Iki gikorwa cyabaye mu jugoroba wo kuri iki Cyumweru tariki ya 31 Gicurasi 2026, cyitabiriwe kandi n’Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka, Umugaba
w’Inkeragutabara n’abandi bayobozi bakuru muri RDF, cyateguwe mu rwego rwo guha
icyubahiro APR FC kubera umusaruro udasanzwe yagezeho mu mwaka w’imikino wa
2025/2026.
Iyi kipe yanditse amateka yegukana ibikombe bitatu
bikomeye ari byo Igikombe cya Shampiyona ya BK Premier League, Igikombe
cy’Amahoro ndetse n’Igikombe kiruta ibindi (Super Cup).
Gen Mubarakh yavuze ko ibi birori ari
uburyo bwo gushimira ikipe ku musaruro mwiza n’ubwitange yagaragaje mu mwaka
wose w’imikino.
Yakomeje agira ati: "Mwerekanye kwitwararika n’ubushobozi
bwo guhatana budasanzwe. Aho mwahuye n’imbogamizi zitandukanye mwakomeje
kugumana ubumwe mu bihe by’intsinzi no mu bihe bikomeye, mugaragaza
ukwihangana, kutadohoka no gukorera hamwe nk’ikipe.”
Ibi birori byabaye umwanya mwiza ku buyobozi bwa
RDF, abakinnyi, abatoza n’abafana wo kuzirikana no kwishimira ibyagezweho n’iyi
kipe, no kwizihiza umwaka w’imikino uzahora wibukwa nk’umwe mu yahesheje
APR FC intsinzi ikomeye mu mateka yayo.
Gen Mubarakh Muganga yashimiye abakinnyi ba APR FC uko bitwaye mu mwaka ushize w'imikino wa 2025/2026
"Ndabashimira mwese ku bwitange no ku gukorana umurava mwagaragaje" - Gen Mubarakh Muganga ashimira abakinnyi ba APR FC
