Gen. Muhoozi yakemuye ikibazo cya Miss Mutesi Jolly na Bebe Cool

Imyidagaduro - 18/06/2026 9:58 AM
Share:

Umwanditsi:

Gen. Muhoozi yakemuye ikibazo cya Miss Mutesi Jolly na Bebe Cool

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni, Gen Muhoozi Kainerugaba, yinjiye mu kibazo kimaze iminsi kivugisha benshi hagati y’umuhanzi w’icyamamare muri Uganda, Bebe Cool, na Mutesi Jolly, amugira inama yo kureka gukomeza kugikemurira ku mbuga nkoranyambaga.

Mu butumwa yashyize ku rubuga rwa X kuri uyu wa Kane tariki ya 18 Kamena 2026, Bebe Cool yatangaje ko yakiriye telefoni ya Gen Muhoozi Kainerugaba, amusaba guhagarika gukomeza gutangaza ibirego arega Mutesi Jolly ku mugaragaro, ahubwo ikibazo kigashakirwa umuti mu bwumvikane.

Yagize ati: “Muri iki gitondo nakiriye telefoni ya mukuru wanjye, Gen Muhoozi Kainerugaba, ku bijyanye n’ikibazo cya Jolly. Nk’umukuru n’umuyobozi wanjye, yangiriye inama yo kubireka, ngasiba ubutumwa nari natangaje, maze ikibazo kigakemurwa mu bwumvikane kandi kure y’imbuga nkoranyambaga kuko twese turi umuryango kuri we kandi nta mpamvu yo guterana amagambo mu ruhame. Nishimiye inama ze kandi ndabyemeye.”

Aya magambo yagaragaye nk’ahindura icyerekezo cy’iki kibazo cyari kimaze gufata indi ntera nyuma y’uko Bebe Cool yari yatangaje ko afite ibimenyetso byinshi byemeza ibyo ashinja Mutesi Jolly.

Bebe Cool yari yavuze ko afite ibimenyetso byinshi

Mbere y’ubu butumwa, Bebe Cool yari yatangaje ko afite ibimenyetso bikomeye ateganya gukoresha mu gihe ikibazo cyagera mu nkiko. Kandi, yavuze ko yishyuza Mutesi Jolly Miliyoni 4 z’amashilingi ya Uganda [1,550,000 RWF kugera 1,600,000 Frw].

Yari yavuze ko hari ibimenyetso bimwe azabika kugira ngo bizifashishwe mu rubanza, ariko ko hari n’ibindi yateganyaga gushyira hanze birimo amajwi y’umuntu yavuze ko ari inshuti magara ya Mutesi Jolly ndetse n’amakuru ajyanye na nimero za telefoni avuga ko zifitanye isano n’iki kibazo.

Yagize ati: "Bimwe mu bimenyetso bikomeye nzabigumana kugira ngo bizifashishwe mu rubanza, ariko ejo nzashyira hanze amajwi y’inshuti ye magara yemera ibintu bimwe na bimwe itazi icyo ikoranabuhanga rishobora gukora. Nzerekana kandi uburyo nimero eshatu za telefoni zifitanye isano muri iki kibazo."

Uyu muhanzi kandi yari yashyize hanze amashusho y’ibiganiro bya WhatsApp avuga ko yagiranye n’umuntu wakoresheje umwirondoro wa Mutesi Jolly.

Mu butumwa yasangije abamukurikira, yavuze ko uwo muntu yamubwiye ibijyanye n’amahirwe y’ishoramari, amwizeza ko ashobora gufasha umuhungu we gutera imbere mu mupira w’amaguru no kugera ku rwego mpuzamahanga.

Muri bumwe mu butumwa bwagaragajwe, uwo muntu yari yamwandikiye agira ati "Bebe, nabonye umuhungu wawe akina umupira. Mu mpeshyi nshobora gukoresha ubushoboz bwanjye nkamufasha."

Hari kandi ibiganiro byagaragazaga ubufatanye mu bucuruzi hagati ya Uganda, u Rwanda n’u Bwongereza, ndetse n’ibivuga ku bantu bo mu miryango y’ibwami muri Arabia Saudite.

Mutesi Jolly yahise yitabaza abanyamategeko

Nyuma y’ibyo birego, Mutesi Jolly yifashishije abanyamategeko be bo muri Mbidde & Co. Advocates, bandikira Bebe Cool bamusaba guhita ahakana ibyo yatangaje ndetse agasaba imbabazi.

Muri iyo baruwa, abanyamategeko be bavuze ko amagambo ya Bebe Cool ari ibirego bidafite ishingiro kandi bishobora kwangiza izina n’icyubahiro cya Mutesi Jolly.

Banashimangiye ko umukiliya wabo atigeze agirana umubano uwo ari wo wose na Bebe Cool, ndetse ko nimero ya telefoni yamwitiriwe yari yaratangajwe kuva muri Ukwakira 2024 nk’iyakoreshejwe n’abatekamutwe biyitirira abandi ku mbuga nkoranyambaga.

Aba banyamategeko kandi bavuze ko Mutesi Jolly yari yaranaburiye abantu inshuro nyinshi ko hari abantu bakoresha amazina n’amafoto ye mu bikorwa by’uburiganya.

Bebe Cool yasabwe guhagarika gukomeza gukwirakwiza ayo makuru, agatangaza inyandiko isaba imbabazi ndetse agasubirana ku mugaragaro ibyo yavuze. Yahawe amasaha 48 yo kuba yabikoze, bitaba ibyo ikibazo kigashyikirizwa inkiko.

Mutesi Jolly yavuze ko na we ari umwe mu bahuye n’ingaruka z’abiyitirira abandi.

Ku ruhande rwe, Mutesi Jolly yakomeje guhakana ibyo aregwa, avuga ko na we ubwe yabaye umwe mu bahuye n’ingaruka z’abakoresha imbuga nkoranyambaga biyitirira abandi.


Bebe Cool yatangaje ko yagiriwe inama na Gen. Muhoozi yo guhagarika ikibazo cye na Miss Mutesi Jolly ku mbuga nkoranyambaga



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...