Gusomanira kuri TikTok byatumye bakatirwa gukubitwa ibiboko mu ruhame

Urukundo - 03/07/2026 7:54 AM
Share:

Umwanditsi:

Gusomanira kuri TikTok byatumye bakatirwa gukubitwa ibiboko mu ruhame

Birazwi ko amategeko arusha ibuye kuremera, ariko hari amategeko amwe aba atangaje, ndetse atavugwaho rumwe. Icyakora ayo mategeko agomba kubahirizwa n’abo areba kugira ngo birinde ibihano n’izindi ngaruka. Muri Indonesia ho biratangaje cyane, umusore n’umukobwa bahaswe ibiboko kubera gusomanira kuri Live ya TikTok. Ushobora kubyumva nk’ibinyoma, ariko byabaye.

Umusore w'imyaka 22 n'umukobwa w'imyaka 25 bo mu Ntara ya Aceh muri Indonesia bahanishijwe ibiboko 21 kuri wbuese nyuma yo guhamwa n'icyaha cyo gusomana bari kuri TikTok Live, ibintu urukiko rushingiye ku mategeko ya Sharia rwafashe nk'icyaha cyo kurenga ku mahame agenga iyo ntara.

Iki gihano cyatanzwe ku munsi w’ejo, ku wa 2 Nyakanga 2026 mu mujyi wa Banda Aceh, ni ubwa mbere muri Aceh abantu bahanirwa ku mugaragaro kubera cyaha cyabereye ku mbuga nkoranyambaga.

Uwo musore n'uwo mukobwa bavugishije benshi nyuma y'uko amashusho yabo basomana bari mu modoka akwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga, bikarangira abaturage babimenyesheje Polisi ishinzwe kubahiriza amategeko ya Sharia.

Nyuma yo gutabwa muri yombi muri Mata 2026, bombi bagejejwe imbere y'urukiko rwa Sharia rwabahamije icyaha cyo kugaragaza ibikorwa by'urukundo hagati y'abatarashyingiranywe, rubakatira ibiboko 25 buri umwe. 

Icyakora, kubera ko bari bamaze amezi ane bafunzwe mbere y'urubanza, igihano cyagabanyijwe kigirwa ibiboko 21 kuri buri wese.

Igihano cyashyizwe mu bikorwa mu ruhame imbere y'abaturage bagera ku 100 bari bateraniye muri Bustanussalatin City Park i Banda Aceh. Abari bashinzwe kubakubita bari bambaye amakanzu n'ingofero zipfuka amasura, bakoresha inkoni, nk'uko bisanzwe bikorwa mu bihano biteganywa n'amategeko ya Sharia muri iyo ntara.

Urukiko rwategetse kandi ko telefone igendanwa n'igikoresho cya USB cyari kibitse amashusho ya TikTok Live yakoreshejwe nk'ibimenyetso mu rubanza bifatirwa, nyuma bikazashwanyaguzwa kugira ngo bitazongera gukoreshwa.

Intara ya Aceh ni yo yonyine muri Indonesia ikurikiza amategeko ya Sharia. Aya mategeko yemejwe n’urukiko gushyirwa mu bikorwa muri 2006 nyuma y'amasezerano yasozaga intambara yari imaze imyaka hagati ya leta n'abarwanyi bashakaga ubwigenge bw'iyo ntara.

Muri Aceh, amategeko ya Sharia abuza ibikorwa byose by'urukundo bikorwa n'abantu batarashyingiranwa, harimo gusomana, ndetse anahana ibindi byaha nk'ubusambanyi, kunywa inzoga, gukina urusimbi no gukora imibonano mpuzabitsina hagati y'abahuje ibitsina. Ku byaha bimwe na bimwe, igihano gishobora kugera ku biboko 100.

Kuri uyu munsi kandi aba bombi bahanwa, hari n'abandi bantu bane bahaswe ibiobko mu ruhame bazira ibyaha birimo gukina urusimbi hifashishijwe internet n'ubusambanyi.

Amakuru yatangajwe n’ikinyamakuru The Guardian avuga ko, iki gihano cyateje impaka ku rwego mpuzamahanga. Umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu wa Amnesty International Indonesia wagisobanuye nk'igikorwa cy'urugomo n'ihohoterwa rinyuranyije n'uburenganzira bwa muntu.

Umuyobozi wa Amnesty International Indonesia, Usman Hamid, yavuze ko nubwo gusomana kuri TikTok bishobora gufatwa nk'imyitwarire idakwiriye kubera ko bishobora kurebwa n'abantu b'ingeri zose zirimo n'abana, kudahanisha umuntu igifungo cyangwa kumuhata ibiboko ari byo byari bikwiye.

Amategeko ya Sharia akomeje gushyirwa mu bikorwa muri Aceh, ndetse n'impaka zikomeje kuba hagati y'abashyigikira ayo mategeko bavuga ko arengera indangagaciro z'idini, n'abaharanira uburenganzira bwa muntu bavuga ko ibihano nk'ibi bibangamira uburenganzira n'icyubahiro bya muntu.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...