Guinea: Umuhanzi Séga na Maya bakatiwe imyaka 2 nyuma yo gutukanira ku mbuga nkoranyambaga

Imyidagaduro - 21/04/2026 9:16 AM
Share:

Umwanditsi:

Guinea: Umuhanzi Séga na Maya bakatiwe imyaka 2 nyuma yo gutukanira ku mbuga nkoranyambaga

Muri Guinea, umusore uzwi ku mbuga nkoranyambaga nka Maya La Solution n’umuhanzi Yama Séga bakatiwe igifungo cy’imyaka ibiri gisubitse, ndetse bacibwa n’amande, nyuma yo guhamwa n’ibyaha bitandukanye bijyanye no gukoresha nabi imbuga nkoranyambaga no gutukana mu ruhame.

Iyi nkuru yatangiye ku mbuga nka Facebook ubwo aba bombi batukananaga, bigera aho bituma imbuga nkoranyambaga zimwe zifungwa mu gihugu mu gihe cy’iminsi mike. Ibi byabereye mu gihugu kiyobowe n’ubutegetsi bwa gisirikare kuva mu 2021 nyuma y’ihirikwa ry’ubutegetsi ryayobowe na General Mamadi Doumbouya.

Aba bombi, Mariama Kaba uzwi nka Maya La Solution na Yama Séga, ni abantu bazwi cyane muri Guinea. Bagiye mu mitsi binyuze mu magambo akomeye ku mbuga nkoranyambaga, buri wese asubiza undi mu buryo bukomeye, bituma amakimbirane yabo akwirakwira cyane.

Nk’uko bitangazwa n’urubuga Africaguinée.com, Maya La Solution yemeye ko yakoze ikosa, avuga ko yari ari muri Turukiya ubwo yakoraga “live” asobanura urugendo rwe rwo kugura ibintu, ariko bamwe mu bakurikirana imbuga ze bakavuga ko yaba yaragiye kubagwa (surgery).

Avuga ko atigeze atunga undi urutoki, ariko Yama Séga yumvise ko ari we agamije, bityo nawe asubiza mu kiganiro cya “live”.

Yagize ati: “Sinigeze mvuga izina rye, ariko byasobanuwe nabi.” Yanasabye imbabazi avuga ko ibyo byangije ubucuti bwabo bwatangiye mu 2018.

Ku ruhande rwa Yama Séga na we yemeye ko yababaye, agira ati: “Ni inshuti yanjye, ariko twari tumaze igihe tutabanye neza. Numvise ko nagabweho igitero, cyane cyane ku bijyanye no kwibagisha, kuko ndi umwe mu bahanzi ba mbere bo muri Guinea babikoze.” Na we yasabye imbabazi.

Urukiko rwemeje ko bombi bahamwa n’ibyaha birimo “gukora, gukwirakwiza no gushyira hanze amakuru ashobora guhungabanya umutekano rusange n’icyubahiro cy’abantu binyuze mu rusobe rwa mudasobwa”, ndetse n’“amagambo asesereza n’asesereza abandi”.

Buri wese yanaciwe amande angana na miliyoni 40 z’amafaranga ya Guinea (hafi ibihumbi 3,850 by’amayero). Nanone kandi, bombi babujijwe gukoresha imbuga nkoranyambaga mu gihe cy’imyaka ibiri, usibye ibiganiro bijyanye n’akazi kabo.

Izi mpaka zatumye imbuga nka Facebook, Messenger, YouTube na TikTok zihagarikwa mu gihugu mu minsi mike ishize, nubwo ubuyobozi butigeze busobanura ku mugaragaro impamvu nyayo y’iyo mfungwa.

Ishyirahamwe ry’abakoresha imbuga (Ablogui) ryamaganye iki cyemezo, rivuga ko habayeho “guhagarikwa kwihariye” kw’imbuga nkoranyambaga.

Nyuma y’ibi bibazo, aba bombi basabye imbabazi abaturage ba Guinea ku byo bakoze.

Kuri uyu wa Mbere tariki 20 Mata 2026, Umushinjacyaha Kanfory Ibrahima Camara yavuze ko imyitwarire yabo ari “igisebo ku mico myiza n’umutekano rusange”, anenga imikoreshereze mibi y’imbuga nkoranyambaga.

Perezida Mamadi Doumbouya na we aherutse kuvuga ko amagambo asesereza n’urwango bidakwiye kugira umwanya mu kubaka igihugu, nubwo ashimangira ko ubwisanzure bwo gutanga ibitekerezo bukwiye kujyana n’icyubahiro n’ubumwe bw’igihugu.

Kuva mu 2021 ubwo habaga ihirikwa ry’ubutegetsi, Guinea imaze igihe mu bibazo bya politiki, aho amashyaka akomeye yahagaritswe, imyigaragambyo ikumirwa, ndetse n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi benshi bagafungwa cyangwa bagahunga igihugu.

Facebook yateje ikibazo gikomeye muri Guinea: amagambo y’urwango hagati ya Yama Séga na Maya La Solution agera no ku ifungwa ry’imbuga nkoranyambaga


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...