Aba bakinnyi babiri bari basigaranye masezerano
y’umwaka umwe muri Mukura VS bari bamaze igihe bavugwa muri Rayon Sports gusa
kuri uyu wa Gatatu nibwo bashyize umukono ku masezerano yayo y’imyaka ibiri.
Icyari cyaratumye batinda n’uko iyi kipe yambara
ubururu n’umweru itari yakishyuye amafaranga yari yarumvikanye na Mukura VS.
Rayon Sports yasinyishije Hakizimna Zuberi ushobora
gukina imyanya itatu mu kibuga aho akina nka nimero 3,11 na nimeo 7 mu
gihe Iradukunda Elia Tatou we akina
asatira anyura ku ruhande rw’iburyo kuri nimero 7.
Nyuma y’uko basinye bahise berekeza mu karere ka
Gicumbi aho Rayon Sports irimo ikorera umwiherero yitegura umwaka utaha
w’imikino wa 2026/2027 aho izakina imikino ya CECAFA Kagame Cup,igakina
shampiyona,igikombe cy’Amahoro ariko ikanahagararira u Rwanda mu mikino ya CAF
Confederation Cup.
Bagiye basanga abandi Banyarwanda basinyishijwe
barimo Ndayishimiye Didier wavuye muri AS Kigali, Nshuti Didier wakiniraga
Gorilla FC, Muhoza Daniel wavuye muri Etoile de l'Est, Ndikumana Fabio na
Nizeyimana Mubaraka baturutse muri Marine FC, ndetse na Nisingizwe Christian
wahoze akinira Mukura Victory Sports.
