Habonetse Umunyarwanda wa mbere ugiye gukina UEFA Champions League

Imikino - 26/08/2026 6:38 AM
Share:

Umwanditsi:

Habonetse Umunyarwanda wa mbere ugiye gukina UEFA Champions League

Rutahizamu w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, Amavubi, Joy-Lance Mickels, yanditse amateka mashya nyuma yo gufasha Sabah FK yo muri Azerbaijan gukatisha itike yo gukomeza mu irushanwa rya UEFA Champions League 2026/27.

Mickels yabaye Umunyarwanda wa mbere ugeze ku rwego rwo gukina imikino ya Leage mu gushaka itike ya 1/8  cya UEFA Champions League, nyuma yo gufasha Sabah FK gusezerera Hapoel Be’er Sheva yo muri Israel.

Mu mukino wo kwishyura wabaye kuri uyu wa Kabiri tariki ya  25 Kanama 2026, Sabah FK yatsinze Hapoel Be’er Sheva ibitego 5-2, iyisezerera ku giteranyo cy’ibitego 6-4 mu mikino yombi.

Sabah FK yari ifite akazi katoroshye kuko mu mukino ubanza yari yatsinzwe na Hapoel Be’er Sheva ibitego 2-1, bivuze ko yagombaga gutsinda nibura ibitego bibiri kugira ngo ikomeze.

Hapoel Be’er Sheva ni yo yatangiye neza umukino, ubwo Igor Zlatanovic yafunguraga amazamu ku munota wa 10. Sabah FK yashatse igisubizo, maze Christian Nwachukwu atsinda igitego cyo kwishyura mbere y’uko amakipe yombi ajya mu kiruhuko anganya 1-1.

Mu gice cya kabiri, Guy Mizrahi yongeye gushyira Hapoel Be’er Sheva imbere ku munota wa 61 atsinda igitego ariko Sabah FK ntiyacika intege. Ku munota wa 74, Umarali Rakhmonaliev yatsinze igitego cya kabiri cya Sabah FK.

Tellur Mutallimov wari winjiye mu kibuga asimbuye, yaje gutsindira Sabah FK igitego cya gatatu ku munota wa 90+5, bituma umukino urangira Sabah FK itsinze 3-2, ariko amakipe yombi anganya ibitego 3-3 mu mikino yombi.

Ibyo byatumye hongerwaho iminota 30 y’inyongera kugira ngo haboneke ikipe ikomeza.

Sabah FK ni yo yakomeje gusatira, maze Patrick Orphe ayitsindira igitego cya kane ku munota wa 101. Ku munota wa 115, Joy-Lance Mickels na we yaje gushyiramo akadomo ku ntsinzi yayo, atsinda igitego cya gatanu.

Umukino warangiye Sabah FK itsinze Hapoel Be’er Sheva ibitego 5-2, iyisezerera ku giteranyo cy’ibitego 6-4.

Gutsinda uyu mukino byahesheje Sabah FK gukomeza mu cyiciro gikurikiyeho cyo gushaka itike ya UEFA Champions League 2026/27, aho iyi kipe yifuza kugera mu cyiciro cya mbere cy’irushanwa ku nshuro ya mbere mu mateka yayo.

Mickels, usanzwe ari umwe mu bakinnyi bagize Amavubi, yahise yandika amateka akomeye kuko ari we Munyarwanda wa mbere ugiye gukina imikino ya League ya UEFA Champions League.

Tombola izagaragaza uko amakipe azahura muri iki cyiciro iteganyijwe ku wa Kane, tariki ya 27 Kanama 2026, i Monaco mu Bufaransa.

Uburyo bushya bwa Champions League

Kuva mu mwaka w’imikino wa 2024/25, UEFA yahinduye imiterere ya Champions League, amakipe yiyongera ava kuri 32 agera kuri 36. 

Muri ubu buryo bushya, buri kipe ikina imikino umunani mu cyiciro cya mbere, ine mu rugo n’ine hanze, ihura n’amakipe umunani atandukanye.

Amakipe umunani aza ku myanya ya mbere ahita abona itike yo gukina imikino ya ⅛, mu gihe amakipe arangiza hagati y’umwanya wa cyenda n’uwa 24 akina imikino ya kamarampaka kugira ngo haboneke andi makipe umunani yuzuza 16 azakina ⅛.

Amakipe arangiza kuva ku mwanya wa 25 kugeza ku wa 36 ahita asezererwa muri Champions League.


Joy-Lance Mickels yanditse amateka mashya yo kuba Umunyarwanda wa mbere ugiye gukina UEFA Champions League 


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...