Hagiye gutangizwa ‘Mashariki Art Academy’, ishuri ryitezweho guhindura urwego rwa Cinema mu Rwanda –AMAFOTO

Imyidagaduro - 21/11/2025 7:40 AM
Share:

Umwanditsi:

Hagiye gutangizwa ‘Mashariki Art Academy’, ishuri ryitezweho guhindura urwego rwa Cinema mu Rwanda –AMAFOTO

Umuyobozi wa Mashariki African Film Festival, Trésor Senga, yatangaje ko bari mu myiteguro yo gutangiza “Mashariki Art Academy”, ishuri bitezeho gushyira itafari mu kuzamura urwego rwa Cinema mu Rwanda binyuze mu kwigisha abafite inyota yo kwinjira muri iyi ngeri y’ubuhanzi, no kubasha kujya mu bihugu by’amahanga gukomerezayo amasomo.

Trésor Senga yabitangaje mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, kibanze ku rugendo rw’iri serukiramuco rimaze imyaka 11 rishyize imbere mu guteza imbere Cinema, ndetse anavuga ku bikorwa biteganyijwe mu cyumweru cya tariki 22-29 Ugushyingo 2025, aho bazerekana filime ndetse bakanatanga ibihembo ku bahize abandi.

Yavuze ko ‘Mashariki Art Academy’ ari ishuri rizatanga amahirwe ku bantu bose. Ati “Mashariki Art Academy” izaba ari ishuri ritanga amahirwe ku bantu bashaka kwiga Cinema ndetse n’ubuhanzi muri rusange. Hazaba harimo ibintu bitatu by’ingenzi, birimo kwiga Cinema, kwiga ibijyanye n’umuziki uherekeza Filime, kwiga gutegura ahakinirwa filime n’ibindi, mbese izaba igizwe n’ibintu byinshi cyane cyane bigenderwaho mu gutegura filime cyangwa se ‘Production’.

Yavuze ko gahunda bafite ari uko bazatangiza iri shuri muri Gashyantare 2026 “kuko dufitanye ubufatanye n’ibigo byo muri Canada, Amerika, u Burayi, u Bwongereza, aho bazajya baduha abarimu bavuye muri ibyo bihugu bakaza kwigisha abanyeshuri bo mu Rwanda.”

Akomeza agira ati “Harimo aho umunyeshuri azajya yishyurira, ahandi akaba yahabwa ‘Buruse’ yo kwiga mu buryo bwamworohera. Mu kwakira abanyeshuri, hazajya habaho itangazo, hagaragazwe ibisabwa, hanyuma umuntu wese ufite inyota cyane cyane abasanzwe babirimo, turebe abujuje ibisabwa ibyangombwa kugirango duhitemo umuntu ushobotse cyangwa se ukwiye atari umuntu uza ngo abyige aje abivemo.”

Trésor Senga yanavuze ko mu guhitamo abanyeshuri bazanifashisha bamwe mu bantu basanzwe bazobereye muri Cinema mu guhitamo abanyeshuri baziga muri iri shuri kuko “abafite umuhate wo kwiga cinema ni benshi”.

Ati: “Hari abashaka kubyinjiramo, hari abashaka kubikora nk’ubuhanzi ariko abo bantu ntabwo bafite amahirwe ahagije ku buryo babikora mu buryo bw’umwuga, niyo mpamvu twebwe tubazaniye ishuri ry’umwuga rifite abanyamahanga bafite inararibonye mu bihugu byabo bateye imbere kandi bafite n’ibigo bishamikiyeho bya Cinema mu bihugu byabo bizajya bikorana n’ikigo cyacu kugirango turusheho gutanga ‘Buruse’ ku bantu bashaka gukomereza hanze kwiga.”

Tresor Nsenga yavuze ko bahisemo ahantu hanyuranye hazerekanirwamo filime, ndetse mu gusoza iri serukiramuco hazatangwa ibihembo 20 ku bahize abandi.

Yanavuze ko hazatangwa imodoka ebyiri mu cyiciro cya ‘People’s Choice’ ku mugore ndetse n’umugabo. Ati “Mu Cyumweru kiri imbere tuzazerekana (imodoka) abakinnyi muri rusange.” Asobanura ko iri serukiramuco rizitabirwa n’abantu benshi. 

