Ku Cyumweru tariki ya 22 Gashyantare 2026 ni bwo ikipe ya Rayon Sports yatsinze Mukura VS ibitego 2-1 mu mukino wo ku munsi wa 21 wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda ya 2025/2026. Ni ibitego bya Aziz Bassane ku munota wa 1 na Ramazani Tshimanga ku munota wa 45+1 mu gihe Mukura VS yo yatsindiwe na Joseph Sackey ku munota wa 77.
Nyuma y’umukino, umutoza wa Mukura VS, Nshimiyimana Canisius yavuze ko batsinzwe kubera ko habayemo ukuboko k’umusifuzi. Ati: ”Ni umukino utari woroshye, ni umukino twari twiteguye neza, ku mpande zose twari twiteguye, ariko iby’umupira ngira ngo ni ko bigenze nubwo ku ruhare rwanjye ntabyemera gutakaza amanota gutya 100% habayemo ukuboko k’umusifuzi ntabwo natinya kubivuga. Ntabwo njya nkunda kuvuga ku basifuzi ariko gutakaza aya manota harimo ukuboko gukomeye k’umusifuzi.”
Uyu mutoza yerekanye ko muri uyu mukino wasifuwe n’umusifuzi mpuzamahanga Uwikunda Samuel, hari ikosa ryakorewe Elia Tatou mu rubuga rw’amahina ariko ntihatangwa penariti, hakaba hari umupira Mutsinzi Patrick yahinduye mu rubuga rw’amahina maze Uwumukiza Obed akozaho intoki nabwo ntihatangwa penariti.
Ahandi avuga ko bibwe ni aho Elia Tatou yazamuye koroneri, Boateng Mensah ashyiraho umutwe umupira ujya mu izamu gusa umusufuzi asifura ko habayemo amakosa kandi atari byo.
Kugeza ubu Mukura VS iri ku mwanya wa 8 ku rutonde rwa shampiyona n’amanota 31 mu gihe Rayon Sports yo iri ku mwanya wa 5 n’amanota 35.
