Hamaganywe umugambi wa FIFA na Infantino ku guhindura uko Igikombe cy'Isi gitegurwa

Imikino - 29/07/2026 4:06 PM
Share:

Umwanditsi:

Hamaganywe umugambi wa FIFA na Infantino ku guhindura uko Igikombe cy'Isi gitegurwa

Mu gihe impaka ari zose ku mugambi wa Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wo gushyira amarushanwa arimo Igikombe cy'Isi mu maboko y'ibigo by'ishoramari, Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Bwongereza na Concacaf byatangaje ko bihangayikishijwe cyane n'ubwo buryo, bishinja FIFA kubura umucyo no kudakurikiza inzira zemewe mu gufata ibyemezo.

Ibi bije nyuma yuko FIFA itangaje ko iri gutegura ishyirwaho ry'ikigo cyigenga cyizajya gicunga amarushanwa yayo akomeye, harimo n'Igikombe cy'Isi. Icyakora, amakuru avuga ko icyo kigo cyaba gifitanye isano n'umuryango wa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, ibintu byateje impaka zikomeye mu buyobozi bw'umupira w'amaguru ku Isi.

‎Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Bwongereza ryatangaje ndetse ko ryatunguwe no kumenya uwo mugambi binyuze mu bitangazamakuru, rivuga ko nta makuru ryigeze rihabwa mbere.

‎Mu itangazo ryayo, FA yavuze ko itigeze isobanurirwa uko uwo mushinga uteye, ibyo ugamije cyangwa ibisabwa kugira ngo ushyirwe mu bikorwa. Ryagize riti: "Duhangayikishijwe cyane n'uko iki cyemezo cyafashwe hatabayeho ibiganiro bihagije ndetse n'uko uburyo bwo kugifata butubahirije amahame y'imiyoborere myiza."

‎Iri shyirahamwe ryongeyeho ko igihe FIFA izaba yatanze ibisobanuro birambuye kandi mu mucyo, na yo izatangaza ku mugaragaro ibitekerezaho.

‎Hagati aho, amakuru yatangajwe na ESPN avuga ko UEFA iri kwihutisha gahunda yo gukoresha inama idasanzwe ihuza amashyirahamwe 55 ayigize, kugira ngo yige kuri uwo mugambi ndetse hanarebwe niba hashoboka gufatwa icyemezo gikomeye cyo kwikura mu Gikombe cy'Isi mu gihe ibyo isaba bitakubahirizwa.

‎UEFA kandi yatangaje ko ifata uwo mushinga nk'ikibazo gikomeye cyane, ivuga ko "irenze umurongo ibigo biyobora umupira w'amaguru bitagombaga kurenga."

‎Ku ruhande rwa Concacaf, ihuza ibihugu byo muri Amerika y'amajyepfo, Amerika yo Hagati n'ibirwa bya Caraïbes, yavuze ko na yo yamenye ayo makuru ibinyujije mu bitangazamakuru mbere y'uko FIFA iyamenyesha inzego zibishinzwe.

Concacaf yavuze ko ibabajwe n'uko umushinga wagejejwe ku baturage utarabanje kuganirwaho n'inzego ziwugiramo uruhare. Yibukije FIFA ko amashyirahamwe y'ibihugu byose afite inshingano zo kurengera inyungu z'umupira w'amaguru kurusha iz'undi uwo ari we wese.

‎Iri shyirahamwe ryashimangiye ko ibyemezo byose birebana n'ejo hazaza h'umupira w'amaguru bikwiye gufatwa hashingiwe ku miyoborere myiza, gukorera mu mucyo no gutekereza ku nyungu z'igihe kirekire


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...