu zirimo nko gutanga imisoro n’ibindi.

Avuga ko bazaba bakorera mu bihugu bitandukanye byo ku Isi, cyane cyane baragabye amashami menshi muri EAC. 

Ati “Cyane cyane kongerera imbaraga mu bihugu byacu byo muri EAC ariko tukanarenze tukagera n’ahandi hose muri Afurika."

Rutayisire yavuze ubu bafite abakozi bari hejuru ya 150, hari intego y’uko uyu mwaka uzarangira bafite abakozi 200 mu mashami arenga 36 ari mu gihugu.

Bafite amashami Gikondo, Nyabugogo, Nyamirambo, Kimisagara, Gisozi, Batsinda, Kinyinya, Nyabisindu, Zindiro, Kimironko, Giporoso, Kisimenti, Kabuga, Muhanga, Petite Barrière Mahoko n’ahandi.

Forzza basanzwe batera inkunga ibikorwa bitandukanye, yaba mu muco cyangwa muri siporo.

Ni bamwe mu bateye inkunga ibirori by’imideli ‘Bianca Fashion Hub’ bitegurwa n’umunyamakuru wa Isibo Tv Bianca bizaba ku wa Gatandatu tariki 20 Kanama 2022.

Rutayisire Eric yavuze ko bahisemo gutera inkunga Bianca ‘kubera ko ari igikorwa cy’umuntu muto kandi giteza imbere impano z’Abanyarwanda cyane cyane no kubagaragaza’.

Ati “Akaba ariyo mpamvu twifuje muri cya kintu dusanzwe dukora cyo gutera inkunga kugira ngo tuzamure impano zose ziri muri iki gihugu."

Uyu muyobozi yavuze ko ahantu hatandukanye batera inkunga n’abandi bafasha kwiteza imbere, babibonamo umusaruro cyane ko abo bakorera ari Abanyarwanda batumye bagera aho bageze uyu munsi.

Hamisa ni umwe mu banyamideli badasiba mu itangazamakuru ryo mu Karere k’Iburasirazuba, ahanini biturutse ku buzima bwe bwa buri munsi.

Yavuzwe cyane ubwo yafashaga Diamond mu mashusho y’indirimbo ‘Salome’ nyuma baza kubyarana.

Mu minsi ishize kandi yavuzwe mu rukundo n’umuraperi Rick Ross, ndetse aherutse guhabwa impano y’imodoka yo mu bwoko bwa Range Rover.

Kuva mu ijoro ryo ku wa Kabiri tariki 17 Kanama 2022, ari i Kigali aho yitabiriye ibirori ‘Bianca Fashion Hub Edition II’ bizabera muri Kigali Conference and Exhibition Village ahazwi nka Camp Kigali. Ni umwe mu bakurikirwa cyane ku rubuga rwa Instagram, aho agejeje Miliyoni 9. 

Kanda hano urebe amafoto menshi

Kanda hano urebe byinshi kuri Forzza Bet Rwanda   

Ubwo Hamisa Mobetto yari ageze muri CHIC ahari icyicaro gikuru cya Forzza Bet Rwanda 

Hamisa Mobetto azamuka mu nyubako ya CHIC agana muri 'Floor' ya gatatu aho Forzza Bet ikorera 

Hamisa yahawe ikaze muri Forzza Bet Rwanda.... 

Umuyobozi Mukuru wa Forzza Bet Rwanda, Rutayisire Eric  yavuze ko bishimiye uruzinduko rwa Hamisa Mobetto, kandi baganiriye ku mikoranire 

Rutayisire yavuze ko mu gihe cy'imyaka itanu bazaba baraguye amashami muri EAC, kandi hari icyizere cy'uko Mobetto bakorana    

Uhereye ibumoso: Umuyobozi Mukuru wa Forzza Bet Rwanda, Rutayisire Eric n'umunyamideli ukomeye muri Tanzania, Hamisa Hassan Mobetto    

Hamisa yafashe ifoto na bamwe mu bakozi ba sosiyete ya Forzza Bet Rwanda 

Hamisa ni umwe mu banyamideli bahiriwe n'ubushabitsi; kuri Instagram akurikirwa n'abarenga miliyoni 9 

Hamisa Mobetto yagendeye mu mudoka ya sosiyete Ndoli Safaris ubwo yasuraga icyicaro gikuru cya Forzza Bet 

Hamisa ari mu Rwanda kuva mu ijoro ryo ku wa 17 Kanama 2022 

Mobetto yanasuye ishami rya Forrza Bet riherereye ku Kimironko muri Kigali



Mobetto acumbitse kuri Ubumwe Grande Hotel yo mu Mujyi rwagati


Umunyamakuru Bianca utegura ibirori by'imideli 'Bianca Fashion Hub' 


AMAFOTO: Ngabo Serge-INYARWANDA.COM


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...