Habyarimana Charles wakoze 'Zirara zishya' agiye kugarukana umwihariko muri Cinema

Imyidagaduro - 29/06/2024 3:15 PM
Share:

Umwanditsi:

Habyarimana Charles wakoze 'Zirara zishya' agiye kugarukana umwihariko muri Cinema

Habyarimana Charles watunganyije filime zakunzwe cyane nka 'Zirara zishya' yatangaje ko nyuma y'igihe atagaragara muri cinema agiye gutangira kwandika filime zizitsa cyane ku buzima bw'igihugu, cyane cyane amateka abantu bakwiriye kumenya ndetse n'umuco.

Uyu mugabo wagize uruhare rukomeye mu kuzamura amazina y'abarimo 'Kanyombya', 'Samusure', 'Nzovu' n'andi avuga ko nyuma yo gushyira hanze ziriya filime, yabaye nk'ufata ikiruhuko ahanini bitewe n'uko ibihangano bye byacurazwaga n'abandi bantu inyungu ntimugereho.

Mu kiganiro na InyaRwanda, yavuze ko kuba yarakurikiranye amasomo ashamikiye ku buhanzi ndetse n'icungamutungo biri mu mpamvu zagiye zituma filime ze azikorera ahantu hatamusabaga gutanga amafaranga menshi.

Yavuze ko mu 2012 yakoze filime agwa mu gihombo ahanini bitewe n'uko hari abantu badutse bagacuruza filime ze mu buryo bwinshi bituma nta faranga akuramo.

Ati "Byatumye duhomba. Njyewe rero muri ya mibare yanjye ndavuga nti ntabwo ngiye gukomeza gukora filime mpomba ndahagarika "Sinzi imyaka ariko hashize igihe kirekire."

Habyarimana yavuze ko yagize igihombo, ku buryo byageze n'aho akora ku mafaranga y'inyungu yari yakuze mu zindi filime kugira ngo atunganye filime yarimo akora.

Ati "Ibyo ni byo byatumye mvuga nti reka tube turetse turebe aho bigana, ariko ntabwo ngiye gukomeza gukora filime ngamije kwishimisha. Kandi nanone si ngiye gufata umutungo w'umuryango ngo nkoremo filime, mu rugo ntagisubiramo."

Hejuru y'ibi ariko anavuga ko bamwe mu bakinnyi be b'imena barimo nka 'Samusure', 'Sekaganda', 'Kanyombya' n'abandi bari batangiye gukorana n'ikindi kigo bituma atongera kubabona nk'uko byari bisanzwe.

Ibi byanatumye ajya mu nkiko atangira kuburana asaba ko kiriya kigo cyamwishyura, kuko cyakoresheje abakinnyi n'amazina be kandi nta burenganzira yabitangiye.

Urubanza rwashyizweho akadomo mu ntangiriro z'uyu mwaka wa 2024, rurangira Habyarimana atsinze, ahabwa indishyi ishyitse.

Habyarimana yavuze ko n'ubwo bimeze gutya, ntiyahisemo guheranwa n'ibibazo ahubwo muri iki gihe yatangiye kugira inyota yo kwandika ku mateka y'u Rwanda, ari nazo filime ashaka gukoraho muri iki gihe.

Ni filime avuga ko zirimo izigaruka ku mateka y’urugamba rwo kubohora u Rwanda, Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 n’ibindi.

Ati "Mfite inyota yo kwandika filime zivuga amateka, urugamba rwo kubohoza igihugu kuko narubayemo ni ibintu nabayemo numva kubyandika byanyorohera. Kuri Jenoside yakorewe Abatutsi uziko dufitemo ibintu byinshi dukwiye kubwira isi, ibyo bintu uko ari bitatu numva mfite inyota yo kubikoraho filime."

Habyarimana Charles yavuze ko nyuma y'amezi atandatu ari bwo azatangira kwandika izi filime n'ubwo atazi neza igihe agomba kuzazishyiriraho hanze.

Uyu mugabo yashyize itafari kuri Cinema Nyarwanda mu gihe cy’imyaka 30 ishize, kandi asobanura ko yabikoze kubera ko ari ibintu yakundaga kuva akiri muto.

Yabaye umwanditsi w’ikinamico zatambutse igihe kinini kuri Radio Rwanda nka ‘Inkuracyobo y’Amaraso’. Ariko izina rye ryavuzwe cyane mu itangazamakuru no muri Cinema nyuma y’uko yanditse filime nka ‘Ntawe umenya aho bwira ageze’ yakoze atewe inkunga n’icyahoze ari ikigo cy’igihugu cy’ubwiteganyirize (Caisse sociale).

Iyi filime yashyize ku isoko abakinnyi ba filime bakomeye muri iki gihe mu Rwanda barimo nka ‘Kanyombya’ wabiciye bigacika ku mbuga nkoranyambaga muri iki gihe, ‘Nyirankende’, ‘Kanuma’, ‘Samusure’, ‘Nyirakimonyo’, ‘Nyagahene’, ‘Nyirakanyana’ n’abandi banyuranye.

Ni filime yari igizwe n’ibice birenga 50 yatambukaga kuri Televiziyo Rwanda mu myaka ya 2003, ndetse benshi bagiye bayihererekanya binyuze kuri CD n’ibindi bikoresho by’ikoranabuhanga byari bigezweho muri kiriya gihe- Nawe avuga ko iyi filime yahinduye ubuzima bwe.


Habyarimana Charles yatangaje ko agiye kugaruka muri Cinema nyuma y’igihe afashe ikiruhuko kubera igihombo


Habyarimana Charles yavuze ko agiye kwandika filime zivuga ku rugamba rwo kubohora Igihugu ndetse no kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

KANDA HANO UREBE IKIGANIRO CYIHARIYE TWAGIRANYE NA HABYARIMANA CHARLES

">

KANDA HANO UREBE KIMWE MU BICE BYA FILIME 'ZIRARA ZISHYA' YA HABYARIMANA CHARLES YAMAMAYE CYANE

">


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...