Gukurira mu nkambi akayibyazamo igisubizo: Urugendo rwa Mondiant Nshimiyimana Dogon washinze ‘Mondiant Initiative’

Imyidagaduro - 19/06/2026 12:32 PM
Share:

Umwanditsi:

Gukurira mu nkambi akayibyazamo igisubizo: Urugendo rwa Mondiant Nshimiyimana Dogon washinze ‘Mondiant Initiative’

Mu nkambi ya Gihembe, ahantu ubusanzwe hashobora kugaragara nk’ahuzuye ibibazo n’imbogamizi, ni ho inkuru ya Mondiant Nshimiyimana Dogon yatangiriye. Uyu mugabo wakuriye mu buzima bw’impunzi, ntiyigeze yemera ko aho yavukiye cyangwa aho yakuriye ari ho hagomba gusobanura aho azagarukira mu buzima. Ahubwo, yahinduriye amateka ye icyerekezo, ahava nk’uwahawe amahirwe, agaruka nk’ugiye guha amahirwe abandi.

Uyu munsi, Mondiant Nshimiyimana Dogon azwi nk’umuyobozi wa Mondiant Initiative, umuryango umaze kuba ikiraro ku rubyiruko rw’impunzi n’abandi batishoboye bashaka amahirwe yo kwiga, kwiteza imbere no kugira uruhare mu miyoborere y’ejo hazaza.

Mondiant Nshimiyimana Dogon avuga ko n’ubwo ubuzima bwo mu nkambi butari bworoshye, bwamubereye ishuri rikomeye ry’ubuzima. Amahirwe yo kubona buruse yo gukomeza amashuri, akigira muri Kaminuza y’u Rwanda, hanyuma akazakomereza mu mahanga aho yakuye impamyabumenyi za Master’s na PhD muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ni byo byamufunguriye amaso.

Ariko nubwo yageze ku rwego rwo hejuru mu burezi, ntiyibagiwe inkomoko ye. Ahubwo, yahisemo kugaruka mu Rwanda kugira ngo ubumenyi yahawe budasigara mu bitekerezo bye gusa, ahubwo bugire uruhare mu guhindura ubuzima bw’abandi.

Avuga ati “Ntabwo byari byoroshye nk’uko ubivuga. Ndi umukomangani wagize amahirwe niga muri Kaminuza y’u Rwanda, nyuma njya kwiga muri Amerika ‘Master’s ndetse na ‘PhD’ ariko numvise icyiza ari uko nagaruka mu Rwanda, ibyo mfite nkabikoresha hano. Nkaha abanyarwanda akazi, nkaha akazi impunzi, rero ntekereza ko ari yo mpamvu turi gukora ibyo twerekanye uyu munsi, yaba inganda dufite, abanyeshuri mwabonye dufite n’ibindi.”

Impamvu yagarutse mu Rwanda

Imwe mu mpamvu zikomeye zituma avuga ko yagarutse, ni ibiganiro yagiranye na Perezida Paul Kagame. Ayo mahirwe yo guhura n’umukuru w’igihugu, yamuhaye icyizere n’umurongo mushya wo gutekereza ku hazaza he n’igihugu cye.

Ati “Hari abagera muri Amerika bakumva ko ari bwo buzima, ariko iyo ugezeyo ugiye kwiga ukabona ibyo wagiye kwiga ukabona ko wabikoresha aho ujya hose, niyo mpamvu navuze nti ubumenyi nabonye reka mbukoreshe mu Rwanda. Niyo mpamvu nagarutse aho nakuriye.”

Akomeza ati “Guhura no kuganira na Perezida Paul Kagame nibyo byatumye numva nashinga ‘Mondiant Initiative’. Ni umuntu wabaye muri Amerika, cyo kimwe nanjye, ariko yageze igihe afata umwanzuro wo kugaruka ku rugamba. Ntekereza ko rero guhura nawe tukaganira byampaye icyizere cy’uko nshobora kugaruka kandi nkabikora neza.”

Ibi byatumye afata icyemezo cyo gushinga Mondiant Initiative, umuryango ugamije guhindura ubuzima bw’impunzi binyuze mu burezi n’ubushobozi.

