Geosteady yakoze ubukwe n’umukunzi we, umugore wa mbere amwishongoraho

Imyidagaduro - 23/02/2026 7:14 AM
Share:

Umwanditsi:

Geosteady yakoze ubukwe n’umukunzi we, umugore wa mbere amwishongoraho

Umuhanzi w’Umunya-Uganda Geosteady n’umukunzi we w’igihe kirekire Hindu Kay basezeranye byemewe n’amategeko ya Kisilamu mu muhango wa Nikkah wabaye mu ibanga rikomeye ku wa 21 Gashyantare, 2026, kuri Kigo Mosque.

Uyu muhango witabiriwe n’abagize imiryango yabo ya hafi n’inshuti z’inkoramutima, aho aba bombi bahanye isezerano ryo kubana akaramata.

Nk’uko biteganywa mu mategeko ya Kisilamu, Geosteady yatanze Mahr ingana na $2,000 (amadorali y’Amerika ibihumbi bibiri) nk’ikimenyetso cy’isezerano rye.

Nyuma y’umuhango waberaga ku musigiti, hakurikiyeho ibirori byoroheje byabereye i Buziga, aho inshuti n’abavandimwe basangiye ibyishimo byo gutangiza uru rugendo rushya rw’urukundo rwabo.

Geosteady na Hindu Kay bari bamaze imyaka itari mike bakundana, ndetse bafitanye umwana w’umuhungu witwa Alham. Urukundo rwabo rwagiye ahagaragara nyuma y’uko Geosteady atandukanye n’uwahoze ari umukunzi we, Prima Kadarshi, bari bamaranye imyaka umunani banabyaranye abana.

Nyuma y’icyo gihe cy’igeragezwa, Geosteady yongeye kubona urukundo kuri Hindu Kay, kandi bigaragara ko ari urukundo afata nk’inkingi y’ubuzima bwe.

Mu ijambo rye muri uwo muhango, Geosteady yavuze ko ari “ibirori bito cyane,” ariko asezeranya umugore we ko mu gihe kiri imbere azamukorera ubukwe bunini kandi bwihariye kurushaho.

Yagize ati: “Mu bintu byinshi nshobora kuguha, na cyo ni kimwe muri byo. Ndagukunda cyane. Nigeze gukunda mbere, ariko ubu numva nkunda kurushaho. Umpa amahoro ariko unanshyira mu gihirahiro cyiza mu buryo bwose,”

Yanagaragaje ko urukundo afitiye Hindu Kay arufata nk’urw’umwihariko, aho yatangaje ko mu ngendo ebyiri yakoze ajya gusengera i Mecca, ku Kabba, yamusabiye mu masengesho ye, ikimenyetso cy’uko amufata nk’igice cy’ubuzima bwe bw’ukwemera n’ahazaza.

Ku ruhande rwa Hindu Kay, yashimiye ababyeyi ba Geosteady bamwakiriye neza mu muryango, avuga ko bamweretse urukundo n’umugisha kuva ku munsi wa mbere.

Uyu muhango ubaye hashize iminsi mike Geosteady akoze igitaramo cyiza cya Saint Valentin cyagenze neza, bityo Gashyantare iba ukwezi kw’amateka kuri we, haba mu muziki no mu buzima bwite.

Nubwo Nikkah yabo yabaye mu ibanga kandi mu buryo bworoheje, amakuru aturuka ku babegereye avuga ko hari gutegurwa ibirori binini bizahuza inshuti nyinshi n’abafana, mu rwego rwo kwizihiza ku mugaragaro uru rukundo rwabo.

Geosteady na Hindu Kay batangiye igice gishya cy’ubuzima bwabo nk’umugabo n’umugore, bakaba bakomeje urugendo rwabo rw’urukundo rwubakiye ku kwizera, kwihangana no gusabana.

Prima Kardashi yagaragaje ko ari we wagize uruhare mu kongera kuzamura izina rya Geosteady

Nyuma y’uko Geosteady asezeranye na Hindu Kay mu muhango wa Nikkah, uwahoze ari umukunzi we, Prima Kardashi wahoze ari umugore w’uyu muhanzi, yagaragaje ko afite uruhare rukomeye mu kongera kumugarura mu itangazamakuru no mu mitima y’abafana nyuma y’ibihe bikomeye yanyuzemo.

Mu magambo ye, Prima yavuze ko hari indirimbo Geosteady yasohoye mu myaka itatu ishize, maze ayikorera “challenge” ku mbuga nkoranyambaga, bituma yongera kwamamara no gucurangwa cyane.

Yagize ati: “Nakoze challenge y’indirimbo ye yasohotse mu myaka itatu ishize, ihita itangira kwamamara. Izo ndirimbo ze za ‘empele’ yasohoraga zarapfubye (ntizitabirwa), bituma ajya mu gahinda gakomeye (depression). Ariko indirimbo nakozeho ‘challenge’ ni yo yamusubije ku murongo.”

Prima yakomeje avuga ko atahagaze aho gusa, ahubwo ko yanamufashije mu kwamamaza igitaramo cye, agaragaza ko yabigizemo uruhare rukomeye kuko, nk’uko abivuga, Geosteady na Hindu Kay batari bafite ubumenyi buhagije bwo kubikora.

Yongeyeho ati “Naramushyigikiye no ku gitaramo cye, ndacyamamaza kuko we na Hindu nta bumenyi bafite bwo kubikora. Byari imbaraga zanjye zose.”

Aya magambo ya Prima agaragaza ko yumva ari we wagize uruhare mu kongera kuzamura Geosteady mu muziki no mu ruhando rw’imyidagaduro, cyane cyane nyuma y’uko yari avuye mu bihe by’imibereho itamworoheye birimo no kujya muri ‘rehab’.

Ni amagambo ashobora kongera gukurura impaka mu bakurikiranira hafi ubuzima bw’uyu muhanzi, cyane ko aje mu gihe gito cyane nyuma y’ubukwe bwe bushya na Hindu Kay.

Geosteady yinjiye mu rugendo rushya rw’ubuzima, asezerana na Hindu Kay mu muhango wa Nikkah wabereye ku musigiti, atangira ubuzima bw’umugabo wubatse urugo byemewe n’amategeko ya Islamu.

 

Geosteady na Hindu Kay bahanye isezerano ry’urukundo mu muhango wa Nikkah, bashimangira ko urukundo rwabo rufite imizi mu kwizera no mu kubahana.

 

Nyuma y’imyaka myinshi bakundana, Geosteady yahisemo guhamya urukundo rwe na Hindu Kay mu buryo bwemewe n’idini ya Islamu, atanga Mahr nk’uko biteganywa n’amategeko ya Nikkah

 

Gashyantare ibaye ukwezi kudasanzwe kuri Geosteady, aho nyuma y’igitaramo cya Saint Valentin, yahise asoza ukwezi asezerana n’umukunzi we mu muhango wihariye wa Islamu

 

Urukundo rwahindutse isezerano ry’iteka, Geosteady yambitse impeta y'urukundo Hindu Kay

 

Geosteady yasezeranye mu ituze n’icyubahiro, ahamya ko Hindu Kay ari we mugore bahisemo kubana, mu muhango wa Nikkah wabereye ku musigiti wa Kigo


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...