Mu
itangazo ryashyizwe ahagaragara kuri uyu wa Gatatu tariki ya 10 Kamena 2026, Perezida
w’Urukiko rw’Ikirenga yavuze ko aya mabwiriza agamije kubungabunga umutekano
ugomba kuranga ibikorwa by’ubutabera no kurinda uburenganzira n’ubwisanzure
by’ababuranyi.
Iri
tangazo rishingiye ku Itegeko Nº 012/2018 ryo ku wa 4 Mata 2018 rigena imitunganyirize
n’imikorere y’Ubutegetsi bw’Ubucamanza nk’uko ryahinduwe, ndetse no ku Itegeko
Nº 22/2018 ryo ku wa 29 Mata 2018 ryerekeye imiburanishirize y’imanza
z’imbonezamubano, iz’ubucuruzi, iz’umurimo n’iz’ubutegetsi.
Perezida
w’Urukiko rw’Ikirenga yasabye abitabira iburanisha ry’imanza kurangwa
n’imyitwarire iboneye no kubaha gahunda z’inkiko igihe cyose baba bari mu mbibi
zazo.
Mu
mabwiriza yatanzwe harimo kwitwara neza no kugira ikinyabupfura n’ituze igihe
umuntu ari mu mbibi z’Urukiko, mu cyumba cy’iburanisha cyangwa ahandi hose
Urukiko ruburanishiriza.
Abitabiriye
iburanisha basabwe kandi kwirinda ibikorwa byose bishobora gutera icyugazi
inteko iburanisha, ababuranyi cyangwa abashinzwe umutekano.
Hari
kandi amabwiriza asaba abantu guha inzira ababuranyi n’imodoka zibageza ku
Rukiko igihe zigeze mu mbibi zarwo kugira ngo ibikorwa by’ubutabera bikomeze
nta nkomyi.
Ikindi
cyagarutsweho cyane ni uko gufata amajwi, amafoto cyangwa amashusho
by’ababuranyi igihe bari mu mbibi z’Urukiko, mu cyumba cy’iburanisha cyangwa
ahandi hose Urukiko ruburanishiriza bitemewe, keretse umuntu yabanje
kubihererwa uburenganzira na Perezida w’Urukiko.
Perezida
Mukantaganzwa yanibukije ko buri wese agomba kubahiriza uburenganzira
bw’ababuranyi badashaka gufatwa amafoto, amashusho cyangwa amajwi, ashimangira
ko kubahiriza ayo mabwiriza ari imwe mu nzira zo kurinda icyubahiro cy’inkiko
no gutuma ubutabera butangwa mu buryo butekanye kandi bwubahiriza uburenganzira
bwa buri wese.
Aya mabwiriza aje mu gihe inkiko zikomeje kwakira abantu benshi bakurikirana imanza zitandukanye, harimo n’izikunze gukurura amatsiko y’abaturage n’itangazamakuru, ibintu bituma hakenerwa kurushaho kubahiriza amategeko agenga imyitwarire mu nkiko no kurinda ubuzima bwite bw’ababuranyi.

Abitabira
iburanisha ry’imanza bibukijwe ko gufata amafoto, amashusho n’amajwi
by’ababuranyi mu mbibi z’Urukiko bitemewe keretse byatangiwe uburenganzira

Mu
rwego rwo kurinda umutekano n’uburenganzira bw’ababuranyi, Urukiko rw’Ikirenga
rwashyizeho amabwiriza asaba abantu kubahiriza ituze, kwirinda guteza icyugazi
no kutagira uwo bafata amafoto cyangwa amashusho batabiherewe uburenganzira