Trésor Senga yavuze ko mu myaka 11 ishize batangiye iri serukiramuco byari ibihe bitoroshye kuri bo, kuko batangiye nta baterankunga no gushyigikirwa bari bafite.

Ariko kandi mu gukomeza gukora no kudacika intege, baguye iri serukiramuco baryongeraho n’ibindi bikorwa birimo nka Masharket, Tumenye Cinema n’indi mishinga “yatumye twaguka.”

Yasobanuye ko kuba muri iri serukiramuco harimo filime zo mu mahanga bazerekana, bashingiye ku batanze ubusabe bw’abo basaba ko filime zabo zakerekanwa.

Yanavuze ko kuba mu minsi ishize barakoze ibikorwa byo kujyana abakinnyi ba filime mu bice bitandukanye by’Igihugu, hari hagamijwe ko begera abaturage, no kumenyekanisha ibyo bakora. Yavuze ko hari filime bahisemo zishingiye ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi zizerekanwa muri iri serukiramuco kuri iyi nshuro.

Fabrizio Colombo wo mu Butaliyani, ushinzwe ibijyanye no gutegura iri serukiramuco, yavuze ko amaze imyaka itanu akorana n’iri serukiramuco, ariko kuri iyi nshuro hariko umwihariko kuko mu guhitamo filime bazerekana bashingiye cyane “ku kuba ari filime ifite umwihariko wo kugaragaza Afurika ku buryo umuntu areba filime akagira ishusho y’umugabane wa Afurika.”

Yasobanuye ko bahisemo filime zirenga 1000 harimo izo mu Rwanda, n’izo mu bindi bihugu binyuranye. Anavuga ko mu cyiciro cya filime ndende, 12 harimo izo mu Rwanda.

Kuri we, asanga mu gihe cyo kwerekana izi filime benshi bazarushaho kumva neza impamvu yo guhitamo izi filime. Ati “Twishimiye uburyo twahisemo izi filime, kandi twizeye ko zizanyura ahanini biturutse ku butumwa bukubiyemo.”

Yavuze ko ashima uruhare rw’iri serukiramuco mu gutuma Cinema itera imbere. Kuva tariki 22 Ugushyingo 2025, abarenga 1000 bazitabira umuhango wo gutangiza igikorwa cyo kwerekana filime kizabera muri Serena Hotel.

Filime zizerekanwa muri iri serukiramuco harimo izo muri Uganda, Kenya, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, u Rwanda n’abandi.

Kanda hano ubashe gutora umukinnyi ushyigikiye muri "Mashariki Awards"

Kanda hano ubashe kwiyandikisha uzitabire iserukiramuco "Mashariki African Film Festival"


Umuyobozi wa Mashariki African Film Festival, Trésor Senga yatangaje ko “Mashariki Art Academy” igiye gufungura amarembo mu 2026, ikazigisha abifuza kwinjira mu ruganda rwa Cinema ku rwego mpuzamahanga


Trésor Senga avuga ko iri shuri rishya rizakuraho inzitizi z’ibura ry’amahirwe ku rubyiruko rufite impano yo gukora filime


Fabrizio Colombo wo mu Butaliyani, ushinzwe ibijyanye no gutegura iri serukiramuco yavuze ko bahisemo filime zinyuranye bazerekana bashingiye ku bazitanze. Filime zizerekanirwa muri Serena Hotel, Norrsken no ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruherereye ku Gisozi

Kuri uyu wa Kane tariki 20 Ugushyingo 2025, habaye ikiganiro n'itangazamakuru kigaruka ku iserukiramuco "Mashariki African Film Festival"

Amino Emmanuel yagarutse ku bikorwa bya "Masharket" biherekeza iserukiramuco 'Mashariki African Film Festival'

Iri serukiramuco rigiye kuba ku nshuro ya 11 rizasoza ritanga ibihembo 20 harimo n’imodoka ebyiri mu cyiciro cya ‘People’s Choice'



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...