France Mpundu yahawe impano y’imodoka ya Miliyoni 38 Frw n’umukunzi we Moctar

Imyidagaduro - 18/09/2026 5:55 PM
Share:

Umwanditsi:

France Mpundu yahawe impano y’imodoka ya Miliyoni 38 Frw n’umukunzi we Moctar

Umuhanzikazi France Mpundu yahawe impano y’imodoka n’umukunzi we Moctar, nyuma y’iminsi mike bibarutse imfura yabo y’umukobwa, mu rugendo rw’urukundo rwabo rwagiye rugarukwaho cyane kuva batangira kubana mu irushanwa rya televiziyo.


Iyo modoka yo mu bwoko bwa BYD Tai 3 yasohotse mu 2025, ifite agaciro ka Miliyoni 38 Frw. France Mpundu, umuhanzi nyarwanda wamamaye mu ndirimbo zirimo “Nzagutegereza”, yakiriye iyi mpano ayiherewe n’umukunzi we Moctar, umugabo ukomoka muri Niger wamenyekanye cyane ubwo yitabiraga irushanwa rya televiziyo “The Secret Story”.

Nyuma yo guhabwa iyi modoka, France Mpundu yagaragaje ibyishimo bye abinyujije ku rubuga rwa Instagram, ashimira Imana ndetse agaragaza ko yishimiye ubuzima ari kubamo n’umukunzi we.

Mu butumwa yashyize kuri konti ye ya Instagram, France Mpundu yagize ati: “Ndumva mfite umugisha kuba ndi kubaho ibi byose ndi kumwe nawe. Alhamdulillah.”

Urukundo rwa France Mpundu na Moctar rwamenyekanye cyane ubwo bombi bahuriraga muri Afurika y’Epfo, mu irushanwa rya televiziyo “The Secret Story”.

Ni irushanwa ryaje guhuza aba bombi mu buryo bwihariye, kuko mu gihe bari barimo kurushanwa ari na bwo hatangiye kuvuka amarangamutima hagati yabo.

Moctar ni we waje kwegukana iri rushanwa, ariko nyuma yaryo urukundo rwe na France Mpundu rukomeza kurenga imbibi z’umukino wa televiziyo.

Mu gihe bari bakiri muri irushanwa, Moctar yanambikiye France Mpundu impeta, biba kimwe mu bihe byatumye abakurikiranaga “The Secret Story” batangira gukurikiranira hafi umubano w’aba bombi.

Nyuma y’uko irushanwa rirangiye mu mpera za 2025, Moctar yaje mu Rwanda gusura France Mpundu.

Uru rugendo rwagize umwihariko kuko umubano wabo watangiye kuva ku rukundo rwagaragaraga kuri televiziyo ujya mu buzima busanzwe, aho Moctar yamenyanye n’umuryango wa France Mpundu.

Ibi byagaragaje ko umubano wabo utari ugishingiye gusa ku gihe bamaze bari kumwe mu irushanwa, ahubwo ko bari gutegura indi ntambwe mu buzima bwabo bwite.

Mu gihe urukundo rwabo rwakomezaga gukura, Moctar yongeye kwambika France Mpundu impeta, ariko noneho mu birori byabereye ku mucanga wo ku kirwa cya Zanzibar muri Tanzania, muri Mata 2026.

Iki gihe cyagaragaye no mu kiganiro cyabo cy’ubuzima bwite cyitwa “Vie VIP”, gitambuka kuri Canal+ Magic, aho ubuzima bwabo nk’abakundana bwagiye bugaragazwa mu buryo burambuye.

Impeta ya kabiri yabaye indi ntambwe mu rugendo rwabo, mbere y’uko baza kugera ku cyemezo cyo kubana nk’umuryango.

Ku wa 25 Nyakanga 2026, France Mpundu na Moctar basezeranye imbere y’Imana mu birori byabaye mu ibanga rikomeye.

Aba bombi bahisemo kutagira byinshi babitangazaho ako kanya, kuko ibijyanye n’ibi birori byari biteganyijwe kuzagaragazwa mu kiganiro cyabo cya televiziyo.

Nyuma y’iyo ntambwe, umuryango wabo warushijeho kwaguka ubwo bibarutse imfura yabo y’umukobwa muri Nyakanga 2026.

Kubyara imfura byabaye indi ntambwe ikomeye kuri aba bombi, kuko urukundo rwatangiriye mu irushanwa rya televiziyo rwari rumaze guhinduka umuryango w’abantu batatu.

Kuva yibaruka imfura, France Mpundu yafashe akaruhuko ku bikorwa bya muzika, aho yari asanzwe akorana na Huha Records, inzu ifasha abahanzi irimo n’umuhanzi Juno Kizigenza.

Iki kiruhuko cyaje mu gihe umuhanzi yari amaze kwinjira mu kindi cyiciro cy’ubuzima, aho usibye gukomeza umwuga we wa muzika, yari amaze no kuba umubyeyi.

 

Moctar yongeye kugaragaza urukundo afitiye France Mpundu amuha impano y’imodoka


France Mpundu ntiyigeze ahisha ibyishimo bye, ahubwo yahise abisangiza abakunzi be ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza ko yishimira urwo rugendo ari kugirana n’umukunzi we

Kuva muri “The Secret Story” muri Afurika y’Epfo, kugeza ku mpeta ya mbere, urugendo rwa Moctar mu Rwanda, impeta ya kabiri i Zanzibar, isezerano imbere y’Imana, kubyara imfura ndetse n’impano y’imodoka, urukundo rwa France Mpundu na Moctar rwagiye rufata indi sura uko iminsi yagiye ishira


Kuri ubu, aba bombi bari mu cyiciro gishya cy’ubuzima nk’ababyeyi, mu gihe France Mpundu ategereje kongera gusubira mu bikorwa bya muzika nyuma y’ikiruhuko yafashe mu gihe yita ku muryango we mushya



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...