Habuze umuhanzi nyarwanda wipima Sitade Amahoro?

Imyidagaduro - 12/05/2026 9:59 AM
Share:

Umwanditsi:

Habuze umuhanzi nyarwanda wipima Sitade Amahoro?

Hari ibintu bimwe igihugu kigira bikarenga kuba inyubako zisanzwe, bikaba ibimenyetso by’icyizere, iterambere n’inzozi z’igihe kizaza. Mu Rwanda, Sitade Amahoro iri muri ibyo bikorwa remezo abantu bareba bakumva ko hari urwego igihugu kigezeho.

Ku mugoroba wo ku wa Gatandatu tariki ya 15 Kamena 2024, abantu ibihumbi n’ibihumbi binjiye bwa mbere muri Sitade Amahoro nshya. Hari ibyishimo, amatsiko, amafoto n’amashusho byuzuye ku mbuga nkoranyambaga.

Hari n’umuvundo ku miryango imwe n’imwe, ikimenyetso cy’uko Abanyarwanda bari banyotewe kubona icyo igihugu cyari kimaze imyaka ibiri cyubaka.

Icyo gikorwa cyiswe “Ihuriro mu Mahoro” cyahuje umukino ukomeye wa Rayon Sports na APR FC, amakipe ahora atera impaka n’ishyaka mu bakunzi b’umupira w’amaguru.

Nubwo umukino warangiye ari ubusa ku busa, benshi bavaga muri stade bavuga ikindi kintu: uburyo Sitade Amahoro yahindutse ikimenyetso gishya cy’u Rwanda rwifuza kwiyereka Isi.

Amatike yari yashize mbere y’umunsi umwe ngo igikorwa kibe. Abantu bari bishyuye hagati ya 1,000 Frw na 10,000 Frw bari bamaze kuyagura yose, hasigaye ayo mu myanya y’icyubahiro gusa yaguraga 125,000 Frw.

Byari ikimenyetso cy’uko ubushobozi bwo kuzuza iyi stade buhari, ikibazo gisigaye kikaba icyo kumenya niba hari uwakwiyemeza kuyikoreramo igitaramo.

Sitade Amahoro ifite ubushobozi bwo kwakira abantu 45,000. Ni umubare munini ku gihugu nk’u Rwanda, ariko si umubare udashoboka.

By’umwihariko mu gihe igihugu gifite urubyiruko rukunze imyidagaduro, imbuga nkoranyambaga zongereye imbaraga z’abahanzi, ndetse n’ikorwa ry’ibitaramo rikaba rimaze kugera ku rwego rwo hejuru.

Nyamara kugeza ubu, nta muhanzi nyarwanda uragira ubutwari bwo gutangaza igitaramo cye muri iyi stade.

Hari abagiye babyemera, ariko bagahagarara hagati. Mbere y’uko The Ben na Bruce Melodie bahurira mu gitaramo cya BK Arena ku wa 1 Mutarama 2026, amakuru yavugaga ko batekereje gukora icyo gitaramo muri Sitade Amahoro.

Byaravuzwe cyane, abantu barabikunda, ariko ku munota wa nyuma bahisemo BK Arena.

Ni icyemezo bamwe bumvise nk’ubwitonzi bwo kwirinda igihombo, abandi bakibona nk’ikimenyetso cy’uko n’abahanzi bakomeye mu Rwanda bagifite ubwoba bwo gupima ubushobozi bwabo kuri urwo rwego.

Mu myaka mike ishize, BK Arena yabaye nk’igipimo cy’ubukaka bw’umuhanzi nyarwanda.

Uwabashaga kuyuzuza yahitaga afatwa nk’uwageze ku rwego rwo hejuru. Ariko uko ibitaramo bikomeje kugenda neza, ikibazo cyatangiye guhinduka: Ese niba BK Arena isigaye iba nto, kuki Sitade Amahoro itatekerezwaho?

Izina rikunze kugaruka cyane muri iki kiganiro ni irya Israel Mbonyi.

Mu bihe bitandukanye, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yagiye asaba uyu muhanzi gukorera ibitaramo bye bya Noheli muri Sitade Amahoro. Yabivuze nyuma y’uko “Icyambu Live Concert” ikomeje kugaragaza ubwitabire budasanzwe muri BK Arena.

Mu Ukwakira 2024, nyuma y’amashusho ya Israel Mbonyi ateguza igitaramo cya “Icyambu Live Concert Season 3”, Amb. Nduhungirehe yanditse kuri X ko BK Arena itakijyanye n’ingano y’abafana b’uyu muhanzi.

