Hagiye gutangizwa Bachelor's na Master's muri TVET, ubukungu buzazamukaho 6.2% - Min. Ngirente

Inkuru zishyushye - 27/02/2023 12:35 PM
Share:

Umwanditsi:

Hagiye gutangizwa Bachelor's na Master's muri TVET, ubukungu buzazamukaho 6.2% - Min. Ngirente

Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, yatangaje ko imyaka ibiri ishize Covid-19 yahungabanyije ubukungu bw’u Rwanda ariko bwongeye kwiyubaka, ku buryo biteganyijwe ko muri rusange muri uyu mwaka wa 2023, umusaruro mbumbe uzakomeza kuzamuka ku gipimo cya 6,2%.

Yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 27 Gashyantare 2023, ku munsi wa Mbere w’Inama y’Igihugu y'Umushyikirano yahurije hamwe Abanyarwanda barenga 1,500 bateraniye mu nyubako ya Kigali Convention Centre mu Mujyi wa Kigali.

Iyi nama ya 18 yitezweho kurebera hamwe ibyagezweho, gusuzuma uruhare rwa buri umwe, gufata ingamba zihamye z’iterambere n’ibindi.

Inama y'Igihugu y'Umushyikirano iheruka yabaye kuvatariki 19-20 Ukuboza 2019. Yari yafatiwemo imyanzuro 12 ariko kubera ko Covid-19 itatumye Abanyarwanda bongera guhura, Guverinoma yongeyeho n'ibindi bikorwa, kandi ibyinshi byagezweho.

Iyi nama izasozwa kuri uyu wa Kabiri tariki 28 Gashyantare 2023, izitsa cyane ku byagezweho mu guhangana n’ingaruka za Covid-19, aho Abanyarwanda bageze mu gushyira mu bikorwa Icyerekezo 2050 na Gahunda ya Guverinoma y’Imyaka 7 (NST1).

Umushyikirano usobanurwa nk’urubuga ruha Abanyarwanda umwanya wo kubaza abayobozi na Guverinoma inshingano.

Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ni kimwe mu bisubizo by'umwimerere byahanzwe n'Abanyarwanda. Umushyikirano ugamije kandi guteza imbere imiyoborere abaturage bagizemo uruhare, kandi idaheza.

Nubwo mu myaka ibiri ishize, hari icyorezo cya Covid-19, u Rwanda rwakomeje gukora ibikorwa byiranze no mu Karere.

Ingamba zo guhangana n'icyorezo cya Covid-19 zituma ubukungu bw'u Rwanda buzahuka, uhereye mu 2021 ndetse no gukomeza no mu 2022.

Mu 2021, ubukungu bwazamutse ku gipimo  cya 10% nyuma y'uko bwari bwasubiye inyuma ku gipimo cya 3.4% mu 2020 kubera icyorezo cya Covid-19.  

Mu ijambo rye, Minisitiri w'Intebe Dr. Ngirente yavuze ko "Nubwo imibare y’umwaka wose wa 2022 itaraboneka, ‘dufite icyizere ko ubukungu buzazamuka ku kigero gishimishije (6,8% projected)".

Ati “Ibi tubishingira ku kuba mu bihembwe bitatu bibanza bya 2022, ubukungu bwazamutse ku gipimo cya 8,5%."

Mu gihembwe cya mbere (January-March) ubukungu bwazamutse ku gipimo cya 7,9%, igihembwe cya 2 (April-June) buzamuka ku gipimo cya 7,5%, naho igihembwe cya 3 (July-September) buzamuka ku gipimo cya 10%.

Biteganyijwe ko muri rusange muri uyu mwaka wa 2023, umusaruro mbumbe uzakomeza kuzamuka ku gipimo cya 6,2%. Ngirente yavuze ko mu rwego rwo kuzahura ubukungu, Guverinoma yashyizeho Ikigega Nzahurabukungu cyiswe ‘Economic Recovery Fund' cyashyizwemo Miliyari 350 Frw.

