Gabon yafunze zimwe mu mbuga nkoranyambaga kubera impungenge z’umutekano w'igihugu

Hanze - 18/02/2026 10:00 PM
Share:

Umwanditsi:

Gabon yafunze zimwe mu mbuga nkoranyambaga kubera impungenge z’umutekano w'igihugu

Leta ya Gabon yafunze zimwe mu mbuga nkoranyambaga, ivuga ko ari uko hari impungenge ko ubutumwa butangwa kuri izo mbuga bushobora guhungabanya amahoro n’ubwumvikane mu gihugu, ndetse no guteza akaga ku mutekano w’igihugu n’imikorere y’inzego za Leta, nk’uko byatangajwe n’Ikigo gishinzwe Itangazamakuru mu gihugu.

Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Itangazamakuru (HAC) cyategetse gufunga ako kanya izo mbuga kandi ko hadateganyijwe igihe cyo kuzifungura, ariko nticyatangaje izina ry’izo mbuga zigizwe n’iyi gahunda.

Itsinda rigenzura imikoreshereze ya Internet, NetBlocks, ryatangaje ku wa Gatatu ko ubu kugera kuri serivisi za Meta (Facebook), YouTube na TikTok byafunzwe muri Gabon. Uwahaye amakuru Reuters yavuze ko Facebook, Instagram n’urubuga rwa X (rwahoze ari Twitter) byari bigifunguye kugeza ku gicamunsi cyo ku wa Gatatu.

HAC yavuze ko imbuga nkoranyambaga hamwe n’abaharanira uburenganzira bwa muntu byarenze ku mategeko ya Gabon mu gukwirakwiza "ibikanganye, ibinyoma, urwango n’ivangura" ku mbuga za Internet ku mpera z’uyu munsi wa kabiri.

Uyu mwanzuro, nk’uko umwe mu banyamuryango b’imiryango itegamiye kuri Leta, Nicaise Moulombi, yabivuze, "uhagarika igice kinini cy’ibikorwa by’ubukungu n’imibereho y’igihugu, mu gihe igihugu cyamaze kugira ibibazo by’abatagira akazi n’igiciro cy’iby’ibanze."

Moulombi yakomeje avuga ko "imbuga nkoranyambaga zitakiri ibikoresho byo kwidagadura gusa, ahubwo zabaye ibikoresho by’akazi, kugaragaza ibitekerezo by’abaturage, ubucuruzi, udushya ndetse no guteza imbere demokarasi."

Perezida wa Gabon, Brice Oligui Nguema, yatorewe kuyobora Gabon mu kwezi kwa Kane umwaka ushize, ashyiraho ubutegetsi bwe nyuma yo guhirika ubutegetsi mu kwezi kwa Munani 2023, ashyira iherezo ku butegetsi bw’imyaka irenga 50 bwa Perezida wahozeho Ali Bongo n’umuryango we.

Igihugu cy’ubukungu bushingiye ku mavuta kirimo guhangana n’imyenda myinshi hamwe n’ikibazo gikomeye cy’amafaranga make, bigatuma cyisunga cyane amasoko y’imari y’akarere.

Gabon itiwe n'abaturage bagera ku miliyoni 2.5,  igihugu gifite amashyamba menshi, benshi ni abakene kandi bishingikirije cyane ku biribwa biva hanze y'igihugu.

Banki y’Isi (World Bank) yatangaje ko n’ubwo habayeho guhinduka kwa politiki, imiterere y’imari ya Gabon ikomeje kugira intege nke.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...