Gutoranya abakinnyi ba filime AYO MU MURWA byagenze neza : Fils Jean Luc HABYARIMANA.

- 22/07/2012 12:00 AM
Share:

Umwanditsi:

Gutoranya abakinnyi ba filime AYO MU MURWA byagenze neza :  Fils Jean Luc HABYARIMANA.

Kuri uyu wagatandatu muri JOC guhera i saa tatu za mugitondo nibwo abakinnyi bagera ku ijana batoranyijwe (casting) kuzakina muri filimi yitwa AYO MU MURWA. 

eric ngabo

Mu guhitamo abakinnyi babanzaga gufata imyirondora y'abakinnyi.

ERIC NGABO

Fils Jean Luc HABYARIMANA wateguye iyi film wari unayoboye igikorwa cyo gutoranya abakinnyi, yadutangarije ko iki gikorwa cyagenze neza kuruta uko yabiteganyaga kuko cyabashije kwitabirwa n’abantu b’ingeri zose kandi kikanarangira kare.

ERIC NGABO

Umuhanzi Dereck mu igeragezwa.

Mu magamo ye yagize ati: “ Bitandukanye ho gato n’uko nabiteganyaga, ibyabaye ni byo nabonye byari byiza kuko twakiriye abantu dufitiye ubushobozi.” yakomeje avuga ko ibizavamo bizatangazwa nyuma y’ukwezi kumwe.

ERIC NGABO

Abatangaga amanota ku bakinnyi.

Arthur nk’umwe mu batangaga amanota  yavuze ko nta marangamutima yagendeweho. Ati: “Ntitwigeze duhamagara umuntu ku giti cye ahubwo twahamagaye buri muntu wese wunva abishoboye.”

ERIC NGABO

Ngarambe wo mu ikinamico Urunana na we ni umwe mu bakinnyi bashaka kujya muri iyi filimi.

Film Ayo mu murwa, Jean Luc yayanditse akurikije ibyo abona bibera muri Kigali ari naho yakuye iri zina. Iyi filimi igamije kwerekana ibibera mu ngo cyane cyane izo mu mujyi wa Kigali hitawe ku buryo abana n’ababyeyi babo baba bafite inzozi zitandukanye bitewe n’imyunvire yabo kubera imyaka bafite n’ikigero bagezemo.  

MC ARTHUR

MC Arthur yifashishijwe mu guhitamo abakinnyi kuri uyu munsi.

ERIC NGABO

Nyina w'umuhanzi Eddy Mico mu gikorwa cyo guhitamo abakinnyi.

Jules Sentore

Umuhanzi Jules Sentore na we yari yaje guhatanira gukina muri iyi filimi.

Eric N.Rubangura.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...