Cyashyizwe mu bikorwa mu byiciro bibiri. Icyiciro cya mbere hatanzwe asaga Miliyari 101 Frw yahawe abikorera mu nzego zinyuranye nka Hoteli, ubucuruzi, ubuhinzi, ubwikorezi, inganda n'ibindi.

Mu cyiciro cya kabiri hamaze gutangwa asaga Miliyari 48 Frw, kandi iyi gahunda irakomeje. Ni amafaranga atangwa agahabwa abikorera mu guhangana n'ingaruka za Covid-19 no kwagura ishoramari ryabo.

Ngirente yavuze ko mu rwego rw’ubuhinzi, Guverinoma yafashe ingamba zitandukanye zo kongera umusaruro w’ubuhinzi n’ubworozi.

Yavuze ko hagamijwe kongera ubuso bw’ubutaka buhingwa, hamaze guhuzwa ubutaka busaga hegitari 760.000 buhingwaho ibihingwa biri muri gahunda yo kongera umusaruro w’ibihingwa byatoranyijwe (CIP Crops).

Ngirente yavuze ko mu rwego rwo guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere, hakomeje kongerwa ubuso bwuhirwa. Muri uyu mwaka w’ingengo y’imari, ubu buso buteganyijwe kuziyongeraho hegitari 2.096 bukagera kuri hegitari 70.222.

Mu rwego rwo korohereza abahinzi kubona ifumbire ku giciro cyoroheje no kongera ingano y’ifumbire ikoreshwa, Ngirente yavuze ko Guverinoma yagiye yongera ingano ya Nkunganire, nyuma y’aho ibiciro by’ifumbire ku isoko mpuzamahanga byakomeje kwiyongera.

Muri uyu mwaka w’ingengo y’imari wa 2022/2023, hatanzwe Nkunganire ikabakaba miliyari 31 z’amafaranga y’u Rwanda bingana n’ubwiyongere bwa 93% ugereranyije n’umwaka ushize wa 2021/2022.

Uku kwiyongera kwa Nkunganire ku ifumbire ahanini kwatewe n’ingamba Guverinoma yafashe zirimo guha abahinzi b’ibigori ifumbire y’ubuntu mu gihembwe cy’Ihinga cya mbere cy’uyu mwaka (Season 2023A).

Muri uru rwego rwo guhangana n’ingaruka z’amapfa, Ngirente yavuze ko abahinzi bafashijwe kubona imbuto y’ibihingwa byera vuba nk’ibishyimbo n’imboga ndetse n’ibyihanganira izuba birimo ibijumba n’imyumbati.

Mu duce tw’Igihugu, twazahajwe n’amapfa, Guverinoma yafashije abahinzi kubona ibikoresho byo kuhira.

Mu rwego rwo kugabanya itumizwa ry’ifumbire mvaruganda mu mahanga, ku bufatanye n’abashoramari, Ngirente yavuze ko harimo kubakwa uruganda ruzavanga ifumbire (fertilizer blending plant) ruherereye mu Karere ka Bugesera. Bikaba biteganyijwe ko uru ruganda ruzuzura muri Kanama 2023.

Mu rwego rwo kugabanya umusaruro wangirika nyuma y’isarura, Minisitiri Ngirente yavuze ko kugeza ubu mu Gihugu hose hubatswe ubwanikiro (drying grounds and shelters) 1477, n’ubuhunikiro (storage and warehouse facilities) 525. Hanaguzwe kandi n’imashini zumisha umusaruro 45.

Hagamijwe kubungabunga ubuziranenge bw’umusaruro woherezwa ku masoko y’imbere mu Gihugu no mu mahanga, hubatswe ububiko bukonjesha ibiribwa n’indabo 77 (Cold rooms) burimo 50 bwubatswe na Leta na 27 bw’abikorera.

Muri uyu mwaka w’ingengo y’imari wa 2022/2023, inka zishingiwe zirasaga 43.500 naho amatungo magufi amaze kwishingirwa arasaga ibihumbi 236.000.

