Ni
umubano umaze imyaka myinshi, watangiye bahurira mu mishinga itandukanye ya
sinema, kandi kugeza n'ubu ukomeje gutanga umusaruro, aho bombi bakomeje kuba
bamwe mu bafite izina rikomeye muri sinema nyarwanda.
Mu
kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Miss Nyambo yavuze ko kimwe mu byatumye
umubano we na Killaman uramba ari uko buri wese yubaha akazi ka mugenzi we,
ndetse hakabaho no kuganira igihe habaye impinduka cyangwa hari icyemezo
kigomba gufatwa.
Ati:
"Yagize uruhare runini cyane. Kuko njyewe twatangiye gukorana nkiri
gutangira gukina filime muri The Message. Ndatekereza ko ari muri 2023, niba
atari muri Kanama 2022, hagati aho ngaho. Kuva icyo gihe turacyari kumwe,
ntiturashwana."
Yakomeje
avuga ko mu buzima bwe atibuka na rimwe kuba yarigeze agirana amakimbirane na
Killaman, ibintu abona bishingiye ku buryo bombi bubahana kandi bakubahiriza
inshingano za buri wese.
Ati:
"Si ndibona mu buzima bwanjye mbwirana nabi na Killaman. Kwa kundi abantu
bakorana bagashwana, njye ntekereza ko impamvu tutarashwana cyangwa
tutaragirana ikibazo ari uko buri wese aha agaciro akazi k'undi. Hashobora
kubaho impinduka, ukabimumenyesha."
Uyu
mukinnyi wa filime yavuze ko uretse kubahana mu kazi, hagati yabo harimo
n'ubucuti bukomeye bwatumye imyaka ishira undi akomeza kuba hafi y'undi.
Ati:
"Hagati yanjye na we harimo kubahana. Buri wese yubaha akazi k'undi kandi
harimo n'ubushuti bwimbitse cyane."
Miss
Nyambo ntiyahishe ko Killaman ari umwe mu bantu bagize uruhare rukomeye mu
iterambere rye muri sinema, yaba mu gukina, mu kwandika inkuru no kumufasha
kurushaho gusobanukirwa umwuga.
Yavuze
ko kuba yarahuriye na we akiri mushya muri sinema byamubereye amahirwe akomeye,
kuko yamwigishije byinshi byatumye agenda yiyubaka nk'umukinnyi ndetse
n'umwanditsi.
Ati:
"Killaman ni umuhanga. Nta kintu na kimwe wamuha gukina ngo kimunanire.
Umuntu nk'uwo umwigiraho ibintu byinshi, yaba mu mukinire no mu myandikire kuko
na we aba yandika. Kuba yaratangiye mbere yawe aba akurusha ubumenyi, rero hari
byinshi umwandikiraho. Navuga ko yigisha benshi."
Ibi
byongera gushimangira ko umubano wabo utashingiye gusa ku gukorana, ahubwo ko
unashingiye ku gusangizanya ubumenyi no gufashanya mu rugendo rwabo rwa sinema.
Nyambo
na Killaman bamaze igihe bakorana mu mishinga itandukanye ya sinema, harimo
filime nka The Message, Amaraso Yanjye n'izindi zagiye zikundwa n'abakunzi ba
sinema nyarwanda.
Bombi
si abakinnyi ba filime gusa, ahubwo banandika inkuru zazo ndetse bakagira
uruhare mu gutunganya imishinga itandukanye, ibintu byatumye bubaka izina
rikomeye mu ruganda rwa sinema mu Rwanda.
Nyambo
amaze imyaka irenga itanu akora sinema, mu gihe Killaman we amaze imyaka irenga
irindwi ari muri uru ruganda.
Nubwo
amaze kubaka izina rikomeye muri sinema nyarwanda, Miss Nyambo avuga ko adafata
uyu mwuga nk'ubucuruzi bugamije amafaranga gusa.
Avuga
ko sinema ari umwuga ushingiye ku ntego no ku rukundo umuntu aba ayifitiye,
kuko hari ibihe ushobora kunguka, ariko hari n'ubwo ushobora guhomba. Kuri we,
icy'ingenzi ni ugukomeza gukora ibintu bifite ireme no gutanga umusanzu mu
iterambere rya sinema nyarwanda.
Uyu
mukobwa usibye gukina filime, ni n'umwanditsi wazo ndetse akaba n'umushoramari,
ibintu byatumye aba umwe mu bagore bafite ijambo rikomeye mu ruganda rwa sinema
mu Rwanda.
Ku
rundi ruhande, Niyonshuti Yannick, uzwi nka Killaman cyangwa Killaman Major Daddy,
ni umwe mu bakinnyi n'abanditsi ba filime bafite ubunararibonye, wamamaye cyane
binyuze muri filime zinyuranye zinyuzwa ku rubuga rwa YouTube.
Mu
rugendo rwe, yanegukanye igihembo cya Best Actor mu bakinnyi ba filime
z'uruhererekane zinyuzwa kuri YouTube, ibintu byamushimangiye nk'umwe mu bafite
impano ikomeye muri sinema nyarwanda.
Uyu munsi, Nyambo asanga kuba amaze imyaka myinshi akorana na Killaman nta makimbirane arimo, ari isomo rikomeye ku bantu bose bakorana. Avuga ko kubahana, kuvugana no guha agaciro akazi ka mugenzi wawe ari byo bituma umubano uramba, ndetse bigafasha n'imishinga gukomeza gutera imbere.

Nyambo yatangaje ko imikoranire ye na Killaman yatumye yaguka mu iterambere rye rya Cinema

Nyambo
yavuze ko yatangiye gukorana na Killaman kuva kuri filime ‘The Message’
KANDA HANO UBASHE KUREBA IKIGANIRO TWAGIRANYE NA MISS NYAMBO
