Hagiye gutangwa ibihembo bya Africa Content Creator Awards bihatanyemo ibyamamare byo mu bihugu 20

Imyidagaduro - 10/07/2026 9:34 AM
Share:

Umwanditsi:

Hagiye gutangwa ibihembo bya Africa Content Creator Awards bihatanyemo ibyamamare byo mu bihugu 20

Abahanga mu gukora no guhanga ibitambuka ku mbuga nkoranyambaga baturutse hirya no hino muri Afurika baritegura guhurira i Kigali mu birori bya Africa Content Creators Awards 2026, bigamije gushimira no guhemba abagaragaje ubuhanga, udushya n'uruhare rukomeye mu guteza imbere ibinyura ku mbuga za digitale.

Tariki ya 16 Nyakanga 2026 ni bwo i Kigali mu Rwanda kuri Jungle Park hazatangirwa ibihembo bya Africa Content Creator Awards biri ku rwego rwa Afrika, bikaba bihataniwe n’abantu baturuka mu bihugu bigera muri 20 birimo, USA, India, Ethiopia, Eritrea, South Africa, Uganda, Burundi, Kenya, Rwanda, Tanzania, Ghana na Namibia.

Mu kiganiro na InyaRwanda, Umuyobozi wa Africa Content Creator Awards, Abitije Seraphin Elise yagaragaje ko uruhare rwa Guverinoma y’u Rwanda mu korohereza abagana mu gihugu n’umutekano biri mu bituma igikorwa cyose mpuzamahanga byoroha kuba cyatekerezwa ko cyakorerwa mu Rwanda.

Yagize ati: "Turashima Guverinoma y’u Rwanda idahwema gushyiraho gahunda zorohereza abanyamahanga bifuza kugana mu gihugu. Ibi bituma ibikorwa bitandukanye bihuza abantu baturutse mu bihugu binyuranye byoroha kuba byazanwa mu rw’imisozi igihumbi.”

Yikije ku mpamvu y'ibi bihembo, ati: "Ubona y'uko yaba mu muziki, ubucuruzi, uburezi, ubuzima, imibereho myiza n’ibindi uburyo bukoreshwa mu gutambutsa amakuru bwahinduye isura ndetse iyo bikozwe neza bitanga umusaruro usumbye, bityo rero twifuje guhuriza hamwe ababarizwa muri uru rwego rwo kurema no gutangaza inkuru mu buryo bwihariye.”

Yagaragaje ko ikigamijwe atari ugutanga ibihembo gusa, ahuwbo harimo no kurema urubuga rwo guhuriramo, kumenyana, gushakira hamwe icyarushaho kugirira umumaro umugabane wa Africa binyuze mu ba "Content Creator" n’icyagirira umumaro ababarizwa muri iki gisata ngirakamaro mu Isi ya none.

Mu bazatanga ikiganiro ku bazitabira ibi birori harimo Sylvie Sugira umaze gushinga imizi mu kwerekana ibibera hirya no hino ‘Travel Content Creating’ hamwe no gutanga ubujyanama mu iyamamazabikorwa n’ihananahana makuru.;

Chioma Geraldine Ikechukwu ukomoka muri Nigeria uheruka kweguka ibihembo bya Face Of Change Nigeria unazwi mu gutanga ibiganiro binyuranye no guharanira uburenganzira bw’igitsinagabo;

Shali Ahmed umunyamideli akaba n’umukinnyi wa filime wabigize umwuga ukomoka muri Uganda; ndetse na Panmun G Nanle (OGpee) wo muri Nigeria usanzwe ari inararibonye mu bucuruzi bushingiye ku buhanzi.

Mu bahanzi byitezwe ko bazasusurutsa abazitabira itangwa ry’ibi bihembo harimo Bossgia wo muri Tanzania, Shana Sierra wo muri Uganda, Danra wo muri Uganda ufitanye indirimbo na DJ Pius, Prince b.a wo mu Rwanda, Boni Shy wo mu Rwanda ufitanye indirimbo n’abarimo Jowest, Mozzy na Fela Music.

Hari kandi abahanga imideli bazamurika imyambaro yabo barimo Kamikazi Queen Raissa nyiri Lycer Crochet, Mideli Kanyarwanda, Umuhoza Juelia nyiri Monalisant Brand na Abubakar Wahid wo muri Sierra Leone. Ababyinnyi bo muri Uganda barimo Barique Dance Fusion na Namwanja Gloria Sophia uri mu babyinnyi bari kwigarurira imitima ya benshi.

Ibyiciro bihataniwe birimo iby’umuziki birimo abahanzi nyarwanda nka Bruce Melodie, The Ben, Alicia na Germaine; abavuga rikijyana barimo nka Mutesi Jolly, abakinnyi ba filime barimo nka Clapton Kibonge, Jojo na Soloba. Hari kandi icyiciro cy'abavanga umuziki nka DJ Phil Peter, DJ Crush, DJ Pinky n’abandi.

Amatora arakomeje binyuze ku rubuga rwa africacontentcreator.com mu gihe abifuza kwitabira iki gikorwa bakomeje kugura amatike binyuze kuri acca.sinc.events

The Ben umuhanzi ugiye kumara imyaka 20 akora umuziki by'umwuga ari mu bahataniye ibi bihembo

Mutesi Jolly umwe mu bari n'abategarugori bamaze kugwiza ibigwi mu bavuga rikijyana ari mu bahataniye ibi bihembo

Bruce Melodie umaze iminsi ahuriza hamwe ibihumbi by'abantu mu bitaramo bizenguruka igihugu yise 'Summer Country Tour' ahuriyemo n'abandi bahanzi, ari mu batanye muri ibi bihembo

DJ Phil Peter umunyamakuru, rwiyemezamirimo akaba n'umuhanga mu kuvanga umuziki ugeze kure imyiteguro y'iserukiramuco rya Ivy Filipiano Fest ari mu bahatanye muri ibi bihembo

Abakobwa bavukana Alicia na Germaine baherutse gushyira hanze indirimbo "Ibanga", bari mu bahataniye ibihembo mu cyiciro cy'abahanzi b'indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana

DJ Pinky umukobwa umaze kwigarurira imitima y'abakoresha imbuga nkoranyambaga no mu kuvanga umuziki ari mu bahatanye muri ibi bihembo


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...