Gufata umwanzuro niba Israel ihagarikwa mu mupira byashyizwe mu biganza bya UEFA

Imikino - 02/10/2025 10:31 AM
Share:

Umwanditsi:

Gufata umwanzuro niba Israel ihagarikwa mu mupira byashyizwe mu biganza bya UEFA

Visi Perezida w’impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku Isi, FIFA ,Victor Montagliani yavuze ko ibijyannye no gufata umwanzuro niba ikipe y’igihugu ya Israel ihagarikwa mu marushanwa mpuzamahanga byashyizwe mu biganza bya UEFA.

Amashyirahamwe y’imikino mu bihugu bitandukanye arimo n’ishyirihamawe ry’umupira w’amaguru muri Palestine yagiye asaba ko Israel yahagarikwa mu marushanwa mpuzamahanga bitewe n’ibitero ikomeje kugaba muri Gaza.

Ku munsi w'ejo i London mu Bwongereza mu nama yahuje abayobozi batandukanye bo mu mupira w’amaguru, Visi Perezida wa FIFA, Victor Montagliani yavuze ko ibyo gukura Israel mu marushanwa mpuzamahanga biri mu biganza by’impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku mugabane w’Iburayi, UEFA.

Ati: "Mbere na mbere ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Israel, ni umunyamuryango wa UEFA kandi niyo igomba kubikurikirana ndetse n’ubaha izo nzira n’umwanzura bafata”.

Abajijwe niba bo nta perereza ryabo, yavuze ko nta busesenguzi ku giti cyabo bigeze bakorera ubusabe bw’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Palestine bwo gukura Israel mu marushanwa mpuzamahanga nk'uko byageze ku Burusiya nyuma yo gutera Ukraine.

Mu minsi yashize Espagne yavuze ko Isreal niramuka itabujijwe gukina igikombe cy’Isi cya 2026 yo itazacyitabira. Israel ntabwo mu mateka yayo irakina igikombe cy’Isi kuva mu 1970 ariko kuri ubu ifite amahirwe yo kugikina dore ko mu mikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026  iri ku mwanya wa 3 mu itsinda irimo aho inganya amanota n’ikipe ya kabiri.

Israel ikomeje gusabirwa gukurwa mu marushanwa mpuzamahanga 



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...