Ibi
byabereye mu gitaramo gikomeye cyiswe “Diamond Platnumz Experience” cyabereye
muri ‘Parking’ ya BK Arena, aho uyu muhanzi wo muri Tanzania yari amaze isaha
n’iminota 17’ asusurutsa Abanyarwanda bari bamwakiranye urukumbuzi rwinshi
nyuma y’imyaka hafi itatu adarataramira mu Rwanda.
Amakuru
agaragaza ko impamvu nyamukuru yatumye ibyuma bizimwa ari uko amasaha yari
yemewe yo gusoza igitaramo yari yamaze kugera, ndetse Diamond akaba yari amaze
no kurenza iminota yari yahawe kuri gahunda y’igitaramo.
Diamond yinjiye
saa 00: 45’ atangirana na ‘Pom Pom’
Byari
saa sita z’ijoro n’iminota 55’ ubwo urusaku rw’ibyishimo rwuzuraga muri Parking
ya BK Arena. Mu myambaro y’umweru, Diamond Platnumz yinjiye ku rubyiniro
aririmba amagambo agira ati ‘Niwemera Pom Pom’ ahita atangiza indirimbo ‘Pom
Pom’ yakoranye n’umuhanzi nyarwanda Bruce Melodie.
Ni
indirimbo yakiriwe n’amashyi menshi, kuko yahise yibutsa benshi umubano
w’umuziki umaze imyaka hagati ya Diamond n’abahanzi bo mu Rwanda.
Ubwo
yari akimara kuyinjiramo, abafana bose bari bamaze guhaguruka, bamwe baririmba
buri jambo ryayo, abandi babyina mu byishimo byo kongera kumubona i Kigali.
Diamond
yakurikirijeho ‘Komasava’, imwe mu ndirimbo ze zakunzwe cyane kuva yasohoka mu
2024, ibintu byatumye umurindi w’igitaramo urushaho kuzamuka.
Mu
gihe igitaramo cyakomezaga, Diamond yahinduye injyana yinjira mu ndirimbo
zakunzwe mu bice bitandukanye bya Afurika. Indirimbo ‘Waah’, yakoranye
n’icyamamare Koffi Olomide, ni imwe mu zabyinishije cyane abari bitabiriye iki
gitaramo.
Iyi
ndirimbo imaze imyaka itanu isohotse, ariko urukundo abafana ba Diamond
bayifitiye ntirwagabanutse. No ku rubuga rwa YouTube imaze kurebwa inshuro
zirenga miliyoni 201, ibintu bikomeza kuyigaragaza nk’imwe mu ndirimbo zikomeye
zakozwe n’uyu muhanzi.
Nyuma
yayo, Diamond yageze kuri ‘Inama’, indirimbo yakoranye na Fally Ipupa. Aha bwo
abafana barushijeho kumufasha kuririmba no kubyina, ku buryo urubyiniro n’abari
barukikije byari byahindutse nk’ahantu hamwe hahurijwe umuziki n’ibyishimo.
Muri
rusange, buri ndirimbo yasohokaga yasubizwaga n’amajwi y’abafana, bigaragaza ko
uyu muhanzi yari akumbuwe cyane mu Rwanda, dore ko aheruka kuhataramira mu
Ukwakira 2023.
Isaha n’iminota 17
by’akataraboneka, ariko amasaha yari yamaze kugera
Diamond
Platnumz yamaze ku rubyiniro isaha imwe n’iminota 17, kuva saa 00:45 kugeza saa
02:02 z’ijoro. Uko igitaramo cyagendaga kirushaho kuryoha ni ko nawe yakomezaga
kugaragaza ko atifuza guhita ava ku rubyiniro.
Amakuru
y’ibanze avuga ko gahunda yari yateguwe yateganyaga ko Diamond asoza kuririmba saa
saba n’iminota 45 z’ijoro (01:45 AM).
Nyamara
kubera uburyo yari yakiriwe n’urukumbuzi rw’abafana, yakomeje kuririmba arenza
ayo masaha.
Ubwo
amasaha yegerezaga saa munani, Diamond ubwe yakomeje gusaba abafana
kumwihanganira bakamuha iminota mike.
Mu
magambo ye, yumvikanishaga ko ibitaramo bye asanzwe akora mu buryo bumara igihe
kirekire, rimwe na rimwe bikageza no mu masaha ya mu gitondo.
Icyakora,
ibyo ntibyahinduye gahunda yari yashyizweho. Saa munani n’umunota umwe z’ijoro,
Diamond yari akiri ku rubyiniro, hanyuma saa munani n’iminota ibiri (02:02 AM),
ibyuma by’umuziki birazimywa kugira ngo igitaramo gisozwe.
