Gutaramira muri Hotel yabiretse! Rukotana nyuma Album yateguje ibitaramo bya gakondo

Imyidagaduro - 23/09/2025 10:52 AM
Share:

Umwanditsi:

Gutaramira muri Hotel yabiretse! Rukotana nyuma Album yateguje ibitaramo bya gakondo

Umuhanzi mu njyana gakondo, Victor Rukotana, yatangaje gahunda nshya y’uko agiye kujya akora ibitaramo bya gakondo bigamije gususurutsa abakunzi b’umuziki we ndetse n’abafite inyota yo gusabana n’umurage nyarwanda.

Rukotana, wamamaye mu bihangano byuje umuco n’indangagaciro nyarwanda, yari asanzwe aririmbira ahantu hatandukanye cyane cyane muri za hoteli.

Ariko kuri iyi nshuro yatangaje ko yahisemo kureka gutaramira muri hoteli ahubwo akajya ategura ibitaramo bye byihariye, abantu bakazajya bateranira hamwe bagasangira umuziki, bakiga ibisakuzo, bagaca imigani, ndetse bakibuka imigenzo ya kera.

Uyu muhanzi avuga ko intego ye ari ugutuma abanyarwanda n’inshuti zabo barushaho gukunda no gusigasira umuco nyarwanda, anabinyujije mu bitaramo bizajya biba buri kwezi.

Ati: “Nabanje gukorera ibitaramo muri Hoteli, ariko nasanze ibyo nkora bigomba kugira umwihariko, byatumye rero ndeka gutaramira muri Hoteli. Niyemeje gushyiraho ibitaramo byanjye, aho abantu bazajya bateranira hamwe tukaririmba indirimbo zanjye, tugasubira mu muco wacu. Ni umwanya wo gusabana no gususurutswa n’umuziki gakondo.”

Ibi abivuze mu gihe aherutse gusohora Album ye ya mbere yise Imararungu, irimo indirimbo nka: Umunyana, U Rwanda, Amatajye, Mpobera, Ku Muyange, Juru, Inyange, Hozana ndetse na Yampayinka.

Victor Rukotana amaze imyaka irindwi mu muziki, aho yagiye anashyira hanze ibindi bihangano byiganjemo indirimbo z’urukundo n’izindi zitandukanye zirimo Sweet Love, Promise, Warumagaye, Romance, Umubavu, Se Agapo, Love, na Kideyo.

Ibi bitaramo biteganyijwe bizaba urubuga rwo guhuza abakunzi b’umuziki n’umuco gakondo nyarwanda, ndetse bikazafasha uyu muhanzi gukomeza umurongo we wo gufatanya n’abanyarwanda gusigasira indangagaciro z’umuco. Ni ibitaramo avuga ko bizatangira mu Ukwakira 2025.

Rukotana yatangaje ko agiye gukora ibitaramo bya gakondo bigamije gusigasira umuco nyarwanda no gususurutsa abakunzi b’umuziki 

Rukotana yavuze ko yahagaritse ibitaramo yakoreraga muri hoteli, ahitamo gushyiraho ibye bwite byihariye 

Victor yemeje ko muri ibi bitaramo hazajya haba umwanya wo kuririmba indirimbo, kwiga indangagaciro za kinyarwanda n'ibindi 

Ibi bitaramo bigamije gutuma abanyarwanda barushaho gukunda umuco wabo no kuwusigasira binyuze mu muziki n’indi

KANDA HANO UBASHE KUMVA ALBUM ‘IMARARUNGU’ YA VICTOR RUKOTANA


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...