Yagize ati: “Nakugira inama isumba izindi yo gukorera igitaramo kuri Stade Amahoro. BK Arena ntabwo igifite ubushobozi bwo kwakira abafana bawe bose.”

Aya magambo yavuzwe nk’adasanzwe, kuko aturutse ku muyobozi, ariko kandi agaragaza ikintu abantu benshi bamaze igihe batekereza: hari abahanzi bafite abafana bahagije, ikibazo kikaba icyemezo cyo gutinyuka.

Israel Mbonyi si we wenyine ugarukwaho muri iyi ngingo. Muri iyi minsi, King James nawe ari mu bahanzi bari gutuma abantu bongera gutekereza kuri Sitade Amahoro.

Igitaramo cye giteganyijwe ku wa 1 Kanama 2026 muri BK Arena cyateje impaka nyuma y’uko amatike yatangiye gushira kare. Hari abafana bahise batangira kumusaba gukora igitaramo cya kabiri cyangwa kwimukira muri Sitade Amahoro.

Ni ibintu byakomeje no kugera mu nzego za Leta. Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo, Amb. Uwihanganye Jean de Dieu, yavuze ko igihugu kidakwiye guhora cyubaka ibikorwa remezo gusa, ahubwo ko bikwiye no gukoreshwa.

Mu magambo yavuze ari mu gitaramo cya Gen-Z Comedy, yasabye kubona umunsi umwe umuhanzi nyarwanda yuzuza Sitade Amahoro.

Yavuze ati: “iriya Sitade Amahoro twubatse utivuna, kiriya gikorwaremezo twubatse kituvuna, turashaka umuhanzi umwe uzayuzuza wenyine w'u Rwanda, tuzamushyigikira. King James ibitaramo bye bimaze iminsi itatu yatwimurira muri Sitade Amahoro.”

Aya magambo asa n’ahindura iki kibazo kikava ku bahanzi gusa, kikajya no ku ruganda rw’imyidagaduro muri rusange.

Kuko kuzuza Sitade Amahoro si impano y’umuhanzi wenyine. Bisaba gutegura neza, kwamamaza ku rwego rwo hejuru, abafatanyabikorwa bafite icyizere, ndetse n’abafana bafite umuco wo kugura amatike hakiri kare.

Hari n’ikindi kibazo abantu batavuga cyane: igihombo.

Gutegura igitaramo muri stade nini bisaba amafaranga menshi cyane. Hari ikibazo cy’amajwi, amatara, abakozi, ubwishingizi, ndetse no gutinyuka gushyira amafaranga menshi mu kintu utazi neza niba kizakora.

Ni yo mpamvu bamwe mu bahanzi bashobora kuba bafite abafana bahagije, ariko bagahitamo gukomeza gukorera muri BK Arena cyangwa muri Kigali Universe aho gushyira ubuzima bwabo bwose mu igerageza rimwe.

Ariko kandi amateka y’imyidagaduro agaragaza ko hari igihe umuntu umwe afata icyemezo kigahindura byose.

Muri Nigeria, Afurika y’Epfo cyangwa Tanzania, hari abahanzi bagiye batera intambwe abantu bakekaga ko itashoboka, nyuma bikarangira bibaye ibisanzwe. Iyo hari umwe ubikoze neza, abandi bahita babona ko bishoboka.

Mu Rwanda naho, birashoboka ko ikibazo atari ukubura umuhanzi ushobora kuzuza Sitade Amahoro, ahubwo ari ukubura uwemera gufata iya mbere (risk) mbere y’abandi.

Kuko uko imyaka igenda ishira, BK Arena nayo ishobora kuzagera aho iba nto ku rwego rw’imyidagaduro nyarwanda. Icyo gihe, Sitade Amahoro izaba itagifite amahitamo menshi yo gukomeza kuba ahabera umupira gusa.

Ahari ikibazo nyakuri si “umuhanzi wabura abafana”, ahubwo ni “uwaba afite ubutwari bwo kwipima.”


BK Arena ishobora kuba isigaye ari intangiriro! Abahanzi nyarwanda bakomeje kwerekana ubushobozi bwo kuzuza ibitaramo, ariko ikibazo gikomeje kuba kimwe: ni nde uzaba uwa mbere wo kwipima Sitade Amahoro yakira abantu 45,000



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...