Uko Mondiant Initiative ikora

‘Mondiant Initiative’ ni umushinga urihira abana batsinze neza bava mu miryango itishoboye ndetse n’impunzi muri Kaminuza; uyu mushinga ufasha abana barenga 120 biga muri Kaminuza zo mu Rwanda bava mu bihugu bitandatu (6).

Uretse kwishyurira amashuri, Mondiant Initiative inabaha: Icumbi, Ibiribwa, Ubufasha mu mibereho ya buri munsi, Amahugurwa mu buyobozi (Leadership training), Amahirwe yo kwimenyereza umwuga (internship) mu Rwanda no mu mahanga.

Intego si ukugira abanyeshuri gusa, ahubwo ni ukugira abayobozi n’abahindura sosiyete zaho baturuka.

“Brilliance Beyond Borders”: Guhana ubumenyi nta mipaka

Kuri iyi nshuro, Mondiant Initiative yakoze ku nshuro ya kabiri igikorwa ngarukamwaka cyiswe Brilliance Beyond Borders, gihuza abantu batandukanye bagira uruhare mu guteza imbere impunzi n’imibereho myiza y’abantu.

⁠Mondiant Initiative yafunguwe ku mugaragaro mu muhango wabereye muri Marriott Hotel i Kigali ku wa 17 Kamena 2026.

Program ya Mondiant Leadership Academy yo izajya itanga internship muri America, Europe; ndetse n’ahandi ku Isi, bakahuza abanyeshuli ba hano mu Rwanda n’abandi bo muri America nka university ya Harvard; Columbia; New York university, Princeton, Oxford ndetse n’izindi.

Mu mwaka ushize i New York, umwe mu bahawe igihembo yari umuyobozi wa Google ku Isi. Kuri iyi nshuro i Kigali, hatanzwe ibihembo ku bantu babiri bagize uruhare mu guteza imbere uburezi n’imibereho myiza.

Igihembo cyahawe Reeta Roy washinze Mastercard Foundation, na Prof Dr Rwigamba Balinda washinze washinze Kaminuza Yigenga ya Kigali (ULK) n'Ishuri rikuru rya ULK Polytechnic Institute (UPI).

Hari kandi abandi bayobozi bitabiriye barimo Umuyobozi w’Ishami ry'Umuryango w'Abibumbye ryita ku Impunzi (UNHCR) mu Rwanda, Ritu Shroff; Mutabazi Eric wari uhagarariye Minisiteri ishinzwe Ibikorwa by'Ubutabazi (MINEMA) n’abandi bafatanyabikorwa batandukanye.

Gahunda nshya: Mondiant Leadership Academy

Muri uyu muhango kandi hatangijwe ku mugaragaro gahunda nshya yiswe Mondiant Leadership Academy.

Iyi gahunda igamije: Guhugura urubyiruko rw’impunzi ku bijyanye n’ubuyobozi, Kubaha ubumenyi mu ikoranabuhanga n’imicungire y’umutungo, Kubafasha kwandika imishinga no gushaka akazi, no kubahuza n’amahirwe yo kwiga no kwimenyereza umwuga.

Mondiant Nshimiyimana Dogon avuga ko iyi gahunda izafasha urubyiruko “kutaba abareba gusa ejo hazaza, ahubwo bakaba abayubaka.”

Ijwi ry’abafatanyabikorwa

Prof Dr Rwigamba Balinda, umwe mu bahawe igihembo, yashimye iyi gahunda avuga ko ari igikorwa gitanga icyizere ku rubyiruko. Ati: “Ni igihembo kidutera imbaraga zo gukomeza gukora.”

Yongeyeho ko yiteguye gukomeza gufasha Mondiant Initiative kuko bahuje intego yo guteza imbere uburezi.

Na UNHCR ibinyujije ku uhagarariye ibikorwa byayo mu Rwanda, yashimye uru rugendo rugaragaza ko impunzi zishobora kugira uruhare mu iterambere iyo zibonye amahirwe.

MINEMA na yo yagaragaje ko nubwo u Rwanda rwakoze byinshi mu kwemerera impunzi kwiga mu mashuri abanza n’ayisumbuye, hakiri icyuho ku rwego rwa kaminuza, asaba ubufatanye mu kugikemura.

