Nk’uko
byatangajwe na Polisi y’u Rwanda, iki gikorwa cyateguwe ku bufatanye bwa Polisi
y’u Rwanda n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima, RBC, aho abapolisi bagaragaje ko
gutanga amaraso ari igikorwa cy’ingenzi mu gutabara no kurengera ubuzima
bw’abaturage.
Umuvugizi
wa Polisi y’u Rwanda, Assistant Commissioner of Police, ACP Boniface Rutikanga,
yavuze ko iki gikorwa kiri mu gushyira mu bikorwa amasezerano y’ubufatanye
yashyizweho umukono hagati ya Polisi y’u Rwanda na RBC.
Yavuze ko
kandi gutanga amaraso bijyanye n’inshingano za Polisi zo kurinda umutekano no
guteza imbere imibereho myiza y’abaturage.
Ati:
“Umutekano w’abaturage dushinzwe kurinda urushaho kugenda neza iyo bafite
ubuzima bwiza kuko ntawe ushobora gutekana mu gihe yugarijwe n’uburwayi.”
ACP
Rutikanga yavuze ko amaraso atangwa n’abapolisi ashobora gufasha abaturage
bayakeneye, ariko ko n’abapolisi ubwabo cyangwa abo mu miryango n’inshuti zabo
bashobora kuyakenere igihe bibaye ngombwa.
Uwera Lydie, umukozi wa RBC ushinzwe ishami ryo gutanga amaraso n’ubukangurambaga mu Ntara y’Iburasirazuba, yavuze ko gutanga amaraso ari ugutabara ubuzima bwa benshi.

Ati: “Aya
maraso iyo tuyabonye tuyashyikiriza ikigo kiyatunganya kugira ngo abashe
guhabwa no gutabara abarembye bayakeneye.”
Uwera
yavuze ko mu bakunze gukenera amaraso harimo abana bari munsi y’imyaka itanu,
abagore bari kubyara, abarwaye indwara zikomeye zirimo kanseri ndetse
n’abakomeretse.
Yagaragaje
kandi ko iterambere ry’ikoranabuhanga ryatumye kugeza amaraso ku bayakeneye
birushaho kwihuta, kuko RBC ikoresha utudege tutagira abapilote, cyangwa
drones, mu kugeza amaraso ku bigo nderabuzima biyakeneye.
Uwera
yashimiye Polisi y’u Rwanda n’abapolisi muri rusange ku ruhare bagira mu
gutanga amaraso no kurengera ubuzima bw’abaturage.
Yagize
ati: “Nk’uko muba mwarabitojwe kurinda umuturage, iyo utanze amaraso uba
umurinze icyashoboraga gutwara ubuzima bwe. Ni iby’agaciro kubagira muri iki
gikorwa kuko amaraso mutanga atabara benshi.”
Yasabye
Abanyarwanda muri rusange kugira umuco wo gutanga amaraso ku bushake, kuko
nubwo umuntu ubwe atayakeneye, ashobora gukenerwa n’umwe mu muryango we cyangwa
undi muntu.
Yanasabye
Abanyarwanda kwirinda kunywa inzoga nyinshi, ashimangira gahunda ya Tunywe Less,
kuko gukomeza kunywa inzoga nyinshi bishobora kugira ingaruka ku buzima no ku
mubare w’abantu bashobora gutanga amaraso.

