Guhangana biruta gusabiriza - Perezida Kagame abwira Abasenateri barahiye

Amakuru ku Rwanda - 24/10/2025 5:15 PM
Share:

Umwanditsi:

Guhangana biruta gusabiriza - Perezida Kagame abwira Abasenateri barahiye

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yavuze ko guhangana biruta gusabiriza ndetse ko nta kiremwa kibereyeho kurema abandi bantu cyangwa kubabaza uko babayeho.

Ku wa Kabiri w’iki Cyumweru  Perezida Kagame yashyizeho Abasenateri bashya barimo abagiye gutangira manda yabo yambere nka Dr Uwamariya Valentine na Gasana Alfred.

Ni mu gihe Prof. Dusingizemungu Jean Pierre na Uwizeyimana Evode bo bari basanzwe muri Sena, bagiye gutangira manda ya kabiri.

Kuri uyu wa Gatanu Umukuru w’igihugu yakiriye indahiro z’aba basenateri yaherukaga gushyiraho ndetse n’abandi batowe n’Ihuriro ry'Igihugu Nyunguranabitekerezo ry'Imitwe ya Politiki, Frank Habineza na Nkubana Alphonse.

Nyuma yo kwakira indahiro zabo, Perezida Kagame yavuze ko Inteko Ishinga Amategeko cyane cyane Sena ifite uruhare rukomeye mu miyoberere y’igihugu.

Ati: ”Inteko Inshinga Amategeko cyane cyane Sena ifite uruhare rukomeye mu miyoberere y’igihugu cyacu. Sena ituma inzego z’igihugu zibona aho zishyira imbaraga kandi igakora isuzuma rikenewe kugira ngo inzego zose zigume ku murongo”.

Yavuze ko iyo urebye ibyo Abanyarwanda bifuza ari byinshi cyane ndetse birenze n’amikoro y’igihugu bityo ko n’amikoro ahari agomba gukoreshwa neza.

Ati: ”Ubundi urebye ibyo Abanyarwanda bifuza ni byinshi cyane ndetse birenze n’amikoro yacu ariko ibyo ni byo bitwibutsa ko n’amikoro macye tugomba kuyakoresha neza kugira ngo agere ku byo dushobora dushingiye kuri ibyo bicye dufite.

Yavuze ko inshingano Sena ifite zidakwiye kwirengagizwa ahubwo zikwiye gukoreshwa neza. Perezida Kagame yabwiye Abasenateri ko u Rwanda, n'iyo umuturanyi yakoze amakosa ari rwo rubibazwa bityo ko bagomba kubishyira mu mikorere yabo.

Ati: ”U Rwanda n'iyo umuturanyi yakose amakosa ,yateye ibibazo, inkoni zikubitwa u Rwanda ,nitwe tugomba kubisubiza. Ibyo mugomba kubimenya ndetse mukabishyira mu mikorere. Twebwe dufite ikibazo cy’ubwoko bubiri cy’uko tubazwa ibyacu tukabazwa n’iby'abandi ni ko biteye. Aho kugira ngo abantu bicare baganye batabaze abantu bishakamo imbaraga zo guhangana n'ibyo ngibyo. Ntabwo ari twe tubitera ariko nitwe tugomba guhangana nabyo”.

Yavuze ko icyo bagomba gusezeranya ari uko ibyo bidashobora kubavana mu nzira zo kwiyubaka ndetse ko guhangana biruta gusabiriza.

Ati: ”Icyo dukwiriye gusezeranya ni uko ibyo bidashobora kutuvana mu nzira zo kwiyubaka, zo kwigenera, zo kujya aho dushaka no kugera aho dushaka dukwiriye kuba turi. Nta muntu dusaba uburenganzira bwo kubaho kuko dukwiriye kuba turiho, ibyo Umunyarwanda utabyumva aba afite ikibazo.

Guhangana biruta gusabiriza mujye muhangana urebe umuntu mu maso umubwire icyo wagakwiye kumubwira, nutabikora urakuramo iki se ubundi?.

Abo bakora ibyo ni ibiremwa nka mwe. Nta kiremwa kibereyeho kurema abandi bantu cyangwa kubabaza uko babayeho. Iyo ni yo politike yacu y’u Rwanda, abatayumva ibyo bibazo byanyu na byo tuzahangana nabyo”.

Nyuma y’irahira ry’aba basenateri batandatu, Sena y’u Rwanda igizwe n’abagore 13 ndetse n’abagabo 13. Ni ukuvuga Sena y’u Rwanda igizwe na 50% b’abagore.



Perezida Kagame yakiriye indahiro z'Abasenateri

Perezida Kagame yerekanye ko aho kugira ngo u Rwanda rusabirize rugomba guhangana n'ibibazo byose 



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...