Gereza ya Orleans iri guhigisha uruhindu umugororwa yibeshye ikarekura igihe kitageze

Utuntu nutundi - 04/08/2025 3:45 PM
Share:

Umwanditsi:

Gereza ya Orleans iri guhigisha uruhindu umugororwa yibeshye ikarekura igihe kitageze

Umugororwa witwa Khalil Bryan, w’imyaka 30, wo muri Leta ya Louisiana, muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yarekuwe ku buryo bw'impanuka muri gereza ya Orleans Justice Center iherereye muri New Orleans, ku itariki ya 25 Nyakanga 2025.

Ubuyobozi bwa gereza bwatangaje ko iryo rekurwa ryatewe n’ikosa ryo kumwitiranya na mugenzi we bahuje izina, aho bavuze ko hatigeze habaho ubundi bushishozi, bigatuma yemererwa gusohoka atari we wagombaga kurekurwa.

Ubuyobozi bw’iyo gereza buvuga ko ubwo habaga igikorwa cyo kurekura bamwe mu bagororwa mu masaha y’ijoro, Bryan yitiranyijwe n’undi mugororwa bafite izina rimwe rya nyuma, bituma asohoka atagenzuwe bihagije nk’uko amategeko abiteganya. Iryo kosa ryatewe n’imikorere idakurikije amabwiriza n’uburangare bw’abashinzwe iperereza n’igenzura mu bijyanye n’irekurwa ry’imfungwa.

Nyuma y’ibi, ubuyobozi bwa gereza bwatangaje ko abasirikare babiri bashinzwe igikorwa cyo kurekura imfungwa bahise birukanwa kubera uruhare bagize muri iri kosa rikomeye.

Mu itangazo ryasohowe na Susan Hutson, Umuyobozi wa gereza ya Orleans Parish, yavuze ko bashyira mu bikorwa ingamba zikomeye zo kuvugurura imikorere. Yagize ati: “Uyu mwanya ni uwo kwemera amakosa no gufata inshingano. Abaturage ba New Orleans bakeneye gereza ikora neza, ikoresha umucyo n'ubwitange.”

Kugeza ubu, Khalil Bryan aracyashakishwa kuko aho aherereye hataramenyekana, ndetse ngo inzego z’umutekano zikomeje ibikorwa byo kumushakisha kugira ngo asubizwe muri gereza abanze arangize igihano cye.

Ibi bibaye nyuma y’uko muri Gicurasi 2025, imfungwa 10 zacitse muri iyo gereza, aho kugeza ubu imfungwa imwe ikiri mu buhungiro. Ibi bibazo byikurikiranya bikomeje gushyira igitutu ku buyobozi bwa gereza, bukaba busabwa kongera gutekereza ku mikorere n’imiyoborere y’iyo nzu y’imbohe.

Bryan w'imyaka 30 ni we uri gushakishwa nyuma y'amakosa gereza yo mu gace ka New Orleans yakoze ikamurekura atarangije igihano


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...