Inzozi z’ejo hazaza

Mondiant Initiative ivuga ko buri munyeshuri akenera nibura $6,000 kugira ngo abone ubufasha bwuzuye burimo amashuri, icumbi, ubuzima bwa buri munsi n’amahugurwa y’ubuyobozi.

Intego yabo ni ukurema “changemakers” - urubyiruko rushobora guhindura imiryango yarwo n’igihugu.

Mondiant Nshimiyimana Dogon asoza avuga ko urugendo rwe atari inkuru y’umuntu umwe wazamutse, ahubwo ari urugero rw’uko ubumenyi bwakoreshejwe neza bushobora guhindura isi.

Mondiant Nshimiyimana Dogon ni umwanditsi w’ibitabo bitandatu; afite ibitabo nka Those we throw away are diamonds, The you who waits on the other side, every loss is part of the win; the girl from North Kivu, and when the rain was the only witness, yavukiye muri Congo akurira mu Rwanda, asoje muri Kaminuza y’u Rwanda ajya gukomereza Master’s na PhD muri Amerika.

⁠Mondiant Dogon yabonye ko kurihira abana muri kaminuza bidahagije ahita ashinga uruganda rukora amasabune kugira ngo ahe abanyeshuri be akazi ndetse n’abandi banyarwanda. Kandi uruganda rwe rufite gahunda yo guha akazi abarenga 2000 mu mwaka wa 2030.

Uyu mugabo ni isomo rikomeye ku rubyiruko rw’impunzi n’abandi bose bumva ko aho baturutse hagomba kubashyiraho imbibi. Ku bwe, inkomoko si iherezo ry’inzozi, ahubwo ni intangiriro y’icyerekezo gishya.

Mondiant Initiative n’ibikorwa byayo birimo “Brilliance Beyond Borders” na Mondiant Leadership Academy, bigaragaza ko uburezi, iyo buhujwe n’icyerekezo n’ubushake, bushobora guhindura ubuzima bw’abantu ku rwego mpuzamahanga. Inkambi yamubereye intangiriro, ariko yubaka umuyobozi utekereza isi itagira imipaka.

Mondiant Nshimiyimana Dogon avuga ko n’ubwo ubuzima bwo mu nkambi butari bworoshye, bwamubereye ishuri rikomeye ry’ubuzima


Prof Dr Rwigamba Balinda [Uwa kabiri uvuye iburyo] washinze washinze Kaminuza Yigenga ya Kigali (ULK) n'Ishuri rikuru rya ULK Polytechnic Institute (UPI), yahawe igihembo na Mondiant Initiative


Roger Niyomugabo yahawe igihembo cy'umukozi Mwiza w'umwaka (Best Employee of the year 2026) wa Mondiant Initiative


Uwambaza Jean Louis yahawe igihembo cy'umukozi mwiza w'umwaka ku bw'uruhare rwe mu iyaguka ry'uruganda rw'amasabune Cléza Group Ltd


Umusizi Junior Rumaga [Uri hagati] yitabiriye umuhango wo gufungura ku mugaragaro Mondiant Initiative wabereye muri Marriott Hotel i Kigali

Mondiant Nshimiyimana Dogon azwi nk’umuyobozi wa Mondiant Initiative, umuryango umaze kuba ikiraro ku rubyiruko rw’impunzi n’abandi batishoboye bashaka amahirwe yo kwiga

‘Mondiant Initiative’ ni umushinga urihira abana batsinze neza bava mu miryango itishoboye ndetse n’impunzi muri Kaminuza; uyu mushinga ufasha abana barenga 120 biga muri Kaminuza zo mu Rwanda bava mu bihugu bitandatu (6)

Program ya Mondiant Leadership Academy yo izajya itanga internship muri America, Europe; ndetse n’ahandi ku Isi, bakahuza abanyeshuli ba hano mu Rwanda n’abandi bo muri America nka university ya Harvard; Columbia; New York university, Princeton, Oxford ndetse n’izindi

Mondiant Dogon yanditse ibitabo byinshi birimo na "Every Loss is part of the win"


Mondiant Nshimiyimana Dogon ari kumwe n'umuhanzi wamamaye nka Kevin Montana

Kanda hano umenye byinshi kuri Mondiant Initiative

Kanda hano urebe amafoto menshi

AMAFOTO: Dox Visual/ InyaRwanda


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...