Mu rwego rw’uburezi, Minisitiri Ngirente yavuze ko Guverinoma ikomeje kandi gushyira imbaraga mu guteza imbere inyigisho zijyanye n’ubumenyingiro ndetse no kuvugurura ireme ry’uburezi muri rusange.

Avuga ko ‘Ibi bizafasha urubyiruko kugira ubumenyingiro bukenewe ku isoko ry’umurimo ndetse no kwihangira imirimo’.

Yavuze ko ari ‘muri urwo rwego dukomeje kongera amashuri y’imyuga n’ubumenyingiro.’

Ngirente yavuze ko Guverinoma yafashe gahunda yo kubaka nibura ishuri rimwe ry’ubumenyingiro muri buri Murenge 10 mu Gihugu.

Ati “Intego dufite ni uko mu mwaka w’amashuri utaha 60% by’abanyeshuri basoje icyiciro cya mbere cy’amashuri yisumbuye bazajya mu mashuri y’ubumenyingiro’.

Minisitiri Ngirente yavuze ko mu wego rwo kugira ngo iyi ntego igerweho, harimo kubakwa amashuri yisumbuye y’imyuga n’ubumenyingiro 90 ku 114 mu Mirenge yari isigaye itarubakwamo ayo mashuri.

Ngirente yavuze ko ‘hagamijwe gufasha abanyeshuri biga imyuga n’ubumenyingiro gukomeza muri kaminuza, mu kwezi gutaha kwa Werurwe 2023, hazatangizwa gahunda y’amasomo yo mu cyiciro cya kabiri cya kaminuza (Bachelors of Technology) muri IPRC/Kigali na Huye.

Yavuze kandi ko guhera muri Nzeri 2023, iyi gahunda y’icyiciro cya kabiri cya kaminuza izakomereza no mu yandi mashuri makuru (IPRCs) ndetse hanatangizwe gahunda y’icyiciro cya gatatu cya Kaminuza (Master's of Technology).

Hateganyijwe kandi gushyirwaho uburyo bunoze bw’imikoranire hagati y’amashuri n’inzego zitandukanye za Leta n’abikorera, mu rwego rwo gufasha abiga imyuga n’ubumenyingiro muri gahunda y’imenyerezamwuga (Industrial attachment).

Mu rwego rw’ibikorwaremezo, Guverinoma y’u Rwanda ikomeje gushyira imbaraga mu bikorwa byo kubaka no gusana imihanda. Mu myaka ine ishize (2019-2023), mu Gihugu hose, hamaze kubakwa imihanda ifite uburebure bwa kilometero 933. Muri iyi mihanda, harimo iyubatswe, iyasanywe ndetse n’iy’imigenderano (Feeder roads).

Mu rwego rw’ubuzima (Health sector), Guverinoma yashyize imbaraga muri gahunda yo gukingira abaturarwanda. Kugeza ubu abagera kuri 78% bamaze guhabwa nibura doze ebyiri z’inkingo.

Mu rwego rwo gukomeza kubaka ubushobozi mu rwego rw’ubuvuzi, ku bufatanye n’abafatanyabikorwa batandukanye, Guverinoma y’u Rwanda yatangiye kubaka uruganda rukora inkingo zirimo iza COVID-19, Malaria n’Igituntu.     

Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente yagarutse ku byagezweho mu guhangana n’ingaruka za Covid19, ishyirwa mu bikorwa ry'Icyerekezo 2050 na Gahunda ya Guverinoma y’Imyaka 7

Perezida Kagame mu gutangiza inama y'Igihugu y'Umushyikirano yasabye abayobozi kuzuza inshingano bashinzwe    

Perezida Kagame ati “Twirinde abaducunaguza kuko natwe turashoboye, igisubizo ni ugukora cyane "" 

Abarenga 1500 bateraniye muri Kigali Convention Center mu Nama y’Igihugu y’Umushyikirano








Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...