Mu
yandi magambo, Diamond yari amaze kurenza iminota 17 ku masaha yari yahawe yo
gusoza igitaramo.
Diamond
yinjiye saa 00:45, gahunda yari iteganya ko asoza saa 01:45, ariko ibyuma
byazimijwe saa 02:02 amaze kurenza iminota 17.
Ubwo
ibyuma byari bimaze kuzima, ntabwo byasobanuraga ko igitaramo cyahindutse
akajagari. Ahubwo Diamond yahise afata umwanya wo gusezera ku bafana be mu
buryo bwuje amarangamutima.
Yavuye
ku rubyiniro acaniwe n’amatara y’amatoroshi n’ababyinnyi be, mu gihe abafana
bakomezaga kumuririmbira.
Ni
amashusho yasize benshi bishimira uburyo igitaramo cyari cyagenze, nubwo
cyasojwe mu buryo bwatunguranye kubera ko amasaha yari yemewe yari ageze.
Kuki ibyuma
byazimijwe?
Kuba
Diamond Platnumz yarakomeje kuririmba kugeza saa munani n’iminota 2 z’ijoro, mu
gihe gahunda yari yateganyije ko asoza saa saba n’iminota 45, byatumye ibyuma
by’umuziki bizimwa kugira ngo igitaramo gisozwe.
Ibi
bibaye mu gihe mu Rwanda hari amabwiriza agenga amasaha ibikorwa by’imyidagaduro,
birimo ibitaramo, utubari n’utubyiniriro, bigomba gufungiraho.
Aya
mabwiriza ateganya ko kuva ku wa Mbere kugeza ku wa Kane, ibikorwa
by’imyidagaduro bigomba kuba byafunze bitarenze saa saba z’ijoro (01:00 AM), mu
gihe ku wa Gatanu, ku wa Gatandatu no ku Cyumweru, amasaha yo gufunga agera saa
munani z’ijoro (02:00 AM).
Ku
rundi ruhande, utubari n’inzu z’imyidagaduro byemerewe gutangira ibikorwa
guhera saa kumi n’imwe za mu gitondo (05:00 AM).
Icyakora,
ku bitaramo bidasanzwe cyangwa ibikorwa bikomeye by’imyidagaduro bitegurwa
bikabera mu Rwanda, ababitegura bashobora guhabwa uruhushya rwihariye rwo
kongera amasaha yo gukomeza igikorwa, bitewe n’imiterere yacyo.
Ni
muri urwo rwego, kuba Diamond yari akiri ku rubyiniro nyuma ya saa saba
n’iminota 45 byari biteganyijwe ko asoza, bishobora gusobanura impamvu yagejeje
ku isaha ya saa munani n’iminota 2, mbere y’uko ibyuma bizimwa.
Aya
mabwiriza kandi ntagarukira ku gihe ibitaramo bigomba kurangirira. Ahantu
habera ibitaramo cyangwa ibikorwa by’imyidagaduro hasabwa kuba hubatse ku buryo
bwagabanya urusaku rwasohoka rukabangamira abaturage baturanye, binyuze mu
buryo bwo gukumira urusaku (soundproofing).
Hari
kandi amabwiriza arebana n’abanywa ibisindisha. Ba nyiri utubari, ibitaramo
n’ibindi bikorwa by’imyidagaduro bafite inshingano zo kutagurisha cyangwa guha
ibisindisha umuntu utarageza ku myaka 18.
Abacuruzi
basabwa kandi gusaba umukiriya indangamuntu igihe cyose bafite impungenge
cyangwa gushidikanya ku myaka ye, kugira ngo birinde guha ibisindisha umwana.
Ikindi
gikomeye, ba nyiri utubari n’abategura ibitaramo babujijwe guha cyangwa
kugurisha inzoga umuntu ugaragaza ibimenyetso byo kuba yasinze cyane.
Iyi
ngingo igaragaza ko amabwiriza agenga imyidagaduro mu Rwanda atagamije gusa
kugena igihe ibitaramo birangirira, ahubwo anagamije kurinda umutekano n’ituze
by’abitabira ibikorwa by’imyidagaduro ndetse n’abaturage babituriye.

Kuri
Diamond Platnumz, nyuma y’iminota 17 yari amaze kurenza ku gihe yari
yateganyijweho cyo gusoza, ibyuma byaje kuzima saa munani n’iminota 2, bituma
asezera ku bafana be, avuye ku rubyiniro acaniwe amatoroshi ari kumwe
n’ababyinnyi be.
VIDEO: Melvin Pro/ InyaRwanda
