Hagiye gukinwa Shampiyona y’Igihugu y’Amagare

Imikino - 25/06/2026 3:09 PM
Share:

Umwanditsi:

Hagiye gukinwa Shampiyona y’Igihugu y’Amagare

Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 27 no ku Cyumweru tariki ya 28 Kamena 2026 hazakinwa Shampiyona y’Igihugu y’Amagare aho abakinnyi bo mu byiciro bitandukanye bazaba bahatanye.

Iri rushanwa rizahuza abakinnyi baturuka mu makipe yose abarizwa muri FERWACY n’andi yabisabye akemererwa kwitabira. Rizakinwa mu byiciro by’abagabo bakuru, abatarengeje imyaka 23, ingimbi zitarengeje imyaka 19, n’abagore mu byiciro byabo bitandukanye.

Ku wa Gatandatu tariki ya 27 Kamena 2026, hazakinwa isiganwa ryo gusiganwa n’igihe buri mukinnyi ku giti cye (Individual Time Trial), rizabera mu muhanda wa Batsinda – Ku Idigiri – Batsinda. Abangavu bazasiganwa intera y’ibilometero 21, abagore n’ingimbi basiganwe ibilometero 30, mu gihe abagabo n’abatarengeje imyaka 23 bazakina ibilometero 41.

Ku Cyumweru tariki ya 28 Kamena 2026, hazakinwa isiganwa ryo mu muhanda (Road Race) rizatangira saa tatu za mu gitondo. Mu cyiciro cy’abagabo n’abatarengeje imyaka 23, abakinnyi bazahagurukira muri Santere ya Batsinda banyure i Shyorongi, Base, Gicumbi, Rukomo na Nyacyonga mbere yo kugaruka i Batsinda, ku ntera y’ibilometero 158.

Abagore n’ingimbi bazasiganwa ibilometero 115, aho bazatangirira ku Kirenge banyure kuri Base, Gicumbi, Rukomo na Nyacyonga mbere yo gusoreza i Batsinda. Ku ruhande rw’abangavu, bo bazasiganwa intera y’ibilometero 62, bahagurukira muri Santere ya Ibanda mu Karere ka Gicumbi.

Mu mwaka ushize wa 2025, Nkundabera Eric uzwi nka Buravan ni we wegukanye umwambaro wa Shampiyona y’Igihugu mu bagabo ndetse no mu batarengeje imyaka 23, mu gihe Ntirenganya Moïse yegukanye iri rushanwa mu cyiciro cy’ingimbi.

Mu bagore, Mwamikazi Jazilla ni we wari wegukanye umwambaro wa Shampiyona y’Igihugu mu bakuru, naho Masengesho Yvonne atsinda mu bangavu.

Mu masiganwa yo gusiganwa n’igihe buri wese ku giti cye, Niyonkuru Samuel na Nirere Xaverine ni bo begukanye intsinzi mu bagabo no mu bagore, mu gihe Twagirayezu Didier yatsinze mu ngimbi naho Izabayo Immaculée yitwara neza mu bangavu.

Abakunzi b’umukino w’amagare bazaba bahanze amaso iri rushanwa rizatanga abazambara umwambaro uriho ibendera ry’u Rwanda mu mwaka utaha, ndetse rikaba rinitezweho guhuza abakinnyi bakomeye b’imbere mu gihugu.

Abakinnyi bitwaye neza muri shampiyona y'igihugu ya 2025



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...