Apostle Mignonne yafunguye All Women Together 2024 yitabiriwe n'abagore baturutse mu bihugu hafi 50-AMAFOTO

Iyobokamana - 07/08/2024 4:11 PM
Share:

Umwanditsi:

Apostle Mignonne yafunguye All Women Together 2024 yitabiriwe n'abagore baturutse mu bihugu hafi 50-AMAFOTO

Ku nshuro ya 12 Women Foundation Ministries iyobowe na Apotre Mignonne Kabera, yatangije ku mugaragaro igiterane ngarukamwaka cy’iminsi ine cyiswe “All Women Together " cyitezweho kubakira ubushobozi umugore haba mu buryo bw’umwuka n’umubiri.

Ni giterane cyatangiye kuri uyu wa Kabiri tariki 6, kikaba kizarangira tariki 9 Kanama 2024, aho gifite insanganyamatsiko igaruka ku bantu bari indushyi ariko kuri ubu babaye abatsinzi.

Ku munsi wa mbere w'iki giterane wayobowe na Queen Kalimpinya afatanyije na Claire Kamanzi, hatanzwe umwanya munini wo kuramya Imana babifashijwemo n'abaramyi batandukanye, ariko kandi hanatangiwemo inyigisho zinyuranye, ndetse hanakinwa umukino ugaragaza neza iyerekwa Apostle Mignonne Kabera yagize ryavuyemo Itorero Women Foundation Ministries ashumbye uyu munsi.

Muri uyu mukino wakinwe n'abagore ndetse n'abakobwa basanzwe bateranira muri iri torero, umwe muri bo yakinnye nka Apostle Mignonne Kabera ahamagarwa n'Imana ndetse akabanza kwibaza uko azafasha abandi nawe atifashije ariko Malayika w'Imana akaza kumuha inkoni yamuhaye ubutware n'imbaraga zo gufasha abagore n'abakobwa mu buryo bunyuranye.

Mu bitabiriye iki giterane, harimo abayobozi bakomeye mu nzego za Leta, abashumba b'amatorero atandukanye akorera mu Rwanda no mu mahanga, Rev Dr Pastor Antoine Rutayisire n'umufasha we ndetse n'abandi.

Mu ijambo rye, n'akanyamuneza kenshi, Apostle Mignonne yasabye abari aho gushimira Imana yahaye u Rwanda umuyobozi mwiza ugiye kongera kuyobora abanyarwanda mu myaka itanu iri imbere. Yashimangiye ko ashobora gukora neza inshingano yahamagariwe kuko ari mu gihugu gishyigikiye abagore.

Yashimiye umugabo we Eric Kabera umushyigikira mu muhamagaro we, agaragaza ko hanze aha hari abagore benshi b'abahanga ariko ugasanga kubera kugira ingo mbi bahora badatekanye.

Nyuma y'umwanya muremure cyane wo kuramya no guhimbaza Imana mu buryo bwafashije buri wese witabiriye iki giterane kwegerana n'Imana, abagore n'abakobwa batandukanye batanze ubuhamya bw'aho Imana yabakuye. Umwe muri abo, ni umunyamideli mpuzamahanga ariko w'umunyarwandakazi umaze kumenyekana cyane witwa Umufite Anipha.

Yagize ati: "Kubera aka kazi nkora, kansaba gukora ingendo cyane, ndagenda cyane ariko uko ngenda cyane niko nimukana Kristo. Murabizi iyo umuntu yimuka cyane hari ibintu agenda atakaza, ariko mu bintu byose nasiga, sinsiga Kristo."

Uwigishije ijambo ry'Imana muri iki giterane, ni Pastor Matthew Ashimolowo, uwashinze ndetse akaba ari n'umuyobozi wa Kingsway International Christian Centre (KICC), akaba anafite komanyi zikomeye zirenga 10 muri Nigeria.

Abagera ku 1,286 nibo bitabiriye iki giterane baturutse hanze y'u Rwanda,  bakaba barutse mu bihugu bitandukanye ku Isi nka Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA), u Bwongereza, Poland, Kenya, Uganda, Cameroon, Leta Zunze Ubumwe z'Abarabu, DRC, Burundi, Canada, Ethiopia, u Bubiligi, Suwede, u Budage;

U Bushinwa, u Butaliyani, Mozambike, Australia, Congo Brazaville, Malawi, Mali, Senegal, Zambia, Austria, Misiri, Gabon, Ghana, u Buyapani. Nigeria, u Burusiya, Togo n'ibindi bihugu. Abaturutse muri ibi bihugu bacumbikiwe i Kgali na Women Foundation Ministries muri Hoteli enye kabone nubwo bafie ubushobozi bwo kwicumbikira. 

All Women Together Conference yatangijwe mu mwaka wa 2011 igaragazwa nk’igiterane kimaze kuzana impinduka mu buzima bwa benshi by'umwihariko ubw'abari n'abategarugori.

Biteganyijwe ko uretse kuramya Imana nk’igikorwa nyamukuru, iki giterane kizatangirwamo ubuhamya, ubufasha n’ibindi.

Ibyo bikorwa bifasha kubaka sosiyete abagore babarizwamo birimo nko kubaka amashuri, kwitinyuka no kubaka imiryango ihamye.

Biteganijwe ko iki giterane kiri kubera muri BK Arena, kizitabirwa n'abari n'abategarugori mu minsi itatu ya mbere gusa, ku munsi wa kane akaba aribwo ab'igitsina gabo nabo bazaba bemerewe kwitabira.

Women Foundation Ministries ni Umuryango wa Gikirisitu washinzwe na Apôtre Kabera Alice Mignonne mu 2006 wubaka abari n’abategarugori mu nzira z’agakiza, mu mitima no mu buryo bw’ibikorwa bifatika.


Igiterane All Women Together 2024 cyatangijwe ku mugaragaro, kitabirwa n'abanyamahanga benshi


Wari umugoroba udasanzwe wo kuramya no guhimbaza Imana


Umunyamideli mpuzamahanga Umufite Anipfa ari mu batanze ubuhamya


Apostle Mignone Kabera yashimye Imana yahaye u Rwanda ubuyobozi bushyigikiye abagore


Queen Kalimpinya yayoboye umugoroba wo gutangiza igiterane cya All Women Together 2024 

Claire Kamanzi nawe yari ayoboye iki giterane


Rev. Dr. Antoine Rutayisire n'umufasha we Peninah bari mu bihumbi by'abantu bitabiriye iki giterane


Hakinwe umukino ugaragaza iyerekwa Apostle Mignonne yagize ryavuyemo Itorero ashumbye uyu munsi



Byari ibyishimo bidasanzwe kuri uyu mushumba ubwo yafunguraga iki giterane cy'iminsi 4



Inzego za Leta y'u Rwanda zari zihagarariwe


Habyinwe n'imbyino gakondo zisingiza Imana


Abasore b'ibikwerere babyiniye Imana biratinda


Ubwitabire bwari hejuru cyane muri BK Arena


Abitabiriye umunsi wa mbere w'iki giterane bagize umwanya uhagije wo kuganira n'Imana




Igiterane All Women Together 2024 kirakomeje kuko kizamara iminsi ine


KANDA HANO UREBE ANDI MAFOTO

Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...