Gisa cy’Inganzo yavuze bwa mbere ku masezerano byavuzwe ko yahawe na Kina Music akanga kuyasinya -VIDEO

Imyidagaduro - 02/06/2026 6:42 AM
Share:

Umwanditsi:

Gisa cy’Inganzo yavuze bwa mbere ku masezerano byavuzwe ko yahawe na Kina Music akanga kuyasinya -VIDEO

Hari inkuru imaze imyaka yumvikana mu ruganda rwa muzika nyarwanda ivuga ko Gisa cy’Inganzo yigeze guhabwa amahirwe yo gusinyira muri Kina Music, ariko akayanga. Ni inkuru yakomeje gusubirwamo kenshi ku buryo bamwe bayifashe nk’ukuri kudashidikanywaho. Gusa kuri ubu, uyu muhanzi yahisemo guca amarenga no gusobanura uko ibintu byagenze mu by’ukuri.

Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Gisa cy’Inganzo yavuze ko atigeze yanga amasezerano ya Kina Music nk’uko byagiye bivugwa, ahubwo ko nta masezerano yanditse yigeze ahabwa ngo ayashyireho umukono cyangwa ayange.

Uyu muhanzi uri mu bafite indirimbo zakunzwe cyane mu njyana gakondo n’iziganisha ku butumwa bwubaka, yavuze ko umubano we na Producer Ishimwe Karake Clement watangiye kare, cyane cyane nyuma y’uko amwandikiye akanamukorera indirimbo “Uruyenzi”, imwe mu ndirimbo zamuhesheje izina rikomeye mu muziki nyarwanda.

Agaruka ku makuru yavugaga ko yanze gusinyira Kina Music, Gisa yavuze ko ayo makuru atajyanye n’ukuri kw’ibyabaye.

Ati: “Ntabwo nanze. Ahubwo ni kwa kundi umubyeyi yifuza gushyigikira umwana we, hanyuma umwana agatoroka mu rugo ashaka gusogongera ku Isi. Ariko iyo Isi na yo ikamwigisha byinshi, akazisanga agarutse aho yavuye. Umubyeyi mwiza na we akamwakira kuko azi aho yavuye kandi akagira ikinyabupfura.”

Ni amagambo yumvikanamo ukwicuza no kureba inyuma ku rugendo rwe rwa muzika, ariko kandi agaragaza icyubahiro afitiye Ishimwe Clement wagize uruhare mu gutuma impano ye igera ku rwego rwagutse.

Gisa asobanura ko nubwo nta masezerano yigeze ahabwa, hari ibintu byagaragazaga ko Ishimwe Clement yamubonagamo ubushobozi kandi yifuza kumufasha gutera indi ntambwe mu muziki.

Yagize ati: “Nta gahunda y’amasezerano yari ahari. Clement ni umuntu ufite uburyo akoramo ibintu bye. Abanza gutunganya impano akayizamura, hanyuma igihe nikigera akaba ari bwo habaho ibiganiro byimbitse. Yari atarabimbwira, ariko wabonaga ko hari urwego yifuzaga kuba yavanaho impano yanjye akayigeza ku rundi bitewe n’ubushobozi bwe ndetse n’umuziki mwiza akora.”

Aya magambo agaragaza ko icyo gihe hari icyizere cy’ubufatanye bwari bukiri mu rugendo rwo kubakwa, ariko kitigeze kigera ku rwego rw’amasezerano yanditse nk’uko benshi babyumvaga.

Mu ruganda rw’imyidagaduro, hari amakuru amwe n’amwe agenda asakara akagera aho afatwa nk’ukuri n’ubwo aba atarigeze yemezwa n’abavugwaho. Ni ko byagenze kuri iyi nkuru ya Gisa cy’Inganzo na Kina Music.

Uyu muhanzi yavuze ko na we yagiye yumva abantu bavuga ko yanze gusinyira iyi label, nyamara azi neza ko bitigeze bibaho. Ati: “Abantu bavuga ibintu byinshi, ariko byaba byiza bavuga ibintu bihari.”

Ni amagambo agaragaza uburyo rimwe na rimwe ibihuha bishobora kubaho igihe kirekire kurusha ukuri kwabyo.

Nyuma y’imyaka myinshi ishize bakoze indirimbo “Uruyenzi”, umubano wa Gisa cy’Inganzo na Ishimwe Clement wongeye kubyara umusaruro.

Aba bombi baherutse kongera gukorana mu ndirimbo ya Gospel yitwa “Birabareba”, ibintu byafashwe na benshi nk’ikimenyetso cy’ubwiyunge n’ubucuti bwongeye gukomera.

Gisa yavuze ko uru rugendo rwongeye kubahuza rwaturutse ku kuba yarafashe icyemezo cyo gusaba imbabazi.

Yasobanuye ko yasabye imbabazi Ishimwe Clement ku giti cye, ariko ko yanasabye imbabazi Abanyarwanda muri rusange ku makosa yaba yarakoze mu rugendo rwe.

Iyo umuntu yumvise amateka ya Gisa cy’Inganzo na Kina Music, ntabwo ari inkuru y’umuhanzi wanze amahirwe nk’uko byakunze kuvugwa. Ahubwo ni inkuru y’umuhanzi wemera ko hari abantu bamubonye mbere y’abandi, bakamufasha gukura, hanyuma inzira z’ubuzima zikabajyana ahatandukanye mbere yo kongera kubahuza.

Uyu munsi, nyuma y’igihe kinini havugwa byinshi ku mubano we na Ishimwe Clement, Gisa cy’Inganzo yahisemo kuvuga ukuri kwe: nta masezerano ya Kina Music yigeze ahabwa ngo ayange.

Ahubwo asanga amateka yabo ari urugendo rw’umuhanzi n’umujyanama we, rwabayemo gutandukana, kwiga ubuzima, gusubira inyuma, gusaba imbabazi no kongera guhurira ku ntego imwe; gukomeza gukora umuziki ufite icyo usigira Abanyarwanda. 

Gisa cy’Inganzo yatangaje ko mu myaka 13 ishize nta masezerano yigeze ahabwa na Kina Music

Gisa cy’Inganzo yavuze ko kongera gukorana na Ishimwe Clement byaturutse mu guca bugufi, no kwemera ko yakoze amakosa

KANDA HANO UREBE IKIGANIRO TWAGIRANYE NA GISA CY’INGANZO

KANDA HANO UREBE INDIRIMBO ‘BIRABAREBA’ YA GISA CY’INGANZO


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...