Hagati ya Messi na Maradona yahisemo Pele! Papa Francis yakundaga ruhago mu buryo bwihariye

Imikino - 21/04/2025 5:57 PM
Share:

Umwanditsi:

Hagati ya Messi na Maradona yahisemo Pele! Papa Francis yakundaga ruhago mu buryo bwihariye

Nubwo yari Umushumba Mukuru wa Kiliziya Gatolika ku isi hose, Papa Francis yabaye umusangirangendo n'abakunzi ba ruhago, umukino yitaga "umwiza kurusha iyindi yose."

Papa Francis yakundaga kuvuga ko yakiniye mu muhanda akiri umwana, akoresha umupira w’ibitambaro ariko akavuga ko ibirenge bibiri bye yakinishaga byari ibimoso (bisobanuye ko atari umuhanga), yishimiraga kuba umunyezamu, aho yizeraga ko byamwigishije guhangana n’ibyago bishobora gutungurana.

Umupira wamubereye urwibutso rw'ubuzima bwe bwo hambere, by’umwihariko ikipe ya San Lorenzo yo muri Buenos Aires, yakuze akunda kuva akiri muto. Nubwo yabaye Papa, ntiyigeze ahagarika ubunyamuryango bwe muri iyo kipe. Hari n’umusirikare w’Umusuwisi wakundaga kumubwira amakuru y’uko iyo kipe yitwaye.

Yahoraga yiteguye kwakira abakinnyi b’ibyamamare barimo Messi, Maradona, Buffon, Zlatan, n’abandi, aho yagiye asinya ku mipira n’imyambaro by’abakinnyi baturukaga ku isi yose byose abikora yishimye.

Ruhago kuri we ntiyari umukino gusa. Yayifataga nk'umwanya wo kwigisha indangagaciro, guhugura urubyiruko no guhuza abantu baturutse mu madini atandukanye. Mu 2014, yateguye umukino wa "inter-religious match for peace", wahuje abantu b’amadini menshi ku kibuga cya Stade Olempike i Roma.

Yigeze kuvuga ati: “Abenshi bavuga ko umupira ari umukino mwiza kurusha iyindi yose, nanjye ndabyemera.”

Nubwo yakundaga San Lorenzo, Papa Francis ntiyigeze yishora mu bitavugwaho rumwe hagati y’amakipe. Igihe yabazwaga umukinnyi mwiza hagati ya Maradona na Messi, yavuze ko Maradona yari impano idasanzwe ariko yashegeshwe n’ubuzima bwe bwite.

Ati: "Messi ni umugabo wubaha cyane. Ariko jye nahitamo Pelé yari umugabo w’umutima."

Papa Francis yasize inkuru yihariye mu mitima y’abakunzi ba ruhago kuko ntiyari umuyobozi usanzwe, yifashishije umupira w’amaguru mu gutambutsa ubutumwa bw’Amahoro. Yitabye Imana kuri uyu wa Mbere tariki 21 Mata 2025.

 

Papa Francis yakundaga umupira w'amaguru



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...