Gen-z Comedy igeze he iziba icyuho cy’abakobwa mu gutera urwenya?

Imyidagaduro - 21/01/2026 10:22 AM
Share:

Umwanditsi:

Gen-z Comedy igeze he iziba icyuho cy’abakobwa mu gutera urwenya?

Mu gihe urwenya rukomeje gukundwa cyane n’urubyiruko, umubare w’abakobwa baterera urwenya mu bitaramo bya Gen-Z Comedy uracyari muto ugereranyije n’uw’abasore. Ni yo mpamvu abategura ibi bitaramo batangije gahunda nshya yo gushaka abanyarwenya b’abakobwa bazajya bitabira, hagamijwe kuziba icyo cyuho.

Fally Merci, umunyarwenya uyoboye ibikorwa bya Gen-Z Comedy binyuze muri C.I.M, avuga ko iyi gahunda izatanga amahirwe ku banyempano bashya, by’umwihariko abakobwa bafite ubushake bwo kwinjira mu mwuga wo gutera urwenya.

Yabwiye InyaRwanda ati "Icya mbere tugamije ni ukongera umubare w’abakobwa bagera ku rubyiniro, kuko ubu baracyari bake cyane. Tuzajya duhitamo abanyarwenya bashya buri cyumweru kugira ngo babone uburyo bwo kwiyerekana no guhugurwa mu buryo bw’imyuga,"

Mu myaka itatu ishize, ibitaramo bya Gen-Z Comedy byarakunzwe cyane, ariko umubare munini w’abasore ni bo bagaragara ku rubyiniro.

Abakobwa batera urwenya bazwi muri ibi bitaramo ni nka Kadudu Kaduhire, Salisa, hamwe n’itsinda rya Kampire na Manzere.

Fally Merci avuga ko imbogamizi abakobwa bahura nazo zishingiye ku miterere ya sosiyete hamwe n’ukwiyumvamo gutinya kugaragara ku rubyiniro.

Ati "Sosiyete ibaca intege, ariko natwe tubashishikariza gutinyuka no kwigaragaza. Abashoboye bariho, kandi tubashaka,"

Iki gikorwa cyo gushaka abanyempano giteganyijwe gutangira ku wa Gatatu tariki 21 Mutarama 2026, aho bazajya bahitamo abanyarwenya bazagaragara mu bitaramo by’igihe kizaza.

Fally Merci yemeza ko buri gitaramo hazagaragaramo byibuze abanyarwenya bashya batanu, bityo bikazafasha abakobwa kubona amahirwe menshi yo kwinjira mu mwuga.

Abakunzi b’urwenya n’abakobwa bafite impano mu gutera urwenya basabwe kwitabira, kuko Gen-Z Comedy ishaka guha urubyiruko, by’umwihariko abakobwa, uburyo bwo kugaragaza impano zabo, bityo urwenya rukomeze kuba urwego rwuzuye kandi rwaguka.

Nubwo gutera urwenya ari umwuga ukomeje gukundwa ku Isi hose, ubushakashatsi bugaragaza ko umubare w’abakobwa batera urwenya ukiri muto ugereranyije n’abasore.

Mu bihugu bitandukanye, cyane cyane muri Amerika, u Burayi n’ahandi, abakobwa bagaragara ku rubyiniro rw’urwenya baracyari bake ugereranyije n’abasore, kandi impamvu nyinshi zishingiye ku imitekerereze ya sosiyete, kubura icyizere, n’imyumvire ya kera ku myanya y’abagore mu mwuga w’urwenya.

Urugero, muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ubushakashatsi bwa Women in Comedy bwerekanye ko abakobwa bangana na 30% gusa bagera ku rubyiniro nk’abanyarwenya b’ingenzi, mu gihe abasore ari 70%. Ibi bituma ibitaramo byinshi biba bifite abasore benshi ku rubyiniro, n’ubwo impano z’abakobwa zitaziguye.

Abahanga mu gutera urwenya bavuga ko gutera urwenya ari umwuga usaba kwitinyuka, guhanga udushya no kuganira ku buzima bwa buri munsi mu buryo bushimishije, kandi abakobwa benshi babasha kubikora neza iyo bahabwa amahirwe. Ibyo ni byo impamvu abategura ibitaramo ku Isi yose barushaho gushishikariza abakobwa kwinjira muri uru ruganda, bagahabwa amahirwe angana n’ayasore.

Gen-Z Comedy mu Rwanda ni urugero rwiza rugaragaza uyu murongo, aho abategura ibitaramo batangije gahunda yo gushaka abakobwa bashya bazajya bagera ku rubyiniro, bagamije kuzamura umubare w’abakobwa baterera urwenya.


Umubare w'abakobwa batera urwenya muri Gen-z Comedy uracyari hasi, ugereranyije n'uw'abasaza babo, ari nayo abategura Gen-z Comedy batangiye gahunda yo kuzamura umubare w'abo

Itsinda rya Kampire na Manzere, ni bamwe mu bakobwa bakunze kugaragara mu bitaramo cya Gen-z Comed


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...