Hakizimana
Murerwa Amani [P-Fla], umwe mu bahanzi bubatse Hip Hop nyarwanda mu buryo
budasanzwe, yari amaze igihe gito agarutse mu Rwanda avuye i Burayi.
Nubwo
yari afite ubuhanga buhambaye, ntiyashakaga ko indirimbo ze zishyirwa hanze.
Yarazikundaga, ariko akazifata nk’amabanga yo mu mutima. Yari muzika yo
kwiyumvira wenyine.
Umunyamakuru
Murenzi Kamatari, uzwi cyane nka Murenzi wa Contact FM, ni umwe mu batangarijwe
cyane n’uyu muco wa P-Fla wo gukora indirimbo ntazishyira hanze.
Murenzi
avuga ko mu myaka yamaze atangaza injyana ya Hip Hop kuri radiyo, atigeze abona
undi muhanzi wihagararaho nk’uwo.
Yabwiye
InyaRwanda ati ““P-Fla yakoraga indirimbo akazitwara iwe, akajya azumva yambaye
headphone, akavuga ati ‘birampagije’. Ntiyashakaga ko zizajya kuri radiyo,
ntiyifuzaga ko sosiyete izumva ibyo atekereza.”
Ibyo
byamubayeho mu gihe Murenzi na bagenzi be nka DJ Kaled bari mu rugamba rwo
kumvikanisha amajwi mashya y’abahanzi b’abanyarwanda, barwanya umuvuduko
w’indirimbo zo muri Uganda na Congo zari zarigaruriye radiyo zo mu gihugu.
Umunsi
umwe, ubwo Murenzi yasuraga studio ya Producer BZB The Brain, yumvise indirimbo
yitwa Ntuzanyinishe. Yahise akururwa n’amagambo yayo, arayikunda birenze.
Kubimenya ko ari iya P-Fla, byamuteye urujijo.
Avuga
ati “BZB yarambwiye ati ‘cyeretse usabye P-Fla uburenganzira, kuko yambujije
kuzitanga.’”
Murenzi
na DJ Kaled bagiye kureba P-Fla. Bamusabye ko abemerera gushyira iyo ndirimbo
kuri radiyo. P-Fla mbere yari ukutabivuga, ariko yaje kwemera mu magambo make.
Ati “Mwayikunze se? Nta kibazo muyijyane.”
Iyo
ndirimbo yageze kuri Contact FM isohoka nk’inkuba, abantu bahita bayakira ku
muvuduko udasanzwe. Telefoni zarahamagaye, ubutumwa buratambuka, abantu
baravuga bati: “Iyo ndirimbo turayishaka!”
P-Fla
n’umuryango we baratunguwe. Mushiki we yaramuhamagaye amubaza niba ibyo
yaririmbye bifitanye isano n’imibanire ye n’umubyeyi we, ariko asubizwa ko nta
sano bifitanye.
Icyo
gihe, ibintu byarahindutse. P-Fla yabonye ko iby’umutima we atari ibye wenyine byari
iby’abanyarwanda. Ni bwo yafashe icyemezo cyo gutangira kujya ashyira hanze
ibyo yandika.
Ni
mu bihe bimwe Bull Dogg nawe yinjiye mu muziki, asohora indirimbo z’ubutumwa
bukomeye nka Umunsi w’Imperuka, Imfubyi n’izindi.
Ni
igihe itsinda nka Family Squad, DMS, Usher Junior, NPC n’abandi bashyize
imbaraga mu kubaka Hip Hop ikomera ku mizi.
Murenzi
we, wari umaze imyaka akina indirimbo z’abahanzi bakizamuka, yari yarabaye
ikiraro. Avuga ko gukurira i Nyamirambo byamuhaye isano ya hafi na Hip Hop kuko
“irimo ubuzima bwo hasi, ubutumwa bwo ku mihanda, bw’abantu babaho umunsi ku
munsi.”
Avuga
ati “Nari nariyemeje ko abahanzi bacu nabo bagomba kumvwa, bagomba kugira ijwi.
Hip Hop ni iyacu. Ntabwo twari gukomeza kwumva Uganda gusa.”
Inkuru
ya P-Fla ni iy’umuhanzi wakundaga ibye cyane ku buryo yabifata nk’ibanga, ariko
akaza gusanga amagambo ye ari isoko y’ihumure n’ubuzima ku bandi.

Mc
Murenzi wahoze kuri Contact FM, umwe mu banyamakuru ba mbere bagaragaje ko
injyana ya Hip Hop nyarwanda ifite ubushobozi bwo kugera kure

P-Fla,
umuraperi wamenyekanye ku ndirimbo z’ubuzima bwe bwite, wahoze akora indirimbo
akazumva wenyine atifuje ko zisohoka
KANDA
HANO UBASHE KUREBA IKIGANIRO TWAGIRANYE NA MC MURENZI
KANDA
HANO UBASHE KUMVA INDIRIMBO ‘NTUZANYINISHE’ YA P-FLA
