Fireman, Dany Nanone na B-Threy bashobora gutaramira i Dubai

Imyidagaduro - 29/07/2024 10:36 AM
Share:

Umwanditsi:

Fireman, Dany Nanone na B-Threy bashobora gutaramira i Dubai

Abaraperi Uwimana Francis (Fireman), Ntakirutimana Dany wamamaye nka Dany Nanone ndetse na Muheto Bretrand wamamaye nka B-Threy, buri umwe ashobora gukorera igitaramo mu Mujyi wa Dubai muri Leta Zunze Ubumwe z'Abarabu mu ruhererekane rw'ibitaramo bigamije guteza imbere injyana ya Hip Hop.

2024 ushobora kuzafatwa nk'umwaka wihariye mu guteza imbere Hip Hop, ahanini binyuze mu bikorwa binyuranye abaraperi bagiye bashyira hanze.

Binashimangirwa n'ibitaramo bari gushyiramo imbaraga mu gukora muri uyu mwaka birimo n'icya Bull Dogg na Riderman kizaba ku wa 24 Kanama 2024 muri Kigali Conference and Exhibition Village ahazwi nka Camp Kigali.

Umuraperi P-Fla aherutse gutaramira i Dubai, kandi yagaragaje ko yanogewe no gutaramira abafana be n'abakunzi b'umuziki muri rusange. Iki gitaramo yagikoze abisikana na Bull Dogg, Green-P n'abandi bahataramiye mu bihe bitandukanye.

Ni igitaramo yakoze abifashijwemo na Batman usanzwe ari umuyobozi wa Agakoni Tv. Mu kiganiro na InyaRwanda, Batman yavuze ko nyuma yo gufasha P-Fla gutaramira muri uriya mujyi ku nshuro ye ya mbere, batangie ibiganiro na Fireman, Danny Nanone na B-Threy ku kuba bataramira i Dubai.

Yagize ati "Twishimiye uko igitaramo cya Fireman cyagenze ari nayo mpamvu natangiye ibiganiro n'abagabo batatu, babiri twamaze kuvugana, umwe niwe tutaravugana ngo numve ibye ariko uko ari batatu turashaka ko abakunzi ba Agakoni TV aribo bahitamo uzabanza kandi nizera ko bazamuhitamo tugakomeza ibiganiro."

Batman yavuze ko ari gutegura ibi bitaramo buri mwaka mu rwego rwo gushyira itafari rye ku muziki w'u Rwanda. Ati "Umuziki w'u Rwanda ugomba kugera ku rwego nk'urw'abandi. Nibyo nibaza ko na bagenzi banjye bose bari muri uru rugendo rwo guteza imbere umuziki w'u Rwanda, imbere nabo nifuza."

Uyu mugabo yavuze ko umwe muri aba bahanzi uzoroshya ibiganiro ariwe uzabanza gutaramira i Dubai. Ati "Ngiye mu biganiro nabo ku byerekeye amafaranga. Kandi tuzahitamo dushingiye ku wa mbere uzatworohereza ibiganiro ndetse n'amafaranga."  

Yungamo ati "Twatangiye ibiganiro na bariya batatu ariko 'audience' niyo izahitamo uzabanza. Babiri bo twamaze kuvugana aribo Fireman na B-Threy kandi ibiganiro biri mu nzira nziza, umwe niwe tutaravugana kandi nawe ndibaza ko tutazananiranwa."

Fireman niwe wagombaga kuririmba mu gitaramo P-Fla aherutse gukorera i Dubai, ariko ntiyabashije kuboneka bitewe na gahunda yari amazemo igihe kinini. Dany Nanone ari mu baraperi bamaze igihe kinini mu muziki, kuko imyaka irenze 10.

Mu ukuboza 2023, yakoze igitaramo cye bwite yamurikiyemo Album ya mbere, cyabereye muri Kigali Conference and Exhibition Village ahazwi nka Camp Kigali.

Bwaba ari ubwa mbere ataramiye i Dubai. Aherutse gushyira ku isoko indirimbo zirimo 'Amanota', 'Confirm', 'My Type', 'Nasara' yakoranye na Ariel Wayz n'izindi zinyuranye.

Ni mu gihe umuraperi Fireman yigaragaje cyane mu bitaramo binyuranye. Aherutse kuganiriza urubyiruko n'abandi bari bitabiriye igitaramo cya Gen- Z Comedy. Ni umwe mu baraperi b'abahanga, cyane cyane iyo yahuje imbaraga n'abandi banyuranye.

Umwibuke mu ndirimbo 'Bafana Bafana' yahuriyemo na Bull Dogg na Butera Knowless, 'Ntarirarenga' yahuriyemo na Jay-C na Safi Madiba, 'Amahitamo yanjye' yakoranye na Gauchi na Sean Brizz n'izindi zinyuranye.

Umuraperi B-Threy uri mu biganiro biganisha ku gutaramira i Dubai, aherutse gutaramira i Burayi. Ni umwe mu bigaragaje cyane mu guteza imbere injyana ya Kinyatrap.

Mu mpera za 'weekend' yizihije isabukuru y'amavuko. Kandi aherutse gushyira ku isoko Album ebyiri ndetse na Mixtape yise 'Muheto II'. Azwi mu ndirimbo nka 'Amabanga', 'Nakwica', 'Inzira', 'Mood' yakoranye na Bull Dogg, 'Igifuri' n'izindi.

Umuraperi Fireman wamamaye mu ndirimbo zirimo nka 'Ca inkoni izamba', 'Nyamijyosi' n'izindi
Umuraperi Danny Nanone uherutse gushyira hanze amashusho y'indirimbo 'Amanota'

Umuraperi B-Threy uzwi mu ndirimbo 'Bibi', 'Nicyo gituma' n'izindi zinyuranye 

KANDA HANO UREBE INDIRIMBO YA B-THREY, BULL DOGG NA ISH KEVIN

">

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO YA DANNY NANONE

">

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO YA YAMPANO NA FIREMAN

  ">


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...