Gorilla FC yabonye umuyobozi mukuru mushya wanakiniye APR FC

Imikino - 30/08/2025 10:47 AM
Share:

Umwanditsi:

Gorilla FC yabonye umuyobozi mukuru mushya wanakiniye APR FC

Ikipe ya Gorilla FC ikina mu cyiciro cya mbere mu Rwanda, yatangaje ko Sahundwa Pascal ari we Muyobozi Mukuru wayo mushya.


Amakuru yashyizwe ahagaragara binyuze ku rukuta rwa Gorilla FC rwa X, aho bagize bati: “Twishimiye gutangaza Sahundwa Pascal nk’Umuyobozi Mukuru wacu.”

Sahundwa ntabwo ari umushyitsi muri Gorilla FC kuko yari asanzwe ari mu buyobozi bw’iyi kipe, aho yari ashinzwe ubukangurambaga bw’abafana. Azwi kandi mu gukorana bya hafi n’amakipe y’abato ndetse na City Boys, ikipe iyishamikiyeho ikina mu cyiciro cya kabiri.

Mu buzima bwe nk’umukinnyi, Sahundwa yakiniye APR FC kuva mu 1993 ubwo yashingwaga kugeza mu 1995, mbere yo kwerekeza mu Intare FC yari mu cyiciro cya mbere. Mbere yaho, yakiniye n’amakipe y’abato ya Kiyovu Sports na Rayon Sports.

Uretse ibyo, afite ubunararibonye mu miyoborere y’amakipe y’umupira w’amaguru, kuko yabaye muri Komite ya Mukura VS nka Visi, ndetse anayobora ikipe y’abatarabigize umwuga yo mu Karere ka Huye izwi nka Intwari.

 

Pascal yari asanzwe mu buyobozi bwa Gorilla FC



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...